Dj Maphorisa utegerejwe i Kigali mu gitaramo yasohoje isezerano rye na Bruce Melodie

Imyidagaduro - 03/09/2025 5:55 PM
Share:

Umwanditsi:

Dj Maphorisa utegerejwe i Kigali mu gitaramo yasohoje isezerano rye na Bruce Melodie

Umucuranzi w’umunya-Afurika y’Epfo wubatse izina rikomeye muri muzika nyafurika, DJ Maphorisa, agiye kongera kugera i Kigali mu gitaramo gikomeye azakorera muri Kigali Universe ku wa Gatanu tariki 5 Nzeri 2025, aho azaba ari kumwe n’abandi bahanzi n’ababyinnyi bazaririmbana nawe.

Uyu mugabo uzwi cyane mu guteza imbere injyana ya Amapiano, agiye kuza mu Rwanda mu gihe we na Bruce Melodie bahuriye ku mushinga w’indirimbo bemeranyijweho kuva kera.

Amakuru agera kuri InyaRwanda yemeza ko bombi bamaze gukorana indirimbo, gusa igisigaye ni ukuyinonosora ubwo Maphorisa azaba ageze mu Rwanda.

Ni isezerano ryari rimaze igihe ahuriyeho na Bruce Melodie, kuko kenshi mu biganiro yagiranaga n’abakunzi be, yagiye agaragaza ko afitanye indirimbo na DJ Maphorisa ndetse na mugenzi we Focalistic.

Ubwo ku wa 5 Nyakanga 2025 Bruce Melodie yari mu kiganiro ‘live’ kuri Instagram, yagize ati: “Nyuma y’indirimbo mfitanye na Diamond na Brown Joel wo muri Nigeria, mfitanye indi ndirimbo na DJ Maphorisa na Focalistic bo muri Afurika y’Epfo.”

Kuva icyo gihe byahise biba impamo ko ibiganiro byari byaratangiye, kandi ubu byarangiye bombi bemeranyije gutanga igihangano gishobora no kubahesha izindi ntera ku rwego mpuzamahanga.

Igitaramo cya Maphorisa muri Kigali Universe kizaba ari cyo cya mbere akoreye muri uru rwego i Kigali, kikaba gitegerejwe n’abatari bacye by’umwihariko abakunzi b’injyana ya Amapiano.

DJ Maphorisa, yabonye izuba ku wa 15 Ugushyingo 1987 mu gace ka Soshanguve gaherereye mu mujyi wa Pretoria muri Afurika y’Epfo, amazina ye nyakuri ni Themba Sonnyboy Sekowe. Ni umwe mu bahanzi n’abatunganya umuziki bageze ku rwego mpuzamahanga, uzwi kandi ku izina rya Madumane.

Akiri muto, Maphorisa yakuranye urukundo rw’umuziki. Ku myaka 17 gusa, yahisemo gusezera ku ishuri kugira ngo asingire inzozi ze zo kuba umunyabugeni mu muziki. Uwo mwanzuro wahinduye ubuzima bwe kuko ari wo watumye yinjira mu rugendo rwamugize icyamamare kugeza n’ubu.

DJ Maphorisa yabanje kumenyekana mu itsinda rya Uhuru, ryari rizwi cyane mu njyana ya House Music. Aha ni ho yamenyekaniye nk’umucuranzi na Producer ufite ubuhanga budasanzwe. Iri tsinda ryagize indirimbo zakunzwe cyane nka Y-Tjukuta, zafashije Maphorisa kwagura izina rye mu ruhando rwa muzika.

Nyuma yo kuva muri Uhuru, Maphorisa yahisemo gutangira urugendo nk’umuhanzi wigenga, ndetse ashinga label ye bwite yitwa BlaqBoy Music, igamije gufasha impano nshya.

Mu 2016 yabonye amahirwe yatumye yinjira ku ruhando mpuzamahanga ubwo yafashaga gutunganya indirimbo ya Drake “One Dance”, ikaba imwe mu ndirimbo zacuranzwe cyane ku isi kandi yahesheje izina rye kumenyekana cyane hanze ya Afurika.

DJ Maphorisa ni umwe mu bafashije gukomera no kwamamaza injyana ya Amapiano, ubu iri mu zikunzwe cyane muri Afurika n’ahandi ku isi.  Yifatanyije na Kabza De Small bashinga itsinda Scorpion Kings, bagaragara nk’abami ba Amapiano. Imizingo yabo yagiye isohoka kuva mu 2020 yakunzwe cyane, ikaba yatumye bajya mu bihugu bitandukanye bagataramira imbaga.

Uretse Amapiano, yakoze indirimbo zikomeye mu njyana za Afropop, Afro-house Trap na Gqom, ibintu byamugize umuhanzi wihariye kandi utagira umupaka n’umwe w’umuziki.

Yakomeje kandi gukorana n’abahanzi bakomeye ku isi barimo Wizkid, Major Lazer, Black Coffee, ndetse n’abandi benshi. Urugendo rwe rwamuhesheje ibihembo bikomeye, birimo African DJ of the Year mu bihembo bya Soundcity MVP Awards 2023. Itsinda rye Scorpion Kings naryo ryahawe igihembo cya Duo or Group of the Year mu South African Music Awards ku nshuro ya 29.

Binyuze muri label ye ya BlaqBoy Music, DJ Maphorisa yakomeje gufasha abahanzi bato kubona amahirwe yo kugaragaza impano zabo. Uyu munsi afatwa nk’umwe mu bantu bafite ijambo rikomeye mu kugena icyerekezo cy’umuziki w’Afurika y’Epfo.

Uvuye mu buzima busanzwe bw’umwana w’i Pretoria kugeza ku rwego rwo kuba icyamamare ku isi yose, DJ Maphorisa yanditse amateka atazibagirana. Ntabwo ari gusa umucuranzi cyangwa Producer, ahubwo ni umwe mu bantu bahinduye isura y’umuziki wa Afurika, bamuha ijwi rikomeye mu ruhando rw’isi.


DJ Maphorisa, umucuranzi wubatse izina rikomeye mu muziki wa Afurika y’Epfo no ku rwego mpuzamahanga, agiye gutaramira i Kigali mu gitaramo kizabera muri Kigali Universe

Nyuma y’ukwezi kumwe abitangaje, byamenyekanye ko indirimbo ya Bruce Melodie na Dj Maphorisa yakozwe, igisigaye ari ukuyinononsora 

Dj Maphorisa afatwa nk’umwami w’injyana ya Amapiano, ndetse yagiye akorana indirimbo n’abahanzi banyuranye 

Dj Maphorisa ukurikirwa n’abarenga Miliyoni 3 ku rubuga rwa Instagram azagera i Kigali ku wa Gatanu w’iki cyumweru

Iki gitaramo cya Dj Maphorisa cyatewe inkunga n'ikinyobwa cya Amstel

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO FOCALISTIC NA DJ MAPHORISA BAHURIYEMO N'ABANDI

KANDA HANO UREBE IMWE MU NDIRIMBO DJ MAPHORISA YAHURIYEMO N'ABANDI BAHANZI


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...