‘Divorce’ si impanuka, kwakira neza abakugana si impuhwe: Urugendo rwa Grace Wibabara usezeranya abarushinga

Imyidagaduro - 29/03/2026 5:24 PM
Share:

Umwanditsi:

‘Divorce’ si impanuka, kwakira neza abakugana si impuhwe: Urugendo rwa Grace Wibabara usezeranya abarushinga

Mu buzima busanzwe, hari abantu bagira impano zibavamo bucece, ariko uko imyaka igenda ishira, zikigaragaza mu buryo budasanzwe. Uko ni ko byagenze kuri Grace Wibabara–Arnold, Umunyarwandakazi wavukiye i Kigali, akurira hagati y’u Rwanda na Tanzania, ariko amahirwe y’ubuzima akamujyana mu Budage, aho yubatse umwuga we n’inzozi ze.

Grace si umugore usanzwe mu byo akora. Ni umunyamwuga mu bijyanye n’ubuzima bw'amenyo (dental assisting and hygiene), umwuga amazemo imyaka igera kuri irindwi (7).

Ariko inyuma y’uyu mwuga, hari undi mutima wuje urukundo, ugamije gutuma abantu bishima mu bihe bikomeye by’ubuzima bwabo by’umwihariko mu bukwe no mu muhango wo gusezerana.

Umuhamagaro wo gusezeranya, aho urukundo ruvugira

Nubwo gutegura ibirori ari igice gikomeye cy’ubuzima bwe, Grace yaje gusanga hari indi mpano imurimo- iyo gusezeranya abashakanye.

Uyu muhango awufata nk’igihe cyihariye aho abantu babiri bavuga iby’imitima yabo, batitaye ku muco, idini cyangwa aho baturuka. Ni umwanya wo guhitamo kubana, mu bwisanzure no mu kuri.

Ati: “Nkunda urukundo. Nkunda gufasha abantu kuvuga indahiro zabo mu buryo bufite ubusobanuro. Kuba ari njye ufungura uwo muhango nkanawusoza, ni ibintu bidasanzwe kuri njye.”

Uyu muhamagaro ntiyawize, ahubwo awufata nk’impano yaje mu buryo busanzwe, bitewe n’urukundo akunda kubona abantu bishimye.

Aherutse gusezeranya umunyarwandakazi Judence Kayitesi uherutse gukora ubukwe n’umukunzi we Andreas, mu muhango wabereye ku i Rebero mu Mujyi wa Kigali.

Mu bihe byamukoze ku mutima cyane, Grace agaragaza ubukwe yakoze muri Gashyantare mu Rwanda, aho yasezeranyije abashakanye imbere y’umuryango we, sekuru, nyirasenge, abavandimwe n’abandi.

Ati: “Byari iby’agaciro cyane. Hari n’abatekerezaga ko ndi Pasiteri, byarantangaje kandi biranshimisha.”

Icyo gihe kandi yasobanuriye abitabiriye indahiro mu rurimi rw’Ikidage, ibintu byatumye uwo muhango uba uwihariye.

Icyuho hagati y’umuco wa kera n’ubuzima bw’iki gihe

Grace agaragaza ko kera abantu bubakiraga ku muco, ku idini no ku ndangagaciro zihamye. Uyu munsi ho, ubuzima bufite amahitamo menshi n’ikoranabuhanga, ariko rimwe na rimwe bigatuma abantu batakaza umurongo.

Asobanura ko abantu bagomba kumenya gutandukanya ubuzima nyabwo n’ubwo babona ku mbuga nkoranyambaga. Avuga ko urushako rusaba imbaraga, kwihangana no gukura mu bitekerezo ku mpande zombi.

‘Divorce’ si impanuka, ni inzira ititaweho

Ku kibazo cya ‘divorce’, Grace agifata nk’ikintu gikomeye kandi cyoroshye gusenya ubuzima bw’abantu iyo kidasobanuriwe neza.

Avuga ko gutandukana kw’abashakanye bidakunze kuba igikorwa gitunguranye, ahubwo biterwa n’ibibazo bitakemuwe, kutaganira, gucika intege no kutuzuza ibyo basezeranye.

Ati: “Abashakanye bagomba guhora baganira ku byiyumviro byabo, inzozi n’intego. Bagashyigikirana mu gukura kwabo ku giti cyabo, ariko banubaka ibihuriweho. Bagakomeza gukundana no guhitamo kubana buri munsi.”

Ni ubutumwa bwibutsa ko urukundo rutagomba kurangirira ku munsi w’ubukwe, ahubwo rugomba gukomeza kubakwa buri munsi.

U Rwanda mu maraso, U Budage mu myigire

Grace avuga ko u Rwanda ari igice cy’amaraso ye, umuco, urugwiro, kwakira neza n’ubwiza bw’imyitwarire. Ibi abihuza n’ibyo yigiye mu Budage: kubahiriza igihe, gukora cyane, gutanga serivisi iri ku rwego rwo hejuru no kuvugisha ukuri mu bwubahane.

Iyi mico ibiri ni yo yubakiyeho ibyo akora byose. Ni nayo imufasha gutanga serivisi zitandukanye zifite ireme, zubakiye ku kumva neza abakiliya no kubaha ibyo bifuza.

Kuva kera, Grace yakundaga gutegura ibirori. N’ubwo atabyize mu buryo bwimbitse, yafashe amasomo yo kuri murandasi, aniyubakira ubumenyi buhamye mu gutegura no kuyobora ibikorwa.

Mu 2023, yashinze kompanyi ye yise Gracious Events, igamije gufasha abantu kugera ku nzozi zabo z’umunsi wabo w’ingenzi, cyane cyane ubukwe, ariko ku giciro kidahenze cyane nk’uko bisanzwe bigenda mu bihugu byinshi.

Mu kiganiro na InyaRwanda ati “Nabonaga abantu benshi bashaka ubufasha mu gutegura ubukwe, ariko bikaba bihenze cyane. Nifuzaga ko buri wese yabona amahirwe yo kugira umunsi w’inzozi ze.”

Icyihariye kuri iyi kompanyi ni uko itibanda gusa ku gutegura ibirori, ahubwo ifasha abakiliya “gushushanya inzozi zabo” no kuzishyira mu bikorwa, mu buryo butuma babaho mu munezero no mu mutuzo.

Inzozi z’ejo hazaza

Grace afite intego yo gukomeza gutegura no gusezeranya ibirori bikomeye kandi byihariye, ariko ikirenze byose ni ugukomeza gusiga inseko ku bamugana.

Uko agenda ava mu Budage agera i Kigali, agenda yandika amateka yihariye, ay’umugore wahuje umwuga n’impano, akabihindura inzira yo kuzana ibyishimo mu buzima bw’abandi.

Mu isi aho urukundo rukunze guhura n’ibigeragezo byinshi, Grace Wibabara–Arnold arushaho kwibutsa abantu ko gukundana no kubana ari urugendo rukeneye umutima, ukwihangana n’icyizere, ariko nanone rukaba rwiza kurushaho iyo rufite uyobora abandi kurunyuramo.

Grace Wibabara-Arnold ni umwe mu bagore bari kuzamura urwego rw’ibirori n’imihango yo gusezeranya, ahuriza hamwe umwuga n’impano y’urukundo


Grace yavukiye i Kigali, akurira mu Rwanda na Tanzania, aza gukomereza ubuzima bwe mu Budage ari na ho yakuye ubumenyi bumufasha mu kazi ke ka buri munsi

Nk’umwe mu bahamya isezerano ry’abantu, Grace agaragaza ko urukundo nyarwo rushingira ku guhitamo kubana buri munsi, aho asaba abashakanye guhora baganira no gukomeza gukundana

Yakoze amateka ku giti cye ubwo yasezeranyaga abageni mu bukwe bwabereye mu Rwanda imbere y’umuryango we, anasobanura indahiro mu Kidage, ikintu cyakoze ku mitima ya benshi

Grace Wibabara aherutse gufasha umwanditsi w’ibitabo Judence Kayitesi na Andreas guhamya isezerano ry’abo imbere y’Imana


Grace Wibabara yemeza ko kwakira neza abakugana atari impuhwe, kandi ko kubaha ibyo bifuza no kubashakira ibisubizo mu kuri igihe hari ibidashoboka

Wibabara avuga ko ubukwe butagomba kurangirira ku munsi umwe, ahubwo busaba imbaraga zihoraho, aho abashakanye bagomba gukomeza kwiyubaka no gushyigikirana mu rugendo rwabo


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...