Uyu musore yamenyekanye
cyane mu ndirimbo yasubiyemo zirimo nka “Nyamibwa y'igikundiro ", “Ntacica
nk'irungu " zose zimaze kurebwa n’abarenga million ku muyoboro we wa Youtube
uriho indirimbo z’imbumbe zirenga 32.
Yabwiye InyaRwanda ko
album ye ya mbere izaba iriho indirimbo 10, ni mu gihe album ye ya kabiri izaba
iriho indirimbo 28, zose hamwe zikaba 28.
Album ya mbere izaba
iriho indirimbo 10, inyinshi muri zo zamaze gusohoka harimo iyo bita “Nturenge
aho " yakoranye na Umutare Gaby, Urubavu, Umuntu ni Ubuntu n'izindi nyinshi.
Ni mu gihe Album ya
kabiri iriho indirimbo zivuga ku nkuru z'impamo z'urukundo n'ubuzima bwe,
n'ubwa bandi bantu yagiye abona ahitamo kubinyuza mu ndirimbo kugirango zifashe
n'abandi.
Uyu muhanzi avuga ko
yahisemo gushyira hanze album ebyiri icyarimwe, mu rwego rwo guhesha agaciro
ibihangano bye.
Yavuze ati “Impamvu
nahisemo kumurika Album 2 ni mu buryo bwo gushyira hamwe ibihangano byanjye no
kubihesha agaciro mpereye ku byasohotse mbere, kuko ibyinshi abantu
ntibabimenye niyo mpamvu nahisemo nabyo kubimurika nkabibumbira kuri album ya
mbere. Bizafasha n'abakunzi banjye kubibona byose biboroheye."
Derrick usanzwe ufite
indirimbo “Nturenge aho " yakoranye na Umutare Gaby, azwi na benshi bamubonye
aririmba asubiramo indirimbo z’abandi bahanzi yatangiye kwigana afite imyaka 10
y’amavuko.
Yasubiyemo nk’indirimbo “Izuba rirenze " ya Vincent Niyigaba, “Inyamibwa y’igikundiro " ya Nkurunziza Francois n’abandi.
Ku myaka 12 y’amavuko ni bwo yafashe icyemezo cyo gutangira
guhanga indirimbo ze, ariko akumva atari ibintu azakora nk’umwuga.
Mu 2012 ni bwo yafashe icyemezo cyo gutangira gukora umuziki, asohora indirimbo yise “Population " yakorewe muri studio yitwa Ibisumizi.
Ni indirimbo ivuga ku mubano n’isano
abantu bafitanye ikabakangurira gukomeza kubana neza no gukundana.

Derrick Don yatangaje ko
agiye gushyira hanze album ebyiri zigizwe n’indirimbo 28

Derrick yavuze ko yitaye
cyane ku kwandika ku rukundo n’ubuzima busanzwe abantu banyuramo

Derrick avuga ko
yatangiye urugendo rwo guhimba ibihangano bye nyuma yo kumenyekana aririmba
indirimbo z’abandi
KANDA HANO WUMVE URUHEREREKANE RW’INDIRIMBO DERRICK YASUBIYEMO
