Ni urubanza rwabaye nyuma y’uko ku wa Mbere w’icyumweru gishize arusubikishije avuga ko atiteguye kuburana mu gihe nta mwunganizi mu mategeko yari afite icyo gihe.
Uyu munsi, yagaragaje ko ibyo yakoze yabitewe n’uburakari bw’ako kanya ndetse asaba imbabazi yungamo asaba urukiko ko rwategeka akarekurwa hanyuma agakurikiranwa ari hanze.
Yemereye Urukiko ko ku wa 27 Werurwe 2026 haje abantu bayobowe n'ushinzwe imiturire mu murenge wa Jabana, bahasanga Niyigaba Clement na mugenzi we Anatole Uragiwenimana ari na we wari wanditse ku cyangombwa.
Niyigaba Clement yavuze ko yinginze ushinzwe imiturire ko bareka bagasakara undi aramutsembera. Yavuze bari bamaze gukoresha
miliyoni 58 Frw ku nyubako. Niyigaba Clement yasabye ko bakwisenyera nibura bakagira icyo baramira nka 'block cement'.
Ushinzwe imyubakire mu murenge yasabye ko bishyura abari baje gusenya asaga 70,000 Frw. Niyigaba Clement yavuze ko batangiye kwisenyera. Ushinzwe imyubakire mu murenge witwa Mutangana Victor yemeranyije na Niyigaba Clement ko bazafata iminsi 15 yo kwisenyera.
Nyuma y'iminsi 2 ku wa 31 Werurwe 2026 ni bwo ikipe y'umurenge, Dasso, Polisi, abanyerondo baraje bamusaba ko bareka ubuyobozi bukisenyera kuko bo barimo batinda.
Aho niho Niyigaba Clement yabwiye Anatole Uragiwenimana ko yabareka bagasenya. Bigiriye inama yo kujya mu kigo cy'igihugu cy'ubutaka guhinduza icyangombwa.
Niyigaba Clement yafashwe n'ikiniga ararira abwira Urukiko ko bigeze kwishyurira ubwisungane mu kwivuza abaturage basaga 1000 batuye aho ishuri ryabatse. Bageze ku gikuta, Niyigaba Clement yavuye mu modoka arasohoka afata amashusho y'abari gusenya.
Ushinzwe imyubakire mu murenge yabwiye abari kubaka inzu ko 'Nimuze tugende turasoje'. Niyigaba Clement yegereye uwo muyobozi amubwira ko asenye inzozi ze. Ati: "Nagiye nshaka kumufata mu ijosi. Abaturage barankuruye, igipesu cy'uwo muyobozi cyaracitse".
Ushinzwe imyubakire mu murenge witwa Mutangana Victor yagiye mu mudoka, Clement yaramusanze. Asagarira Mutangana Victor, ikirahure cyaramenetse. Imodoka yaragiye yari itwaye Mutangana Victor nuko byarangiye.
Niyigaba Clement yabwiye Urukiko ko yavutse mu 1996 akaba nta yindi Leta azi nta mpamvu yo kumushinja kwangisha abaturage ubutegetsi. Yerekanye ko nyuma yo gufungwa yanasabye imbabazi abo yahemukiye barimo n’ushinzwe imyubakire mu murenge wa Jabana ariko gitifu w’umurenge we yanze kumubabarira.
Niyigaba Clement yasabye Urukiko ko ibyo yakoze byatewe n'umujinya akaba asaba ko yarekurwa akajya kwita ku muryango. Yatanze ingwate y'inzu ya miliyoni 150 Frw iri mu Busanza mu mujyi wa Kigali.
Niyigaba Clement yavuze ko bibarutse impanga kandi ko umugore we yarwaye umugongo. Yavuze ko atabasha kwicara ngo yambike umwana, kandi ko nta kintu abasha gukora.
Abana bafite ubushake bwo kurya 'Apetit' nibura bakoresha 400,000 ku Cyumweru. Yasabye ko yarekurwa akajya kuvuza umugore.
Muri uru rubanza yunganiwe Me Dative Uwizeyimana na Me Bayisabe Irene, bifashishije ingingo z’amategeko mu kugaragaza ko uwo bunganira yakurikiranwa adafunzwe.


