Ibi
yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’ikiganiro kizwi cyane cyo muri Amerika
cyitwa The Breakfast Club, aho yasobanuye ko ubuzima bwo mu myidagaduro bugoye
kandi burimo inzira ndende itoroshye, bityo ko atifuza ko abana be banyura mu
bibazo nk’ibyo yanyuzemo mbere yo kugera ku ntsinzi.
Davido
yavuze ko mbere y’uko atsinda mu muziki, se atigeze amushyigikira muri uru
rugendo, ibintu avuga ko byigeze kumuca intege no kumwima ibyishimo.
Uyu
muhanzi yavuze ko ibyo yanyuzemo ari byo bituma adashaka gushyira igitutu ku
bana be cyangwa kubabuza gukora ibyo bakunda, ariko nanone akabona ko inzira
yoroshye kuri bo ari ugukorera mu bigo by’umuryango.
Yagize
ati: “Njye nababwira nti nimujye gukorana na sogokuru. Buri Noheli ajyana
abuzukuru be bose, kandi nubwo afite ibintu byinshi birimo n’indege ze bwite,
ibyishimo bye bishingira ku kubana n’abuzukuru be.”
Yakomeje
agaragaza ko kubona uko se yishimira umuryango ari byo byamwigishije ko ubuzima
butagizwe gusa no gushaka amafaranga cyangwa kuba icyamamare, ahubwo ko
ibyishimo nyakuri biva mu muryango.
Nubwo
afite uyu murongo atekereza ku hazaza h’abana be, Davido yagaragaje ko
atazababuza kujya mu myidagaduro nibaramuka babyifuje.
Yatanze
urugero ku mukobwa we usanzwe agaragaza impano yo kuririmba no kubyina,
ashimangira ko azamushyigikira mu cyerekezo cyose yahitamo.
Ibi
bitekerezo bya Davido byazamuye impaka ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe
bashyigikiye icyemezo cye bashingiye ku mutekano n’ubuzima bworoshye abana be
bazagira, mu gihe abandi bavuga ko impano ari yo ikwiye gushyigikirwa aho yaba
iva hose.
David
Adedeji Adeleke [Davido] yatangiye umuziki akiri umunyeshuri muri Amerika, aho
yaje gushinga itsinda ry’abaririmbyi ryitwa KB International. Icyakora, izina
rye ryatangiye kumenyekana cyane mu 2011 ubwo yasohoraga indirimbo “Dami Duro”
yamuhesheje igikundiro gikomeye muri Nigeria no mu bindi bihugu bya Afurika.
Nyuma
y’iyo ntsinzi, yakomeje gushyira hanze album ye ya mbere “Omo Baba Olowo” mu
2012, irimo indirimbo zakunzwe zirimo “Back When” na “Ekuro”. Iyi album
yamufashije kwigarurira abakunzi benshi no kwinjira mu bahanzi bakomeye muri
Afurika.
Mu
myaka yakurikiyeho, Davido yakomeje kuzamuka, akorana n’abahanzi mpuzamahanga
ndetse asohora indirimbo zakunzwe nka “Fall”, “If” na “FIA”, zamugejeje ku
rwego rwo hejuru ku isi. Indirimbo “Fall” by’umwihariko yabaye imwe mu zakunzwe
cyane ku rubuga rwa YouTube mu bahanzi ba Afrobeats.
Uyu
muhanzi yakomeje gushimangira izina rye ku rwego mpuzamahanga binyuze muri
album nka “A Good Time” (2019) na “A Better Time” (2020), ndetse na “Timeless”
(2023) yakomeje kumwambutsa imbibi za Afurika, imushyira mu bahanzi bake
b’Abanyafurika bumvwa ku isi hose.
Uretse
umuziki, Davido yanashinze inzu ifasha abahanzi yise DMW (Davido Music
Worldwide), yafashije kuzamura impano nshya mu muziki wa Afurika.
Uyu
munsi, Davido abarwa mu bahanzi bafite izina rikomeye ku Isi, akaba
yarabigezeho abikesha impano, kwihangana no gukomeza gukora cyane nubwo yahuye
n’imbogamizi zitandukanye mu ntangiriro z’urugendo rwe.

