Kwinjira
muri uyu muryango bituma Davido agira ububasha bwo gutora no kugira uruhare mu
kugena abahanzi n’ibihangano by’indirimbo bizajya bihatanira ibihembo, ndetse
n’abazabihabwa. Ni inshingano zikomeye kuko Grammy Awards ari byo bihembo bya
mbere bikomeye ku isi mu ruganda rw’umuziki.
Mu
mashusho yashyizwe hanze na Recording Academy, Davido yagize ati “Uyu ni
umwanya uzahindura byinshi. Nize ko gutora bituma umuntu agira ijambo mu
guhitamo ibyo buri mwaka bigomba kwitabwaho kandi bigashyirwa imbere.”
Yongeyeho
ko ari ishema rikomeye kuri we kuba yabaye umwe mu banyamuryango b’iri
shyirahamwe, kandi ko yiteguye kuzagira uruhare rugaragara mu matora ategura
ibi bihembo.
Davido
yahataniye ibi bihembo mu byiciro bitanu mu 2024, ibyamugize umwe mu bahanzi ba
mbere bo muri Afurika babashije kwinjira muri ayo mateka.
Nubwo
atigeze yegukana na kimwe muri ibyo bihembo, byamubereye urufunguzo rwo
kurushaho kwinjira mu ruganda mpuzamahanga.
Mu
mwaka wakurikiyeho wa 2025, yongeye guhatanira Grammy abikesha indirimbo
“Sensational” yakoranye na Chris Brown na Lojay.
Iyo
ndirimbo yahatanye mu cyiciro gishya cya Best African Music Performance, ariko
itsindwa na Tems watsindiye icyo cyiciro ku ndirimbo ye “Love Me Jeje.”
Kwinjira
kwa Davido muri Recording Academy bije mu gihe uyu muryango uri muri gahunda yo
kongera abanyamuryango bawo kugira ngo werekane uburinganire n’ubwiganze
bw’ijwi ry’abahanzi baturuka mu bice bitandukanye by’isi, by’umwihariko muri
Afurika.
Ibi
bigaragaza uburyo injyana ya Afrobeats ikomeje gufata indi ntera, ikinjira mu
ruganda rw’umuziki mpuzamahanga nk’imwe mu zikomeye.
Recording
Academy yatangaje ko itora rya Grammy Awards 2026 rizatangira ku ya 3 Ukwakira
2025, ihamagarira abanyamuryango bose gusuzuma urutonde rw’abahatanira
ibihembo, kumva indirimbo no gutora hakiri kare.
Kuba
Davido ari mu bazatora, byitezwe ko bizongera ijwi ry’Abanyafurika kandi
bikomeze guteza imbere abahanzi bo kuri uyu mugabane mu ruhando mpuzamahanga.
Mu
myaka ibiri ishize, abahanzi b’Abanyafurika bagaragaje imbaraga zidasanzwe muri
Grammy Awards, bakaba bari kwandika amateka mashya:
Burna
Boy yatsindiye Grammy mu 2021 ku ndirimbo Twice As Tall nka Album nziza ya
Global Music Album, aba Umunyafurika wa mbere ubikoze mu buryo buziguye.
Mu 2023, Tems
yegukanye Grammy nk’umuhanzi w’indirimbo ‘Wait For U’ yakoranye na
Future na Drake. Mu 2025 yongeye kwigaragaza atsinda icyiciro cya Best African
Music Performance.
Umunyamuziki Tyla ukomoka muri Afurika y’Epfo yatsindiye Grammy ya mbere mu 2024 ku
ndirimbo ye yanyuze benshi Water, aba umugore wa mbere w’Umunyafurika ukomoka
muri Afurika y’Epfo wegukanye Grammy mu cyiciro cy’indirimbo mpuzamahanga.
Davido
yavuze ko ari ishema kuba yinjiye mu banyamuryango ba Grammy Awards
Davido
yemeje ko azakoresha ijwi rye mu kuzamura umuziki wa Afurika ku rwego
mpuzamahanga
KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'WITH YOU' Y'UMUHANZI DAVIDO