Umuhanzi
w’icyamamare mu muziki wa Bongo Flava muri Afurika y’Iburasirazuba, Diamond
Platnumz, yamaze kugera i Kigali aho yitabiriye igitaramo gikomeye yise
“Diamond Experience”.
Yageze
i Kigali ari kumwe n’ababyinnyi be, abamucurangira, ushinzwe amajwi y’ibyuma,
abanyamakuru, Dj we wihariye ndetse n’abandi bamufasha kunoza akazi ke ka buri
munsi.
Byari
biteganyijwe ko agera mu Rwanda mu masaha ya mu gitondo saa 08;30 ariko amasaha
arahinduka bigera saa 10;30 ariko nabyo birahinduka bigera saa 02;30 nabyo
birahinduka kugeza asohotse mu kibuga cy’indege saa 18;00.
Nta
kindi kintu Diamond yavugiye ku kibuga cy’indege uretse kuza yinjira mu modoka
ahita yerekeza aho agiye gucumbika.
Kuri uyu wa Gatandatu, araririmba mu gitaramo Diamond Platnumz Experience 2026 ku rubyiniro rumwe na Bruce Melodie, Ish Kevin, Nel Ngabo, Dj Ethania nawe wageze mu Rwanda none.



Diamond Platnumz yageze i Kigali
Reba amasusho ubwo Diamond yageraga i Kigali ku kibuga cy'indege
