Ni
ibirori bitegurwa na FIFA hagamijwe guhuza abafana baturutse imihanda yose
y’isi, bakizihiza umupira w’amaguru binyuze mu muziki, imbyino ndetse n’umuco
w’ibihugu bitandukanye.
Dj
Pius yabitangaje abinyujije ku rubuga rwe rwa Instagram, aho yavuze ko yishimiye
cyane amahirwe yo kuzatarama muri ibi birori bifatwa nka bimwe mu bikomeye
bihuriza hamwe abakunzi b’umupira w’amaguru n’umuco.
Yagize
ati: “Boston, nishimiye gutaramira muri FIFA Fan Festival™ Boston 2026 Cultural
Showcase mu rwego rwo kwizihiza iri rushanwa rikomeye ku isi. Ngwino twishimire
umukino mwiza binyuze mu muziki, imbyino n’umuco.”
Uyu
muhanzi yavuze ko ku rubyiniro azahuriraho n’umucuranzi w’ingoma uzwi nka
Raphael the Drummer ndetse n’abahanzi n’ababyinnyi bazatanga ibyishimo ku
bazitabira ibi birori.
Iki
gitaramo kizabera kuri Boston City Hall Plaza ku wa Mbere tariki 15 Kamena
2026, guhera saa tanu za mu gitondo kugeza saa kumi n’imwe z’umugoroba ku isaha
yo muri Boston.
Dj
Pius ni umwe mu bahanzi nyarwanda bamaze igihe bagaragaza umuziki n’umuco
nyarwanda ku rwego mpuzamahanga.
Ubutumire
bwe muri FIFA Fan Festival Boston 2026 Cultural Showcase bugaragaza uburyo
ibikorwa bye bikomeje kugera kure no guhabwa agaciro mu ruhando mpuzamahanga.
Abanyarwanda batuye muri Boston no mu bice biyikikije bazagira amahirwe yo kureba uyu muhanzi ku rubyiniro muri ibi birori bihuza siporo, umuziki n’umuco, mu gihe isi yose ikomeje guhanga amaso ibikorwa bitandukanye biherekeza Igikombe cy’Isi cya 2026.

Dj
Pius yatangaje ko agiye gutaramira mu Mujyi wa Boston mu gitaramo kizaba ku wa
Mbere tariki ya 15 Kamena 2026

Dj
Pius azahurira ku rubyiniro n’umucuranzi w’ingoma uzwi nka ‘Raphael the Drummer’

