Davido
yagarutse kuri iyi nkuru mu kiganiro cy’amateka y’injyana ya Afrobeats, aho
yasobanuye uko yahuye n’ikibazo cyo guhitamo hagati yo gukomeza amashuri no
gukurikirana umuziki wari umaze kumwinjiramo cyane.
Uyu
muhanzi yavuze ko icyo gihe yabanje kubaza Wizkid na Wande Coal uko bashoboye
kuva mu mashuri bakibanda ku muziki, kuko na we yari amaze kubona ko umuziki
ushobora kuba umwuga we w’igihe kirekire.
Davido
yavuze ko aba bahanzi bombi bamugiriye inama ko kugira ngo umuntu areke
amashuri akajya mu muziki, aba agomba kuba amaze kugira aho agera ku buryo
umuziki we umwinjiriza kandi ukamumenyekanisha.
Yagize
ati: “Nabajije Wizkid na Wande Coal uko baretse amashuri bakajya gukora
umuziki. Bambwiye ko uburyo bumwe ari ukubanza kumenyekana cyane. Nari nzi ko
papa atari kunyemerera kubireka, ariko ubwo indirimbo ‘Dami Duro’ yakundwaga
cyane, sinongeye kubasha gukomeza amashuri.”
Indirimbo
‘Dami Duro’ ni imwe mu ndirimbo zagize uruhare rukomeye mu kumenyekanisha
Davido mu ntangiriro z’umwuga we wa muzika.
Nyuma
yo kubona ko indirimbo ye iri kumenyekana cyane, Davido yasanze umuziki umusaba
umwanya munini, mu gihe se yashakaga ko akomeza amashuri.
Uyu
muhanzi yari asanzwe azi ko se atari kumwemerera guta amashuri ngo ahite
yibanda ku muziki, ari na yo mpamvu yabanje gushaka kumenya uko abandi bahanzi
bari barabigenje.
Icyakora,
kuba ‘Dami Duro’ yarakunzwe cyane byatumye ibintu bihinduka, Davido agera aho
adashobora gukomeza guhuza neza amasomo n’ibikorwa bya muzika.
Nubwo
Davido yari amaze kubona intambwe ikomeye mu muziki, urugendo rwe rw’amashuri
ntirwahise rurangira.
Nyuma
y’igihe gito, yaje kongera gusubira ku ishuri nyuma yo kugirana amasezerano na
se yari agamije kumufasha gukomeza amashuri ariko ntahagarike inzozi ze zo
gukora umuziki.
Muri
ayo masezerano, Davido yemeye gusubira ku ishuri, mu gihe se na we yamwemereye
kugira ‘studio’ yo gufashamo umuziki ndetse amuha uburenganzira bwo gukomeza
gukurikirana umwuga we w’ubuhanzi.
Ibi
byatumye Davido abasha guhuza ibintu bibiri byari byaramubereye ikibazo:
gukomeza amashuri no kubaka umwuga we wa muzika.
Urugendo
rwe rwo guhuza amashuri na muzika rwaje gutuma Davido arangiza Kaminuza, nubwo
icyo gihe yari amaze kuba umwe mu bahanzi bakomeye bari batangiye kwigarurira
imitima y’abakunzi ba Afrobeats.
Mu
2015, Davido yarangije muri Babcock University yo muri Nigeria, ahakura
impamyabumenyi y’icyiciro cya mbere cya Kaminuza mu bijyanye n’umuziki.
Inkuru
ye igaragaza urugendo rw’umuhanzi wagiye ahura n’ikibazo cyo guhitamo hagati
y’amashuri n’umuziki, ariko akaza kubona uburyo bwo kubihuza.
Uyu munsi, Davido ari mu bahanzi b’Abanyafurika bafite izina rikomeye ku rwego mpuzamahanga, mu gihe urugendo rwe rwo mu ntangiriro rwari rwaranzwe no gushaka kumenya uko yakomeza amashuri ataretse gukurikira inzozi ze za muzika.

Davido
yavuze ko Wizkid na Wande Coal bamugiriye inama yo guhuza umuziki n’urugendo rw’amasoo
