Amakuru
agera kuri InyaRwanda agaragaza ko kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 2 Gicurasi
2026, we n’abamwunganira mu mategeko bamaze kugeza ubujurire bwabo mu Rukiko
Rwisumbuye rwa Gasabo, bajuririra icyemezo cyafashwe.
DC
Clement akurikiranyweho ibyaha birimo gukubita cyangwa kugirira urugomo
abayobozi mu nzego za Leta, kwangiza cyangwa konona ikintu cy’undi, kurwanya
ububasha bw’amategeko no guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda.
Ku
wa 30 Mata 2026, ni bwo Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo rwemeje ko akomeza
gukurikiranwa afunze, rugaragaza ko hari impamvu zikomeye zishingiye ku byaha
akekwaho, ndetse no kuba yarabyiyemereye mu iburanisha.
Mu
iburanisha ryabaye ku wa 27 Mata 2026, Niyigaba yemeye ibyaha byose ashinjwa, anabisabira
imbabazi, avuga ko yabitewe n’umujinya watewe n’uko inyubako z’ishuri yari
afatanyije n’undi kubaka zasenywaga, ibintu yavuze ko yabonaga nk’akarengane.
Gusa
urukiko rwagaragaje ko kuba yemera ibyaha ari kimwe mu bimenyetso bikomeye
bituma akomeza gukurikiranwa, rwanashimangiye ko nta mpamvu zifatika yatanze
zatuma aburana adafunze.
Nubwo
yari yagaragaje ko afite umuryango ukeneye ubufasha bwe, harimo n’impanga
aherutse kwibaruka n’umugore we ufite ibibazo by’umugongo, urukiko rwasanze nta
gihamya gihagije yatanze kigaragaza ko kuba afunze byagira ingaruka zikomeye ku
muryango we.
Hashingiwe
kuri ibyo byose, urukiko rwanzuye ko akomeza gukurikiranwa afunze mu gihe
cy’iminsi 30 y’agateganyo.
Niyigaba yatawe muri yombi ku wa 31 Werurwe 2026, nyuma yo gushyira ku rubuga nkoranyambaga rwa X amashusho agaragaza inyubako z’ishuri riherereye mu Murenge wa Jabana, Akarere ka Gasabo, avuga ko ziri gusenywa mu buryo yabonaga nk’akarengane.

DC
Clement yajuririye icyemezo cyo gukomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo,
dosiye ye ijyanwa mu Rukiko Rwisumbuye rwa Gasabo
