Ubu butumwa bw’uyu muhanzi buje nyuma
y’uko imyigaragambyo yo kwamagana ruswa no kwibutsa ibihe byaranze urugamba
rw’urubyiruko mu mwaka ushize yongeye kubura imvururu. Iyi myigaragambyo yabaye
tariki 25 Kamena 2025, umunsi waranzwe n’ubwicanyi n’ivangura ry’inzego
z’umutekano, nk’uko byatangajwe n’imiryango irengera uburenganzira bwa muntu.
Nk’uko bitangazwa na Amnesty International
na Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu ya Kenya, abantu nibura 16 bishwe naho
abandi basaga 400 barakomereka, barimo abigaragambya, abapolisi n’abanyamakuru.
Abakomeretse bamwe barashwe amasasu ya
nyayo, abandi barakubiswe cyangwa barakomeretswa n’amasasu ya ‘rubber’, ibintu
byagaragaye cyane mu murwa mukuru Nairobi.
Polisi yakoresheje ibyuka biryana mu maso
n’imigeri, ihangana n’abigaragambya bari bazindukiye mu mihanda bibuka abishwe
mu myigaragambyo nk’iyi yabaye umwaka ushize ubwo urubyiruko rwamaganaga
izamuka ry’imisoro
“Ruto
agomba kugenda!”
Abigaragambya bitwaje amabendera ya Kenya
n’amashusho y’abo barimo kwibuka, bahamagariraga Perezida William Ruto kwegura,
bavuga ko yananiwe guha abaturage ibyo yabemereye.
Eve, umukobwa w’imyaka 24, yabwiye
itangazamakuru ati: “Ndi hano nk’Umunya-Kenya ukiri muto, ndimo kwigaragambya
ku bw’abacu bishwe umwaka ushize. Polisi ikwiye kuturinda, si uku kutwica.”
Na ho Angel Mbuthia, uhagarariye
urubyiruko mu ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi rya Jubilee, yavuze ati: “Tariki
25 Kamena ifite agaciro gakomeye ku rubyiruko, kuko ni bwo twabuze abantu bameze
natwe, bavugaga nkacu, barwaniraga imiyoborere myiza.”
Imyigaragambyo
ikomeje mu gihugu hose
Imyigaragambyo ntiyagarukiye muri Nairobi.
Yageze no mu mijyi nka Matuu, Kikuyu, Mombasa, Kitengela, Kisii na Nyeri, aho
havuzwe imvururu hagati y’abigaragambya na polisi.
Inzira zinjira mu mujyi rwagati wa Nairobi
zafunzwe, ibigo bya Leta birinzwe n’imizigo y’icyuma (razor wire), ndetse hari
n’inkiko zatwitswe n’abigaragambya mu gace ka Kikuyu.
Guverinoma ya Kenya yategetse televiziyo
na radiyo guhagarika gutangaza imyigaragambyo mu buryo bwa live, ibintu
byamaganywe n’abaharanira ubwisanzure bw’itangazamakuru.
Uru rubuga rwa Telegram rwarabujijwe
gukoreshwa nk’uko byatangajwe n’ikigo NetBlocks, naho televiziyo KTN ya Nation
Media Group nayo yakuwe ku kirere mu gihe itangazaga imyigaragambyo.
Iyi myigaragambyo ibaye nyuma y’urupfu rwa
Albert Ojwang, umwarimu n’umubwanditsi w’imyaka 31, wapfiriye muri kasho nyuma
yo kunenga umupolisi mukuru. Aba-Polisi batatu n’abandi batatu bashinjwa
uruhare mu rupfu rwe bagejejwe imbere y’ubutabera, bose bavuga ko ari abere.
Abigaragambya bavuga ko polisi ikomeje gukorana n’abitwa “goons” – abagabo bambaye gisivile batega moto bafite imihoro n’ibibando – bagatoteza abigaragambya ku buryo buteye ubwoba.
Umwuka
mubi hagati ya Ruto n’urubyiruko
Perezida Ruto, watowe mu 2022 yiyemeje
kugeza iterambere ku baturage, akomeje kunengwa n’urubyiruko rumushinja
uburiganya, ruswa, n’izamuka ry’imisoro.
Nubwo yakuyeho umushinga w’itegeko
ry’imisoro nyuma y’imyigaragambyo y’umwaka ushize, abenshi bavuga ko nta
mpinduka zagaragaye.
Ibura ry’abantu barenga 80 kuva mu mwaka
ushize, bamwe bagafatwa n’inzego z’umutekano bakaburirwa irengero, bikomeje
guteza ubwoba abaturage.
Mu ijambo yavugiye kuri televiziyo, Ruto
ntiyigeze yicuza. Ahubwo yagize ati: “Ntabwo dushobora kwihanganira abantu
barwana n’abapolisi cyangwa babatuka. Mwibasira igihugu cyacu.”
Ibihugu by’Iburengerazuba nka Leta Zunze
Ubumwe za Amerika, U Bwongereza na Canada byasohoye itangazo bisaba ko
imyigaragambyo yemererwa, igakorwa mu ituze, kandi Leta ikareka gutoteza
abaturage.
Baranenze bikomeye imikoreshereze
y’abapolisi batambaye impuzankano, binjira mu bantu batamenyekanye, bagatwara
abaturage mu modoka zitanditseho ikimenyetso na kimwe.
Imyigaragambyo yo ku ya 25 Kamena
yagaragaje ko urubyiruko rwa Kenya rutazemera gukomeza kuyoborwa n’ubutegetsi
burangwa no gucecekesha abatavuga rumwe naryo.
Davido, kimwe n’abandi bantu benshi ku
Isi, yerekanye ko afitiye impuhwe abaturage ba Kenya n’uburenganzira bwabo bwo
gutanga ibitekerezo mu bwisanzure no mu mahoro.
Urubyiruko rwiraye mu mihanda rwamagana
ubutegetsi bwa Perezida William Ruto
Abarenga 16 baguye mu myigaragambyo yabaye
kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Kamena 2025
Iyi myigarambyo ibaye, urubyiruko rwibuka bagenzi be babo umwaka ushize batangije urugendo nk’uri rwo kwamagana ubutegetsi