DJ Regius yinjiranye mu muziki indirimbo izirikana imvune z’ababyeyi b’abagore barimo n’uwamwibarutse – VIDEO

Imyidagaduro - 29/07/2025 10:28 AM
Share:

Umwanditsi:

DJ Regius yinjiranye mu muziki indirimbo izirikana imvune z’ababyeyi b’abagore barimo n’uwamwibarutse – VIDEO

Munyurwa Régis ukoresha amazina ya Dj Regius, ni umuhanzi mushya akaba n’umu-DJ utuye mu Bufaransa aho akorera ibikorwa bye by'umuziki, kuri ubu akaba yashyize hanze indirimbo ye ya mbere ishimira ababyeyi b’abagore bafata inshingano zo kurera abana bonyine, yise ‘Single Mama.’

Dj Regius uri gutangira urugendo rwe mu muziki, yahishuye ko bitoroshye ku banyarwanda bakorera umuziki mu mahanga, kuko bibasaba gukora ingendo bashaka abanyarwanda bene wabo bashobora kumvikana ku rurimi.

Yagize ati: “Umuziki mu mahanga ku banyarwanda ntabwo byoroshye, kuko nta ba-producer benshi b’abanyarwanda baba inaha. Nkanjye binsaba kujya muri Belgique kuko ni Jay P production umfasha. Studio usanga zitwegereye ni iz’abanyamahanga. Rero burya gukorerwa indirimbo n’umuntu utumva ibyo uririmba ntibimworohera kukuyobora cyangwa kugira ibyo agufasha kuko aba atumva ibyo uvuga, akaba ariyo mpamvu bidusaba kujya gushaka bene bacu bakabidufashamo.”

Yashimaniye ko iyi ari yo mbogamizi yonyine amaze uhura na yo. Ati: “Byansabye kujya Belgique ni amasaha 8 ibirometero 700 urumva si kimwe nka Kigali usimbukira Nyamirambo ugakora indirimbo ugahita utaha, haba hari ikibuzemo ejo ugasubirayo, ni ibintu bisaba gutegura.

Kimwe na video nayikoreye mu mujyi wa Lille nayikorewe na Bombastic studio y’Umunyarwanda. Ni amasaha 7, ibirometero 640. Video bisaba nibura iminsi nibura 2, uretse iby’uko abo twakoranye bose bari kure yanjye nta zindi mbigamizi nahuye na zo.”

Dj Regius yavuze ko ibikubiye mu ndirimbo nshya ‘Single Mama’ari inkuru mpamo ishingiye ku buzima bwe, kuko Se yitabye Imana we n’abavandimwe be bakiri bato bagakura barerwa na nyina gusa na we wari ukiri muto.

Ati: “Indirimbo nshya ni inkuru mpamo yacu kuko Papa yitabye Imana tukiri bato, Mama aturera ari wenyine ku myaka 31 yari afite, turi 5 aradukuza ntacyo tumuburanye.”

Yavuze ko ubutumwa bukubiye muri iyi ndirimbo ari ubwo kwerekana ukuntu ababyeyi b’abagore barera abana babo bonyine bavunika, bakigomwa byinshi, abana bagakura ntacyo bababuranye. Ati: “Mba nereka abo babyeyi ko tubizirikana kandi ko twizeye ko umunsi umwe tuzabitura.”

Uyu muhanzi, yasabye abakunzi b’umuziki Nyarwanda kumushyigikira mu buryo bwose, abasezeranya kutazabatenguha cyangwa ngo abicishe irungu, no gukomeza kubaha imiziki myiza kandi irimo ubutumwa.

DJ Regius yinjiye mu muziki, ashima ababyeyi b'abagore bafata inshingano zo kureba abana bonyine, bakabarera neza kugeza bakuze

Uyu muhanzi ukorera umuziki mu Bufaransa, yavuze ko iyo ndirimbo ari ubuhamya bw'ibyamubayeho mu buzima bwe

Yatangiye urugendo rwo kuririmba nyuma y'igihe avanga imiziki

REBA INDIRIMBO "SINGLE MAMA" YA DJ REGIUS


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...