Uyu mupolisi wahoze akora iperereza yavuze ko Diddy yaba yarashatse gutanga amafaranga yo kwica Tupac, ariko umugambi ukaba utaragezweho. Icyakora, aya makuru yakomeje kugibwaho impaka, kuko abantu ba hafi ya Diddy bahakanye byimazeyo ibyo birego.
Abahagarariye Diddy na bo bakomeje kuvuga ko uyu muhanzi ndetse akaba n’umucuruzi nta ruhare na mba yagize mu rupfu rwa Tupac, ndetse bavuga ko nta mpamvu abashinjacyaha baba bafite yo kumuhamagaza nk’umutangabuhamya muri uru rubanza.
Tupac Shakur yarashwe ku wa 7 Nzeri 1996 i Las Vegas, Nevada, apfa nyuma y’iminsi mike. Urupfu rwe rumaze imyaka myinshi ruri mu manza n’iperereza ryagiye rihinduka, ndetse rukomeje kuba rumwe mu manza zizwi cyane mu mateka ya Hip-Hop.
Kuvugwa kwa Diddy muri uru rubanza byongeye kuzura ibibazo ku makimbirane yari hagati y’abantu bari mu ruhando rwa Hip-Hop mu myaka ya za 1990, ariko kugeza ubu nta gihamya cyemeza ko Diddy yagize uruhare mu iyicwa rya Tupac cyashyizwe ahagaragara muri uru rubanza.

Diddy yahakanye uruhare mu iyicwa rya Tupac, nubwo izina rye ryavuzwe mu rubanza
