Iki
gitaramo cyahawe izina “Love & Lights – Valentine’s Eve Experience”,
giteganyijwe kuba ku wa Gatanu tariki ya 13 Gashyantare 2026, kibere muri AURA
Nightclub, imwe mu nzu z’imyidagaduro zikomeye i Portland, Maine.
Mu
kiganiro DJ Pius yagiranye na InyaRwanda, yatangaje ko impamvu yihariye
yahisemo Portland ari ugushaka kwegera no gutaramira Abanyarwanda bahatuye,
anaboneraho kubasangiza ibyishimo by’isabukuru ye.
Ati: “Nahisemo
gukorera iki gitaramo muri Portland, Maine mu rwego rwo gutaramira Abanyarwanda
bahatuye, ariko kandi biri no mu murongo wo kuzahuza iki gitaramo no kwizihiza
isabukuru y’amavuko yanjye. Ni umwanya mwiza wo guhura n’abakunzi b’umuziki
wanjye, tukizihiza urukundo n’urumuri rwiza rw’umuziki”.
Iki
gitaramo kizitabirwa n’abandi bahanzi n’abavangamuziki barimo Eliora Benerugaba)
uzwi cyane ku izina Dj Afrellie, hamwe n’itsinda rya Innox Entertainment, ari
na ryo ryateguye iki gikorwa.
Abategura
iki gitaramo batangaje ko ari umwanya wo guhuza umuco nyarwanda n’uw’Afurika
y’Iburasirazuba n’ababa mu mahanga, by’umwihariko Abanyarwanda baba muri
Amerika, bakomeje kugaragaza inyota yo kongera kwegera umuziki wo mu rugo.
Iki
gitaramo kandi kizaba gifite umwihariko wo kwizihiza Saint Valentin mu buryo
budasanzwe, aho urukundo, umuziki n’urumuri (Love & Lights) bizahurira mu
ijoro rimwe ryitezweho ibyishimo byinshi.
Innox
Entertainment, imaze igihe igaragara mu guteza imbere impano nyarwanda ku rwego
mpuzamahanga, yatangaje ko iki gitaramo kiri mu murongo mugari wo gushyira
abahanzi nyarwanda ku rubyiniro mpuzamahanga no kugaragaza ko umuziki w’u
Rwanda ushobora guhangana ku masoko yo hanze.
Ku
ruhande rwa DJ Pius, iki gitaramo kije gikurikira urugendo rwe rwagutse rwo
gukorera ibitaramo hanze y’u Rwanda, aho yakomeje kwigaragaza nk’umwe mu
bavangamuziki bafite izina rikomeye mu karere no mu mahanga.
I Portland, Abanyarwanda n’abandi bakunzi b’umuziki nyafurika bitezwe guhurira mu gitaramo kizaba kirimo uruhurirane rwa Afrobeat, Amapiano, Dancehall n’umuziki nyarwanda, mu ijoro rizasiga ryibukwa nk’iryahurije hamwe isabukuru, urukundo n’umuco.

DJ Pius yatangaje ko igitaramo “Love & Lights – Valentine’s Eve Experience” kizaba umwanya mwiza kuri we wo kwizihiza isabukuru y’amavuko

DJ Pius agiye guhura n’Abanyarwanda baba muri Amerika mu gitaramo cyuzuyemo amarangamutima, azahuriramo n’abarimo Dj Afrellie

Dj Afrellie uzafatanya na Dj Pius gususurutsa Abanyarwanda n'abandi mu gitaramo kizaba tariki 13 Gashyantare 2026
