Déborah Djema wari guserukira Congo muri Miss Universe yambuwe ikamba

Imyidagaduro - 04/09/2025 6:14 AM
Share:

Umwanditsi:

Déborah Djema wari guserukira Congo muri Miss Universe yambuwe ikamba

Déborah Djema, wari wegukanye ikamba rya Miss Universe DR Congo 2025 mu cyumweru gishize, yamaze kwamburwa iri kamba nyuma yo kwanga gushyira umukono ku masezerano yemewe na Miss Universe International.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa Kabiri, tariki 2 Nzeri 2025, n’abategura Miss Universe RDC, hagaragajwe ko Déborah Djema atemerewe kongera kwitwaza ikamba yari yegukanye cyangwa kwiyitirira iri rushanwa.

Komite ya Miss Universe DR Congo yavuze ko icyatumye hafatwa iki cyemezo ari uko Déborah yanze gusinya amasezerano asabwa ku rwego mpuzamahanga, akavuga ko “atagendanye n’ibyo yifuza kandi adakwiye”.

Ubuyobozi bw’iri rushanwa bwagize buti “Aya masezerano ntabwo ari ibyo guhindukwa ku bushake bw’umukobwa watsinze, ahubwo ategurwa kandi ashyirwaho na Miss Universe International. Kwanga kuyasinya bishobora gutuma igihugu (RDC) gikurwamo burundu mu irushanwa rya Miss Universe.”

Nyuma yo kwamburwa ikamba, Déborah Djema yasabwe ko mu gihe kitarenze amasaha 48 akuraho ku mbuga nkoranyambaga ze amafoto, amashusho, ibirango cyangwa ibindi byose byerekana ko akiri Miss Universe RDC.

Itangazo ryongeraho ko naramuka atabikoze, ashobora gukurikiranwa mu nkiko ku cyaha cyo gukoresha mu buryo bunyuranyije n’amategeko umutungo w’ubwenge w’iri rushanwa.

Kugeza ubu, ntiharamenyekana uzahagararira Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu irushanwa rya Miss Universe rizaba mu minsi iri imbere.

Abategura Miss Universe RDC batangaje ko bazakomeza gukurikiza amategeko y’iri rushanwa mpuzamahanga, n’ubwo byaba bisaba kwambura ikamba umukobwa wari umaze kuryegukana.

Déborah Djema afite impamyabumenyi zitandukanye, zirimo ‘Master’s’ mu bucuruzi bushingiye ku ikoranabuhanga, akagira n’impamyabumenyi ya ‘applied foreign languages’ yakuye muri Sorbonne Université Paris. Anafite Impamyabumenyi z’ubumenyi bw’umuco w’Abashinwa, ubumenyi bwa politiki, n’ubucuruzi.

Avuga neza Igifaransa, Igishinwa, Icyongereza, Icyesipanyoli, ndetse na Lingala. Yakanguriye ko kugira ngo ushobore kumenya neza umuco runaka, ukwiye no kumenya ururimi rwawo.

Yari afite umushinga wo guteza imbere ikoranabuhanga mu rubyiruko, cyane cyane mu gucunga neza amakuru, agamije ko RDC Congo yaba imwe mu bihugu by’imbere mu ikoranabuhanga muri Afurika y’Iburasirazuba muri myaka 5 iri imbere, kandi ko mu myaka 10 ishobora no kuba kimwe mu bihugu bikomeye ku isi. Yavuze ko inama mu rubyiruko ari ukwizera impano bafitiye akamaro

Déborah Djema yatorewe kuba Miss Universe DR Congo 2025 ku italiki ya 22 Kanama 2025. Yari kuzahagararira RDC mu irushanwa mpuzamahanga rya Miss Universe rizabera muri Thailand mu Ugush 2025

 

Déborah Djema wari wegukanye ikamba rya Miss Universe DR Congo 2025, yaryambuwe k’urwego rwa komite nyuma y’iminsi mike atoranyijwe

 

Komite ya Miss Universe DR Congo yatangaje ko Déborah Djema atakiri Miss Universe RDC 2025 kubera kwanga gusinya amasezerano ya Miss Universe International

 

Amafoto ya Déborah Djema yasabwe gukurwaho mu masaha 48 nk’uko biteganywa n’itegeko ryashyizweho n’abategura Miss Universe RDC

 

Déborah Djema wambitswe ikamba ku wa 22 Kanama 2025, yaryambuwe ku itariki ya 2 Nzeri 2025 nyuma yo kutubahiriza amategeko y’irushanwa



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...