Ibi DJ Lenzo yabivuze kuri uyu wa
Gatandatu tariki 12 Nzeri 2026, nyuma y’iminsi ibiri Taikun Ndahiro abwiye
Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ko yagerageje kureka gukoresha urumogi ariko
bikamunanira, kubera ko yabaga na DJ Lenzo waruzanaga mu rugo.
Taikun Ndahiro, mu iburanisha ryo
ku wa 10 Nzeri 2026, yemeye ko yakoreshaga urumogi kuva muri Gicurasi 2025,
ariko avuga ko yatangiye kurureka muri Mata 2026.
Uyu musore yasobanuriye Urukiko ko
urugendo rwo kurureka rutamworoheye, kuko yari akibana na DJ Lenzo wakomezaga
kurunywa ndetse akanaruzana mu rugo.
Yavuze ko ibyo byatumaga nawe
yongera kurukoresha, bituma afata umwanzuro wo gushaka gutandukana na DJ Lenzo.
Taikun yavuze ko yagerageje gusaba
DJ Lenzo kuva mu rugo babanagamo, ariko ngo ntiyabyemera. Yagaragaje ko iki
kibazo cyageze no mu Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), aho banditse
urupapuro rugaragaza ibintu DJ Lenzo yagombaga kujyana mu gihe yaba asohotse
muri urwo rugo.
Nubwo ibyo byose byari byakozwe,
Taikun yavuze ko DJ Lenzo yakomeje kwanga kuhava.
Mu buhamya bwe, Taikun yavuze kandi
ko nyuma yaje gusohora ibintu bye mu rugo, agasigamo igitanda, ndetse agatwika
ibipapuro mu rwego rwo gutera DJ Lenzo ubwoba kugira ngo yemere kuva muri urwo
rugo.
Taikun
yavuze ko urumogi rwari mu byamugoye kurureka
Mu rukiko, Taikun yemeye ko
yakoresheje urumogi, ariko avuga ko yari amaze gutangira kurureka mbere y’uko
afatwa.
Ubushinjacyaha bwagaragaje ko mu
isuzuma ryakozwe kuri Taikun, basanzemo igipimo cy’urumogi cya 280. Ibi ni
bimwe mu byo bwashingiyeho busabira Urukiko ko afungwa iminsi 30 y’agateganyo
mu gihe iperereza ku byaha akurikiranyweho rigikomeje.
Taikun yasabye imbabazi ku gihe
yamaze akoresha urumogi, avuga ko yari azi ko gukoresha ibiyobyabwenge ari
icyaha.
Icyakora, mu kwiregura kwe,
yashatse gusobanura ko kuba yarakomezaga gukoresha urumogi byari bifitanye
isano n’abantu yabaga hafi, by’umwihariko DJ Lenzo.
DJ
Lenzo yahakanye ibyo Taikun yamushinje
Nyuma y’ibyavugiwe mu rukiko, DJ
Lenzo yahise atanga ibisobanuro ku byo Taikun yavuze, ahakana ko yaba
yaramujyanye mu gukoresha ibiyobyabwenge.
DJ Lenzo yavuze ko ahubwo we ubwe
adakoresha ibiyobyabwenge, ndetse ko atigeze abona Taikun Ndahiro abikoresha.
Ati “Icya mbere cyo njyewe
nashakaga ku kumenyesha ntabwo nkoresha ibiyobyabwenge. Ikindi Taikun niba
nibuka neza, Taikun namenyanye nawe mu kwezi kwa Karindwi (Nyakanga), bivuze
ngo hashize amezi abiri tumenyanye, ntabwo nigeze mbona Taikun n’amaso yanjye
akoresha ibiyobyabwenge.”
DJ Lenzo kandi yavuze ko kuba
Taikun yaravuze ko babanaga ndetse ko yamuzaniraga urumogi mu rugo, atari ukuri
ku ruhande rwe.
Yavuze ko ibyo Taikun yavuze mu
rukiko ashobora kuba yarabishingiye ku buryo yashakaga kwireguramo kugira ngo
Urukiko rurebe niba rwamurekura.
Ati “Nakubwira ko mu rukiko buriya
havugirwamo byinshi, hakaba no kuba umuntu wenda yagira impamvu zo kwiregura
kugirango arebe ko yava mu byo arimo. Ariko, icyo cyo naguhakanira rwose.”
Yongeye gushimangira ko nta rumogi
yigeze aha Taikun cyangwa ngo amubone arukoresha.
Ati “Sinigeze mubona akoresha
ibiyobyabwenge, nta n’ibyo nigeze muha.”
DJ Lenzo yavuze ko umubano we na
Taikun Ndahiro wari ushingiye ahanini ku kazi bakoraga, aho yabasobanuye
nk’abantu bakoranaga kandi babanaga muri urwo rwego. Ati “Taikun twarabanaga
nk’abantu bakora akazi kamwe. Muri macye twabanye mu nzira z’akazi.”

Mu gihe Taikun Ndahiro avuga ko DJ Lenzo yamuzaniraga urumogi mu rugo, bikamugora kurureka, DJ Lenzo we yabihakanye burundu.

Taikun yabwiye Urukiko rw'Ibanze ko yashatse gutandukana na DJ Lenzo mu bihe bitandukanye, ariko ko undi atabyemeye
