Dj
Pius yatangiye urugendo rwe mu itsinda Two 4Real, nyuma aza gutangira gukora ku
giti cye. Mu myaka yose ishize, yakoze indirimbo zakunzwe n’abatari bake,
zimufasha kuba umwe mu bahanzi bakomeje kugira ijambo mu muziki nyarwanda.
Ni
yo mpamvu iki gitaramo cyari amahirwe yo gusubiza amaso inyuma, gusangiza
abafana ibihe by’ingenzi mu rugendo rwe no kubashimira uburyo bakomeje kumuba
hafi.
Saa
22:19’ nibwo Dj Pius yageze ku rubyiniro. Yatangiye kuvanga imiziki
itandukanye, ahereye ku ndirimbo zamamaye mu myaka 15 ishize kugeza ku ndirimbo
nshya ziri ku isoko muri iki gihe.
Indirimbo
nka 'Akaramata' ya Meddy n’izindi zanyuze benshi mu myaka ya 2010s, zasubiwemo na
Pius zibyutsa amarangamutima y’abari bitabiriye.
Mu
gihe yacurangaga, hari umugabo wamusanzeyo ku rubyiniro amuha inota
y’amafaranga 5,000 Frw. Undi nawe yahise amusanga amushyikiriza inote eshatu z’amadorali
100, bingana na $300. Ibi byatumye Pius yishima bikomeye, ashimira abafana
uburyo bakomeje kumutera inkunga mu rugendo rwe rw’umuziki.
Igitaramo
cya Dj Pius cyaranzwe no gusangirwa n’abandi bahanzi bakomeye mu muziki
nyarwanda. Jules Sentore waje kumusangiza ku rubyiniro, yavuze ati: “Imyaka 15
mu muziki ntabwo ari ikintu cyoroshye. Nishimiye kugaragara ndi kumwe nawe
kandi niteguye no gutaramana nawe. Mwakoze kuza iri joro, Kigali Universe.
Imyaka 15 si ubusa.”
Ruti
Joel yasogongeje abitabiriye Album ye nshya yise Rutakisha. Yanyuze abari aho
mu ndirimbo Cunda, Amaliza, Rutakisha n’izindi.
Alyn
Sano na Dj Pius bafatanyije kuririmba indirimbo Bonane bakoranye. Yanaririmbye
n’indirimbo ze zakunzwe nka Chop Chop yakoranye na BenSoul ndetse na Head.
Mike
Kayihura yinjiriye mu ndirimbo ye Sabrina yakunzwe bikomeye, aririmba kandi ‘Big
Time’ ndetse na ‘Tuza’ yakoranye na Dj Pius.
Mu
gusoza, Dj Pius yongeye kugaruka ku rubyiniro aririmba indirimbo ye ‘Ubushyuhe’
yakoranye na Bruce Melodie. Ni indirimbo yatumye akomeza kunyura n’abafana,
yisanga mu rukundo rwinshi rwabaye insanganyamatsiko y’ijoro.
Iki
gitaramo cyasize gihamije ko imyaka 15 mu muziki atari ibintu byoroshye. Dj
Pius yatahanye ishema ry’urugendo rwe, mu gihe Ruti Joel yasigiye abakunzi be
amatsiko yo gutegereza Album ye nshya.
Dj
Pius yizihizaga imyaka 15 ishize avanga imiziki atabariyemo imyaka ishize
aririmba. Yataramanye kandi na Joshua Baraka wo muri Uganda, wari witwaje ‘Dj’
wihariye wanamucurangiye indirimbo yaririmbye mu bihe bitandukanye.
DJ
Pius aherutse kubwira InyaRwanda, ko igihe amaze muri muzika cyamubereye
umusingi ukomeye, agira ati: “Iyi myaka yose yampaye umusingi n’icyerekezo
mfite ubu. Nahuriyemo n’abantu muri iyi ‘industry’ dufitanye igihango kugeza
magingo aya.”
DJ
Pius, wavutse mu muryango w’abana 13, yatangiye umuziki akiri mu mashuri
yisumbuye aho yari ashinzwe ibikorwa by’imyidagaduro mu ishuri ryo muri Uganda,
ariko by’umwihariko inzira ye nk’umucuranzi yatangiye ubwo nyirasenge yamuhaye
akazi ko kuba DJ mu kabari ke mu 2005 nyuma yo kurangiza amashuri yisumbuye
kuri Lycée de Kigali.
Yakomeje
akora akazi k’ubucuranzi anashinzwe IT, mbere y’uko yinjira mu itsinda rya Two
4 Real mu 2009, aho yakoranye na Tumaini, bakabasha gukora indirimbo zirenga
40, harimo izari zigize Album yabo yise “Nyumva”.
Mu
mwaka wa 2016, Pius yatangiye urugendo nk’umuhanzi ku giti cye, ndetse ahita
atumbagira ku ruhando mpuzamahanga ahereye ku ndirimbo “Agatako” yakoranye na
Jose Chameleone, na “Play It Again” yakoranye na Radio & Weasel.
N’ubwo
afite impamyabumenyi ya Kaminuza mu mategeko rusange n’ay’imbere mu gihugu
(Public & Internal Law), Pius avuga ko umuziki ari urukundo rwe nyarwo,
akaba amaze imyaka irenga 15 akora ubucuranzi (DJing), kandi imyaka 10
nk’umuhanzi w’indirimbo.
DJ
Pius ni umuyobozi mukuru wa 1K Entertainment, inzu ifasha abahanzi
n’abacuranzi, inategura ibitaramo. Muri iyi label, hanyuzemo abahanzi barimo
Amalon, ndetse na Pius ubwe yagiye akoresha iyi nzu mu kuzamura ibikorwa bye
by’umuziki.
Mu
2024, ubwo yizihizaga isabukuru y’imyaka 35 y’amavuko, yashyize hanze Extended
Play (EP) yise “Thirty-Fine” igizwe n’indirimbo 11.
Iyi
EP yayituye nyakwigendera Rama Isibo, wari inshuti ye magara ndetse umwe mu
banditsi b’indirimbo beza mu Rwanda. Yagize ati “Rama yari umuntu twagiranye
umubano ukomeye. Twakoranye kuri iyi EP igihe cy’umwaka wose. Niyo mpamvu
nayimuhariye.”
Iyi
EP irimo indirimbo nka “Easy”, “Ntakibazo” (ft. Jose Chameleone), “Sibyo”,
“Today”, “Belly Dancer”, “Wicked” (ft. Kivumbi & Maestobooming), “Ndakumeza
Neza”, “Falling”, “She Love Me” (ft. Bruno K), “Test Drive” na “Urabikwiye”
(ft. Lexivone & Jules Sentore).
Yakozwe
n’aba-producers barimo Niko Ye, Madebeats, Knox Beat, Ronnie, Remix, Habbert
Skillz na Bob Pro.
Igitaramo
cyo ku wa 16 Kanama 2025 kizaba umwanya wo gusubiramo urugendo rw’umuhanzi
waciye inzira mu ruganda rwuzuyemo ibibazo n’ibyishimo, akanarufasha mu gukura.
Ni igitaramo kitezwe n’abatari bake bitewe n’ibyamamare bizacyitabira n’inshuro idasanzwe izaba iteguye n’umurongo Pius yahaye umuziki.
Dj Pius yageze ku rubyiniro saa 22:19’ atangiza igitaramo cyo kwizihiza imyaka 15 mu muziki
Dj
Pius acuranga indirimbo zanyuze mu mateka y’imyaka 15 ishize
Dj Pius aririmba “Ubushyuhe” yakoranye na Bruce Melodie, ibyishimo biba byose
Jules Sentore asangiza abafana ijwi rye mu gitaramo cya Dj Pius
Jules Sentore atangaza ko imyaka 15 mu muziki atari ibintu byoroshye
Ruti Joel asogongeza Album ye nshya “Rutakisha” imbere y’abafana
Ruti Joel aririmba indirimbo ze “Cunda” na “Amaliza” zinyura abari aho
Ruti Joel ashyira amatsiko mu bafana ku ndirimbo ye nshya “Rutakisha”
Alyn Sano na Dj Pius baririmbana indirimbo “Bonane” bishimisha abafana
Alyn Sano yerekana ijwi rikomeye mu ndirimbo “Chop Chop” yakoranye na BenSoul
Alyn Sano yongeye gususurutsa abitabiriye mu ndirimbo “Head” yakunzwe cyane
Mike Kayihura yinjirira mu ndirimbo ye “Sabrina” yakunzwe cyane
Mike
Kayihura yishimwa mu ndirimbo “Big Time” yatumye benshi baririmba
Joshua Baraka yinjirira mu gitaramo cya Dj Pius atanga ibyishimo bidasanzwe
Joshua Baraka yanyuze abafana mu ndirimbo ze ziri ku isoko muri iki gihe
Joshua Baraka yifatanyije na Dj Pius mu gususurutsa abitabiriye i Kigali
KANDA HANO UREBE UKO ALYN SANO YATARAMANYE NA DJ PIUS MU GITARAMO CYE
JOSHUA BARAKA YONGEYE GUTARAMIRA I KIGALI ANYURA AMAGANA Y'ABANTU
RUTI JOEL YATANZE UMUSOGONGERO WA ALBUM 'RUTAKISHA' YITEGURA GUSHYIRA HANZE
MIKE KAYIHURA YAGARAGARIJWE URUKUNDO RUDASANZWE MURI IKI GITARAMO