Davido yongeye kuvugisha benshi ku bukire bwe n’umutungo wa se

Imyidagaduro - 04/09/2026 8:03 AM
Share:

Umwanditsi:

Davido yongeye kuvugisha benshi ku bukire bwe n’umutungo wa se

Umuhanzi w’icyamamare wo muri Nigeria, Davido, yongeye kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gusubiza mu buryo bukakaye abantu bamunenga kubera ubukire bw’umuryango akomokamo.

Davido yanditse ubutumwa ku rubuga rwe rwa X, aho yavuze ko atazagira ipfunwe ryo kwishimira amafaranga yakuye mu bikorwa bye bwite ndetse n’umutungo w’umuryango we, cyane ko se ari umuherwe.

Uyu muhanzi yavuze ko afite uburenganzira bwo gukoresha no kwishimira amafaranga yinjije binyuze mu muziki ndetse n’umutungo yakomoye kuri se, ibyo bamwe bakunze kwita amahirwe yo kuvuka mu muryango ukize.

Mu butumwa bwe, Davido yanenze cyane abababazwa n’uko afite ayo mahirwe, ababwira mu magambo akomeye ko niba kubaho kwe mu bukire bw’umuryango bibababaza, bakwiye ati: “Genda ukubite so w’umukene.”

Aya magambo ye yakwirakwiye cyane ku mbuga nkoranyambaga, bituma abakoresha imbuga nkoranyambaga batangira impaka zitandukanye ku bijyanye n'ubukire umuntu avana mu muryango avukamo, amahirwe yo kuvuka mu muryango ukize ndetse n’umurimo umuntu akora kugira ngo yongere umutungo w’umuryango.

Bamwe bashyigikiye Davido bavuga ko kuba yaravukiye mu muryango ukize atari ikosa rye, mu gihe abandi banenze imvugo yakoresheje bavuga ko kuba umuntu afite amahirwe y’umuryango bidakwiye gutuma asuzugura abantu badafite ayo mahirwe.


Davido yongeye kuvugisha benshi ku bukire bwe n’umutungo wa se


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...