Davis D yajyanye n’umubyeyi we gutaramira i Bukavu, umujyi ugenzurwa na M23

Imyidagaduro - 31/10/2025 6:49 AM
Share:

Umwanditsi:

Davis D yajyanye n’umubyeyi we gutaramira i Bukavu, umujyi ugenzurwa na M23

Mu gihe benshi bakomeje kwibaza uko umuziki nyarwanda ukomeje kwaguka mu bihugu bitandukanye, umuririmbyi Icyishaka Davis uzwi cyane nka Davis D yongeye kwandika amateka mashya, ubwo yerekezaga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho agiye gutaramira bwa mbere mu Mujyi wa Bukavu.

Ni urugendo rudasanzwe uyu muhanzi yakoze mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 31 Ukwakira 2025, aho yahagurutse i Kigali ari kumwe n’umubyeyi we (Se), umujyanama we Bagenzi Bernard, Uhujimfura Claude (umujyanama wa Bwiza), ndetse na Amani Africa ushinzwe ibijyanye no gutegura igitaramo cye.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Davis D yavuze ko uyu munsi ufite umwihariko kuri we, kuko ari bwo bwa mbere ajyanye na Se mu rugendo rw’akazi.

Ati: “Ni igitaramo cy’iminsi ibiri. Kizaba kuri uyu wa Gatanu no ku wa Gatandatu, tariki 1 Ugushyingo 2025. Twagiye turi itsinda ry’abantu batanu. Ni iby’agaciro kuri njye kuba ngiye n’umubyeyi wanjye, ni ibintu by’umwihariko.”

Yongeyeho ko we n’abamuherekeje bizeye ko igitaramo kizagenda neza, kuko cyateguwe mu buryo bw’umwuga kandi kirimo n’ubufatanye n’inzego z’umutekano za Congo.

Umujyi wa Bukavu ni umurwa mukuru w’intara ya Kivu y’Amajyepfo, ukaba umwe mu mijyi ifite amateka akomeye mu burasirazuba bwa Congo. Uherereye hafi y’umupaka uhuza Congo n’u Rwanda, ku ntera y’amasaha make uvuye mu mujyi wa Rusizi.

Ni umujyi wubatse ku misozi n’amakombe y’ikiyaga cya Kivu, uzwiho kuba icyicaro cy’ubukerarugendo n’ubukungu, ndetse n’ahantu habereye ibikorwa binyuranye. Ariko kandi, Bukavu yabaye kamwe mu duce twagiye tuberamo imirwano myinshi hagati ya M23 n’ingabo za Leta ya Congo.

Kuva ku wa 14 Gashyantare 2025, umujyi wa Bukavu wagiye mu maboko y’umutwe wa M23, nyuma y’imirwano yabereye mu burasirazuba bw’iki gihugu, ibintu byahise bihindura isura y’ubuzima n’ubucuruzi muri aka gace.

Ni muri ayo mateka Davis D agiye kwinjiramo nk’umuhanzi wa mbere uturutse mu Rwanda ugiye kuhakorera igitaramo, nyuma y’uko uyu mujyi ufashwe na M23.

Davis D amaze kuba umwe mu bahanzi nyarwanda bafite izina rikomeye mu karere, binyuze mu ndirimbo zakunzwe nka Biryogo, Micro, Itara, Hennessy, na Eva.

Uyu muhanzi wubatse umuziki we ku murongo w’urukundo n’uruhare mu guhindura imyumvire y’urubyiruko, yagiye arangwa no guhuza ibikorwa bye n’icyerekezo cyo gukorera mu karere, no mu bindi bihugu.

Davis D yafashe urugendo rudasanzwe yerekeza i Bukavu, aho agiye gutaramira bwa mbere muri Congo ari kumwe na Se

 

Umuhanzi Davis D yagaragaje ibyishimo byo kujyana na se mu rugendo rw’akazi rw’umwihariko muri Bukavu

 

Davis D n’abamuherekeje barimo Bagenzi Bernard na Uhujimfura Claude, Amani berekeje mu Mujyi wa Bukavu

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'LOLO' YA DAVIS D NA LOADER


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...