DC Clement agiye kwitaba Urukiko

Imyidagaduro - 14/04/2026 11:45 AM
Share:

Umwanditsi:

DC Clement agiye kwitaba Urukiko

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi cyane ku izina rya DC Clement agiye gutangira kuburanishwa ku byaha bitandatu akurikiranyweho, mu rubanza ruzaba mu cyumweru gitaha.

Amakuru InyaRwanda yamenye avuga ko DC Clement azitaba urukiko ku wa Mbere tariki ya 20 Mata 2026, saa tatu za mu gitondo, imbere y’Urukiko rw’Ibanze i Kibagabaga mu Karere ka Gasabo.

DC Clement akurikiranyweho ibyaha birimo kwangiza ibintu by’undi ku bushake, guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda, kurwanya ububasha bw’amategeko, gukoza isoni abayobozi b’igihugu n’abashinzwe imirimo rusange, ndetse no gukubita cyangwa gukoresha urugomo abayobozi bo mu nzego za Leta.

Ifatwa rye ryakurikiye ubutumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga, agaragazamo ko yakorewe akarengane mu gusenyerwa inyubako yari ahuriyeho na bagenzi be, harimo n’iyubakwa ry’ishuri.

Mu butumwa bwe, DC Clement yavuze ko yahuye n’akarengane, ashinja ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo gutegeka ko inyubako isenywa nta nteguza ndetse atahawe umwanya wo kwisobanura.

Yagize ati: “Umusore w’imyaka 29 agakora ibishoboka byose ngo afashe Leta gukemura bimwe mu bibazo aho kugira ngo Leta imufashe ahubwo ikamusenyera…”

Yakomeje asobanura ko mu 2024 batangiye ishuri rifite abanyeshuri 50, rikaza kugera ku barenga 180 mu 2025, ndetse ko basabwe gukomeza kwagura ibikorwa nyuma y’isuzuma ryakozwe n’inzego zibishinzwe.

Gusa, mu gusubiza kuri ibi byose, Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Emma Claudine, yagaragaje ko ikibazo gishingiye ku kutubahiriza ibisabwa mu byangombwa byo kubaka.

Yasobanuye ko uwubakaga yari yahawe uruhushya rwo kuvugurura inzu ishaje, ariko aho kuyisana akayihinduramo inyubako nshya itari yemewe, ndetse ko hubatswe n’inyubako z’ishuri zidafite ibyangombwa.

Ati: “Ntabwo byemewe kubaka ishuri nta ruhushya. Iyo umuntu atubahirije ibisabwa, ahanishwa gukuraho ibyo yubatse.”

Yanongeyeho ko ahubatse ari mu gace kagenewe ubuhinzi ku gishushanyo mbonera cy’Umujyi wa Kigali, bityo hatemerewe inyubako z’igihe kirekire.

Umujyi wa Kigali wasabye abaturage bose gukurikiza amategeko agenga imyubakire, birinda ibihano n’ibihombo, unibutsa ko hubatswe uburyo bw’ikoranabuhanga bufasha gutahura inyubako zubatswe mu buryo butemewe.

DC Clement yatawe muri yombi ku wa 31 Werurwe 2026, afungirwa kuri sitasiyo ya RIB ya Rusororo.

DC Clement agiye kwitaba Urukiko ku wa 20 Mata 2026 akurikiranyweho ibyaha bitandatu birimo kwangiza ibintu no guteza imvururu muri rubanda


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...