Ku wa mbere tariki ya 18 Gicurasi 2026 Murenzi Abdullah n'Umuyobozi ushinzwe Tekiniki Dylan Lienart basuye ikipe ya Rayon Sports mu myitozo yitegura umukino wa nyuma mu Gikombe cy'Amahoro uzayihuza na APR FC kuri uyu wa Gatandatu.
Nyuma y'imyitozo, Murenzi Abdullah yagarutse kuri uwo mukino avuga ko bafite inyota yo kwegukana iki gikombe ndetse no gusoza ku mwanya wa kabiri wa Shampiyona.
Yagize ati: "Turi ku mwanya wa kabiri muri Shampiyona nka kimwe mu musaruro wacu w'uyu mwaka, turi no kurwanira gutwara igikombe cy'Amahoro kugira ngo tuzabona itike yo gukina imikino Nyafurika."
Abajijwe niba Rayon Sports yiteguye neza guhangana na APR FC, Murenzi Abdullah yatangaje ko uyu mukino bawiteguye neza kandi ko 'Derby' batayikina ahubwo bayitsinda.
Yagize ati: "Ni umukino umwe gusa, ntakunganya kuko hagomba kugira utsinda kandi twifuza ko ari twe twakwegukana iki Gikombe kuko turakinyotewe. Umukino uhora ukomeye, kandi Derby barayitsinda ntibayikina."
Murenzi Abdullah yasabye abakunzi ba Rayon Sports ko bakwiye kuza kuyishyigikira ku buryo ubururu n'umweru ari bwo buziganza cyane muri Stade.
Rayon Sports iheruka kunganya na APR FC 0-0 mu mukino wa Shampiyona, kuri ubu yamaze kugarura abakinnyi bayo bane bari bafite uburwayi barimo; Uranzanye Tshimanga, Kwizera Olivier, Ndikumana Asman na Youssou Diagne.
Perezida wa Rayon Sports Murenzi Abdallah yatangaje ko derby itsindwa batayikina, ibi yabigarutseho mbere yo guhura na APR FC
