Mu
butumwa yanyujije ku rubuga rwa X mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 13
Gashyantare 2026, Davido yahakanye amakuru yavugwaga ko yari yasabye ko ahabwa
uburere bwuzuye (sole custody) bw’umukobwa we.
Yavuze
ko icyo yasabaga ari uburere busesuye (joint custody), aho we n’umubyeyi wa
Imade bombi baba bafite uburenganzira busesuye ku mwana wabo.
Yagize
ati: “Sinigeze nsaba uburenganzira bwuzuye… Nasabye uburere busesuye. Nta
watsinze, nta n’uwatsinzwe, ahubwo uwabigizemo igihombo ni Imade… sinzi impamvu
hari ababifata nk’ibyo kwishimira. Nta cyo kwishimira kirimo.”
Uyu
muhanzi yavuze ko yafashe icyemezo cyo kwikura muri uru rubanza nyuma y’uko mu
iburanisha havuzwemo umuhungu we witabye Imana, ibintu yavuze ko
byamukomerekeje cyane ku mutima.
Ati:
“Nafashe icyemezo cyo kubivamo kuko… bageze aho bakina ku ikarita yabo ya
nyuma! Umuhungu wanjye witabye Imana! Ibyo si byo! Ni igikorwa cyo hasi cyane!”
Davido
yakomeje ashimangira ko ibyo yakoze byose yabitewe n’urukundo n’inshingano
afite nk’umubyeyi. Yavuze ko n’ubwo hari ababyumva ukundi, umukobwa we azakura
azi ko se yamurwaniye.
Ati:
“Umukobwa wanjye azakura azi ko namurwaniye… reka dukomeze ubuzima.”
Si
aho byagarukiye kuko no ku rukuta rwe rwa Instagram yanenze bikomeye abamwunganiraga
mu rubanza rw’uruhande rw’uregwa, abashinja imyitwarire idahwitse mu rukiko.
Yavuze
ko mu iburanisha hari aho byageze akigisha umunyamategeko ibyo akwiye gukora,
mbere y’uko uwo munyamategeko aza kuvuga ku mwana we witabye Imana, ibintu
yavuze ko bidakwiye kubaho.
Yagize
ati: “Nagukojeje isoni mu rukiko… nakwigishaga akazi kawe… hanyuma uza kuvuga
ku muhungu wanjye. Nk’uko nabivuze mu rukiko, nsengera ko utazigera unyura mu
byo njye n’umugore wanjye twanyuzemo.”
Aya
magambo ya Davido yakurikiye ubutumwa bwari bwatanzwe na Maruf Muhammed,
umunyamategeko ukorera i Lagos, wagaragaje ko mu Rukiko Rukuru rwa Leta ya
Lagos, habayeho impaka zikomeye.
Yanditse
ati: “Davido ari mu Rukiko Rukuru! Ngwino urebe ibiri kubera mu rukiko.
Umunyamategeko yamubajije ibibazo bikomeye mu ibazwa bigatuma atakaza ituze […]”
Nyuma
yaho, byasobanuwe ko uru rubanza rwari rujyanye no kumenya inshingano akwiye
kugira ku mukobwa, Imade.
Mu
minsi ishize, Imade yagaragaye ari kumwe na se bishimanye, nyuma yo kwegukana
irushanwa ry’impano ryashimishije benshi.
Icyo
gihe abafana bagaragaje ko bishimiye kubona umubano mwiza hagati ya se
n’umukobwa we, n’ubwo ibibazo by’uburere bw’uyu mwana bikomeje kuba ku isonga
mu itangazamakuru.
Uru
rubanza rwari rumaze igihe hagati ya Davido n’umubyeyi wa Imade rukomeje
gukurikirwa n’abatari bake, benshi bakomeza gusaba ko habaho ubwumvikane no
kurera umwana mu mahoro, hagashyirwa imbere inyungu ze kurusha izindi nyungu
zose.
Davido
afite umugore witwa Chioma Avril Rowland, babana mu buryo bwemewe n’amategeko,
kandi bamaze igihe bakundana. Ariko Imade, ni umukobwa yabyaranye n’undi mugore
batabana muri iki gihe.

Davido
yafashe icyemezo cyo kwikura mu rubanza rufatiye ku kugomba kwita ku mwana
yabyaye witwa Imade. Avuga ko yabikoze kubera urukundo n’inshingano
