Iradukunda
Divine uzwi nka Dj Ira, yavuze ko ibyo abantu batekereza ko ibiyobyabwenge
bituma umuntu arushaho kwishima cyangwa agakora neza akazi ke, ari imyumvire
idafite ishingiro. Asanga impano, imyitozo no gukunda icyo umuntu akora ari byo
bitanga umusaruro, aho kuba ibiyobyabwenge.
Dj Ira yabigarutseho ku wa
Mbere tariki ya 4 Kanama 2026, mu kiganiro cyahuje inzego za Leta, abafata
ibyemezo n'abakora mu ruganda rw'imyidagaduro, cyari kigamije kurebera hamwe
ingaruka z'ibiyobyabwenge ndetse n'uruhare rwa buri wese mu kubikumira.
Iki kiganiro cyitabiriwe na
Minisitiri w'Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, Minisitiri w'Urubyiruko
n'Iterambere ry'Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, Umuvugizi wa
Guverinoma, Yolande Makolo, Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry n'abandi
bayobozi.
Mu ruhande rw'abahanzi
n'abakora imyidagaduro, harimo Nel Ngabo, Bushali, Coach Gael na Dj Ira, mu
kiganiro cyayobowe n'Umuyobozi w'Ishuri rya Muzika rya Nyundo, Mighty Popo.
Dj Ira yavuze ko amaze imyaka
akora akazi ko kuvanga umuziki mu bitaramo no mu birori bitandukanye, kandi ko
atigeze akenera ibiyobyabwenge kugira ngo ashimishe abantu.
Yagize ati: "Umuziki
ubwawo urahagije kugira ngo ushimishe abantu. Ntabwo bisaba ko umuntu
awongeraho ibiyobyabwenge kugira ngo yitware neza cyangwa ngo abantu
bishime."
Yagaragaje ko hari imyumvire
ikomeje kubibwa mu bantu, cyane cyane urubyiruko, ko kunywa inzoga cyangwa
gukoresha ibindi biyobyabwenge ari byo bituma umuntu aba "cool"
cyangwa akemerwa n'itsinda ry'inshuti.
Ati: "Ntekereza ko ari
imyumvire abantu bishyizemo, ko itabi n'inzoga ari byo bishobora gutuma twishima.
Ariko ntekereza ko hari igihe biterwa n'ikigare umuntu arimo, aho bamubwira
bati 'niba utanywa inzoga ntabwo uri cool, niba utanywa ibi bintu ntabwo
twagakwiye kwicarana', ugasanga umuntu atangiye kubikoresha kubera igitutu
cy'abo babana."
Yasobanuye ko icyo gitutu
gituruka ku nshuti ari kimwe mu bituma abantu benshi, cyane cyane abakiri bato,
batangira gukoresha ibiyobyabwenge batigeze babitekereza mbere.
Dj Ira yavuze ko no mu kazi
ke hari abantu bajya bamugira inama yo gukoresha ibiyobyabwenge bamubwira ko
byatuma avanga umuziki neza kurushaho cyangwa bikamwongerera icyizere ari ku
rubyiniro.
Ati: "Hari ababwira
umuntu bati, niwafata ibi uracuranga neza, abantu barushaho kukwishimira, nta
bwoba uzagira cyangwa se isoni. Ariko uko ni ko dusanga umuntu yarasubiye
inyuma cyangwa twaramubuze."
Yashimangiye ko ubuhanga
buturuka ku kwitoza no gukunda akazi, aho gutegereza ko ibiyobyabwenge ari byo
bizatanga umusaruro.
Dj Ira yavuze ko hari abantu
bibeshya ko kunywa cyangwa gukoresha ibiyobyabwenge mu rugero ruto bitagira
ingaruka, nyamara na byo bishobora kubaviramo ibibazo bikomeye.
Ati: "Hari ushobora
kuvuga ngo njye mfata bicye ntabwo byangiza akazi kanjye. Ariko ejo ushobora
kwisanga mu kibazo, ugafatwa, kandi ntuzabona umwanya wo gusobanura ko wafataga
bicye. Ushobora kwisanga i Mageragere cyangwa ahandi, kandi uba utakaje igihe
ndetse n'izina wari warubatse."
Yavuze ko umuntu uzwi cyane
aba afite inshingano zo kurushaho kwitwararika, kuko amakosa ye ashobora kugira
ingaruka ku isura ye no ku bo afata nk'icyitegererezo.
Dj Ira yageneye ubutumwa
abakobwa, abasaba kwirinda ibiyobyabwenge kuko akenshi bibakururira ingaruka
zikomeye zirimo kwishora mu ngeso mbi ndetse no gutwara inda zitateganyijwe.
Yavuze ko umukobwa ukoresha
ibiyobyabwenge ashobora kugera aho atakaza ubushobozi bwo gufata ibyemezo
bizima, bikamuviramo ibibazo byamukurikirana igihe kirekire.
Yasabye urubyiruko kutemera
igitutu cy'inshuti, ahubwo buri wese akagendera ku ndangagaciro ze no gukunda
umurimo akora.
Mu butumwa bwe, yashimangiye ko urugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge rutareba inzego za Leta zonyine, ahubwo ko buri Munyarwanda afite uruhare mu kubyirinda no kubikumira, kugira ngo hubakwe sosiyete irangwa n'urubyiruko ruzima, rufite icyerekezo kandi rushoboye gukoresha impano zarwo rutishingikirije ku biyobyabwenge.

Dj Ira yavuze ko
ibiyobyabwenge atari byo bitanga ibyishimo, kandi ko abantu bakwiriye kubireka
KANDA HANO UBASHE KUREBAIKIGANIRO DJ IRA YATANZE
VIDEO: Dox Visual /InyaRwanda
