Dj Brianne na Tesha berekeje i Burayi, basiga bacyebuye Bad Rama -VIDEO

Imyidagaduro - 07/03/2026 6:31 AM
Share:

Umwanditsi:

Dj Brianne na Tesha berekeje i Burayi, basiga bacyebuye Bad Rama -VIDEO

Gateka Brianne wamamaye nka Dj Brianne, hamwe na Tesha bakorana binyuze ku muyoboro wa YouTube bise “Dj Brianne Vogue”, berekeje ku Mugabane w’u Burayi mu rugendo rugamije guhura no gusabana n’abakunzi babo baba mu mahanga. Mbere yo guhaguruka ariko, bagize icyo bavuga kuri Bad Rama umaze iminsi atangaza ibiganiro biharabika ubuyobozi bw’u Rwanda.

Dj Brianne na Tesha bahagurutse ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali i Kanombe mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki ya 6 Werurwe 2026. Biteganyijwe ko bazasura ibihugu birimo u Bubiligi, u Bufaransa n’ahandi mu Burayi, ndetse bakaba bafite n’umugambi wo kuzagera muri Canada.

Si ubwa mbere Dj Brianne agiye mu Burayi, ariko kuri Mutesi Sharon [Tesha] ni bwo bwa mbere agiye gukandagira kuri uyu mugabane.

Mu kiganiro Dj Brianne yagiranye na InyaRwanda, yavuze ko uru rugendo barutekerejeho nyuma y’uko abakunzi babo babibasabaga kenshi.

Yagize ati: "Ni ibintu nari naragambiriye. Buri gihe najyaga ngenda, Tesha akavuga ngo uransize, nanjye nkagenda numva bimbangamiye. Tesha ni inshuti yanjye, nkajya nsenga Imana nkavuga nti uzamfashe Tesha nawe tujyane."

Yakomeje avuga ko umuyoboro wabo wa YouTube bawutangije batabifitemo ubumenyi bwinshi, ariko amahirwe bakaza kuyagira vuba.

Ati: "Twashinze YouTube tutazi neza ibijyanye na yo. N’abantu twagerageje gusaba ubufasha barambwiraga ngo mbireke, bavuga ko bitavamo ikintu. Ariko mu minsi itatu gusa twahise twemererwa gukorera amafaranga kuri YouTube. Twaravuze tuti niba abantu baza kureba ibyo dukora tugakuramo amafaranga, kuki tutabashimira tukabasanga aho bari dusangire?"

Muri iki kiganiro kandi, Dj Brianne yagize icyo avuga kuri Bad Rama umaze iminsi akora ibiganiro anenga ubuyobozi bw’u Rwanda, amusaba kwirinda kubishyira muri rusange.

Yagize ati"Niba njye nshobora gusaba visa, nkaza ku kibuga cy’indege nkagenda nkagaruka mu gihugu nkaba mpabonera kandi mbayeho neza, wowe niba hari ibyakubayeho ni wowe bigiraho ingaruka. Ushobora gushaka abantu bakugira inama aho kubishyira muri rusange."

Tesha na we yunze mu rya mugenzi we, avuga ko ibibazo Bad Rama avuga ko yagize byabereye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, atari mu Rwanda.

Ati "Ibibazo Bad Rama yagize byabereye muri Amerika, ni ho byamufatiye. Ntabwo byamufatiye muri iki gihugu. Ikindi urubyiruko rukwiye no kwirinda ibiyobyabwenge."

Yavuze kandi ko yatunguwe no kubona Bad Rama anenga ubuyobozi bw’u Rwanda, mu gihe mu minsi ishize yari yasuye konti ye ya Instagram akabonaho ubutumwa bushima Perezida Paul Kagame. Ati "Naratunguwe cyane."

Dj Brianne na Tesha biteganyijwe ko kimwe mu bikorwa byabo mu Bubiligi ari ukuzitabira igitaramo kizahuriramo Bruce Melodie na Sheebah Karungi giteganyijwe tariki 7 Werurwe 2026, kikazayoborwa na Uwase Muyango Claudine.

Ni igitaramo gitegerejwe n’abakunzi b’umuziki nyarwanda n’uwa Uganda batuye mu Bubiligi no mu bihugu bihana imbibi na bwo.


Dj Brianne na Tesha berekeje i Burayi guhura n’abakunzi babo batuye mu mahanga, banenga Bad Rama umaze iminsi atangaza ibiganiro bavuga ko biharabika ubuyobozi bw’u Rwanda /Ifoto yafashwe ubwo bari mu bikorwa bya Tour du Rwanda

KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA TESHA NA BRIANNE


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...