‘Divorce’ ya Harmonize n’uwahoze ari umugore we yatwaye akayabo

Imyidagaduro - 10/03/2026 9:03 AM
Share:

Umwanditsi:

‘Divorce’ ya Harmonize n’uwahoze ari umugore we yatwaye akayabo

Umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya Bongo Flava muri Tanzania, Rajab Abdu Kahali wamamaye nka Harmonize, yamaze gukemura ikibazo cy’urubanza rwa gatanya (Divorce) n’uwahoze ari umugore we w’Umutaliyani, Sarah Michelotti, mu bwumvikane, amwishyura angana na 50,000 Euros, bihwanye n’amafaranga asaga miliyoni 130 Frw.

Uyu mwanzuro uje nyuma y’amakimbirane yashyize iherezo ku rugo rwabo rw’imyaka ine, rwatangiye mu 2019 ubwo bakoraga ubukwe i Dar es Salaam.

Bombi bari bamaze imyaka ibiri mu rukiko basaba gutandukana. Mu mashusho yashyize hanze, Harmonize yavuze ko ikibazo cyabaye kinini nyuma yo gutandukana, bigera mu nkiko, yiyambaza abanyamategeko kugira ngo bakemure ikibazo.

Yagize ati: “Nyuma yo gutandukana imyaka myinshi, twavuganye nabi, tugana mu rukiko. Byari ngombwa gukoresha umwunganizi mu mategeko. Ariko n’ubwo byose byari bimeze bityo, ntabwo ari ngombwa gukomeza kuba abanzi.”

Harmonize yakomeje asobanura ko imiryango yombi yaje guhurira hamwe kugira ngo baganire ku buryo bwo gukemura ikibazo, maze bemeza ko ari byiza gutandukana mu mahoro aho gukomeza urugamba rw’inkiko.

Ati: “Twicaye hamwe n’imiryango yacu, imiryango yanjye n’umugore wanjye. Twumvikanye, maze tugira ubwumvikane; umubyeyi we n’umugore wanjye bishimye. Amafaranga yatanzwe ni 50,000 Euros.”

Harmonize, wari warashyingiranywe na Sarah mu 2019, yashimangiye ko ubukwe bwabo bwakurikiranywe cyane muri Afurika y’Uburasirazuba kubera urukundo rwabo rw’imbere mu migabane ibiri.

Nyamara, ubukwe ntibwarambye; kuko batangiye gushwana mu 2020 kubera amakimbirane no gushinjanya gucana inyuma.

Gutandukana kwabo kwaje kuba ikibazo mu itangazamakuru, harimo kutumvikana ku mutungo n’amafaranga yinjijwe mu gihe bari kumwe.

Sarah yavugaga ko yamushyigikiye mu ntangiriro z’umuziki we, bityo akavuga ko agomba guhabwa igice cy’umutungo wabo.

Ubu, nyuma y’uko ubwumvikane bwasinywe, Harmonize avuga ko yahisemo amahoro kurusha urugamba rudashira.

Mu magambo ye, nta mpamvu yo gukomeza kuba abanzi nyuma y’igihe kinini.

Uretse ibi, ubuzima bw’urukundo rwa Harmonize bukomeje gukurura amaso y’abafana. Kuko, aherutse kugaragaza umukunzi we Fridah Kajala Masanja basubiranye.

Urukundo rwabo rwatangajwe mu 2021, hashize igihe gito Harmonize atandukanye na Sarah.

Hari aho yari yaramusabye ko bamarana ubuzima, ariko nyuma baratandukana. Nyuma y’igihe gito, basubiye kugaragara hamwe, bityo bikaba byaratumye abantu batekereza ko bashobora kuba barafashe umwanzuro wo kongera gutangira urukundo bundi bushya.

Harmonize yasoje urubanza rwa ‘divorce’ n’uwahoze ari mugore we w’Umutaliyani, amwishyura Miliyoni 130 Frw ku bwumvikane


Nyuma yo gutandukana, Harmonize yahisemo amahoro aho gukomeza urugamba rw’inkiko, avuga ko yiteguye gukomeza ubuzima bushya n’umukunzi we mushya


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...