Davido, umuhungu wa Adedeji Adeleke, umwe mu baherwe
bakomeye muri Nigeria, yavuze ko akazi akora kamutwara imbaraga nyinshi ndetse
kamugiraho ingaruka zirebana n'ubuzima bwe bwo mu mutwe. Ibi yabivuze mu kiganiro yagiranye
n’uhagarariye inyungu z’abahanzi, Bankulli,
nyuma y’igitaramo cy’imbaturamugabo yakoreye muri Scotiabank Arena i Toronto muri Canada, cyitabiriwe n’imbaga
y’abafana.
Yagize ati:
Davido yatangiye
umuziki nk’umwuga mu mwaka wa 2011, aho yamenyekanye cyane ku ndirimbo “Dami Duro”, nyuma aza gukomeza gukora
izindi nyinshi zamugize icyamamare ku rwego mpuzamahanga. Azwi mu ndirimbo
zakunzwe cyane nka “If”, “Fall”, “Fem”, “Unavailable” n'izindi nyinshi.
Uyu muhanzi yemeza ko
atajya akora kubera ko akeneye amafaranga, ahubwo ko akora kuko yishimira
umwuga we. Yongeraho ko urukundo akunda umuziki n’abafana be ari rwo rutuma
yirengagiza umunaniro n’ibibazo akazi kamuzanira.
Davido yicuza kuba yarabaye umukozi kandi yaravukiye mu muryango wifashije, agashimangira ko urukundo rw'abafana ari rwo rukomeza kumusunikira gukora