Davis D yageze i Dubai, aserukana umwambaro yahawe n'umufana–AMAFOTO

Imyidagaduro - 25/10/2025 8:41 AM
Share:

Umwanditsi:

Davis D yageze i Dubai, aserukana umwambaro yahawe n'umufana–AMAFOTO

Umuhanzi w’umunyarwanda Icyishaka Davis wamamaye nka Davis D, umaze kwamamara mu ndirimbo zitandukanye, yageze mu Mujyi wa Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, aho agiye gukora ibitaramo ndetse n’ibikorwa byo kwamamaza Album ye.

Uyu muhanzi wageze ku kibuga cy’indege ari kumwe n’itsinda rimufasha, yagaragaye yambaye umwambaro wanditseho izina rya “Afro Killer”, risobanura imvugo iri gukoreshwa mu bikorwa byo gukomeza kumenyekanisha Album ye. Ibi byerekana ko n’ubwo ari mu rugendo, atibagiwe ibikorwa byo kwamamaza umushinga we mushya mu muziki.

Davis D kandi yagaragaye afite indabo mu ntoki, ikimenyetso cy’urukundo n’ikaze yahawe n’abamufana muri icyo gihugu, ndetse n’abarimo Batman wamutumiye mu gitaramo akorera muri iki gihugu.

Album ye iri mu zitegerejwe cyane, kuko ije nyuma y’uko amaze igihe agaragaza ubukure mu bihangano bye, harimo n’indirimbo zakunzwe nka “Dede”, “Micro”, “Hennessy” n’izindi.

Biteganyijwe ko mu minsi iri imbere Davis D azakorera ibitaramo muri Dubai, bigamije kumenyekanisha ibikorwa bye no gusangiza abakunzi b’umuziki we ubuhanga bwe ku rwego mpuzamahanga. Ariko kandi igitaramo cye cya mbere aragikorera mu Mujyi wa Dubai, kuri uyu wa Gatandatu tariki 25 Ukwakira 2025.

Yabwiye InyaRwanda, ko umwambaro yambaye ugaragaza Album ye yawuhawe n'umufana we akigera i Kigali. Ati "Ni impano y'umufana wanjye, ariko turi kugerageza kureba ko hasohoka n'indi mipira imeze nk'uriya itandukanye kugirango igere kuri benshi. Nambaye uriya mupira mu rwego rwo guha agaciro umufana wanjye wampaye impano."

Batman wateguye iki gitaramo aherutse kubwira InyaRwanda, ko yatumiye Davis D muri iki gitaramo kubera impamvu zinyuranye.

Ati “Impamvu twatumiye Davis D ni uko abakunzi be benshi badusabye twamuzana akabataramira i Dubai. Kandi gahunda yanjye ni ugushyigikira umuziki w’Abanyarwanda, n’ubwo nshyize imbere guteza imbere Hip Hop ariko icya mbere ni umuziki w’Abanyarwanda.”

Akomeza agira ati “Twarahuye, turaganira ambwira uburyo ategura ibitaramo mu Bufaransa, kandi ari we wateguye ibitaramo Davis D na Chriss Eazy bakoreye mu Bufaransa. Twumvikanye ko twafatanya gukomeza guteza imbere umuziki wacu, maze twemeza ko Davis D ari we tuzatangira na we muri iki gitaramo.”

Davis D yaserukanye umwambaro wanditseho “Afro Killer”, risobanura izina riri kwamamaza Album ye ya mbere 

Abamufana bamwakiriye bamuhaye indabo, nk’ikimenyetso cy’urukundo n’ikaze muri iki gihugu 

Davis D ari kumwe na Batman [Uwa kabiri uvuye ibumoso] wamuhamagariye gutaramira muri Dubai mu gitaramo cy’imbaturamugabo 

Album ya Davis D iriho ibihangano bye byakunzwe nka “Dede”, “Micro” na “Hennessy”


Uyu muhanzi avuga ko agambiriye gukomeza kwagura umuziki nyarwanda ku rwego mpuzamahanga

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO 'LOLO' YA DAVIS D NA PRODUCER LOADER


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...