Uyu
mwanzuro uje nyuma y’amakimbirane yashyize iherezo ku rugo rwabo rw’imyaka ine,
rwatangiye mu 2019 ubwo bakoraga ubukwe i Dar es Salaam.
Bombi
bari bamaze imyaka ibiri mu rukiko basaba gutandukana. Mu mashusho yashyize
hanze, Harmonize yavuze ko ikibazo cyabaye kinini nyuma yo gutandukana, bigera
mu nkiko, yiyambaza abanyamategeko kugira ngo bakemure ikibazo.
Yagize
ati: “Nyuma yo gutandukana imyaka myinshi, twavuganye nabi, tugana mu rukiko.
Byari ngombwa gukoresha umwunganizi mu mategeko. Ariko n’ubwo byose byari
bimeze bityo, ntabwo ari ngombwa gukomeza kuba abanzi.”
Harmonize
yakomeje asobanura ko imiryango yombi yaje guhurira hamwe kugira ngo baganire
ku buryo bwo gukemura ikibazo, maze bemeza ko ari byiza gutandukana mu mahoro aho
gukomeza urugamba rw’inkiko.
Ati: “Twicaye hamwe n’imiryango yacu, imiryango yanjye n’umugore wanjye.
Twumvikanye, maze tugira ubwumvikane; umubyeyi we n’umugore wanjye bishimye.
Amafaranga yatanzwe ni 50,000 Euros.”
Harmonize,
wari warashyingiranywe na Sarah mu 2019, yashimangiye ko ubukwe bwabo
bwakurikiranywe cyane muri Afurika y’Uburasirazuba kubera urukundo rwabo
rw’imbere mu migabane ibiri.
Nyamara,
ubukwe ntibwarambye; kuko batangiye gushwana mu 2020 kubera amakimbirane no gushinjanya
gucana inyuma.
Gutandukana
kwabo kwaje kuba ikibazo mu itangazamakuru, harimo kutumvikana ku mutungo
n’amafaranga yinjijwe mu gihe bari kumwe.
Sarah
yavugaga ko yamushyigikiye mu ntangiriro z’umuziki we, bityo akavuga ko
agomba guhabwa igice cy’umutungo wabo.
Ubu,
nyuma y’uko ubwumvikane bwasinywe, Harmonize avuga ko yahisemo amahoro kurusha
urugamba rudashira.
Mu
magambo ye, nta mpamvu yo gukomeza kuba abanzi nyuma y’igihe kinini.
Uretse
ibi, ubuzima bw’urukundo rwa Harmonize bukomeje gukurura amaso y’abafana. Kuko,
aherutse kugaragaza umukunzi we Fridah Kajala Masanja basubiranye.
Urukundo
rwabo rwatangajwe mu 2021, hashize igihe gito Harmonize atandukanye na Sarah.
Hari
aho yari yaramusabye ko bamarana ubuzima, ariko nyuma baratandukana. Nyuma
y’igihe gito, basubiye kugaragara hamwe, bityo bikaba byaratumye abantu
batekereza ko bashobora kuba barafashe umwanzuro wo kongera gutangira urukundo
bundi bushya.


Nyuma
yo gutandukana, Harmonize yahisemo amahoro aho gukomeza urugamba rw’inkiko,
avuga ko yiteguye gukomeza ubuzima bushya n’umukunzi we mushya
