Davido ntagishishikajwe no kwegukana Grammy Awards

Imyidagaduro - 24/03/2026 10:46 AM
Share:

Umwanditsi:

Davido ntagishishikajwe no kwegukana Grammy Awards

Umuhanzi w’icyamamare wo muri Nigeria, David Adeleke uzwi nka Davido, yahishuye byinshi ku rugendo rwe mu muziki ndetse n’icyerekezo cy’umuziki we mu gihe kizaza.

Mu kiganiro yagiranye na UK Afrobeats Chart Show hamwe na Eddie Kadi, Davido yavuze ko amaze kugera ku byo benshi batageraho mu rugendo rw’umuziki, aho yagiye aririmbira abakunzi be ku isi hose anahabwa ibihembo bikomeye, harimo no kuba yarahataniye Grammy Awards mu myaka itatu ishize.

Yagize ati: “Mu rugendo rwanjye rw’umuziki, naririmbiriye mu bice bitandukanye by’Isi, amatike yashize mu bitaramo, nahataniye Grammy Awards mu myaka itanu ishize. Umuziki uri kuza ni uwa Davido nyawo, ni uwa Afurika by’ukuri. Twamaze gukora ibyo, none sinshishikajwe no gukora umuziki ujyanye n’isi y’ahandi (Umuziki watuma abona Grammy Awards).”

Davido yanavuze ku rukundo akundwa n’abakunzi be bo muri Afurika y’Epfo, avuga ko hafi 80% by’abaturage b’iki gihugu bamumenya kandi bakunda umuziki we. Yongeyeho ko yamaze gukorana n’abahanzi bo muri Afurika y’Epfo ndetse akanahabwa ibihembo bitandukanye n’uru ruganda rw’umuziki rwaho.

Uyu muhanzi w’umuhanga mu njyana ya Afrobeats avuga ko icyerekezo cye gishya ari ukugaruka ku mizi ye, akora umuziki w’Afurika utagombera guhuza amajwi y’i Burayi cyangwa Amerika, ahubwo wumvikanisha umwimerere w’umuco we.

Davido, ni umuhanzi w’umunya-Nigeria wamenyekanye cyane mu njyana ya Afrobeats. Yavutse ku itariki ya 21 Ugushyingo 1992, mu mujyi wa Atlanta muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ariko yakuriye mu muryango w’umuziki muri Nigeria, aho se ari umwe mu bantu bazwi cyane mu bukungu n’umuco.

Uyu mugabo yamenyekanye mu muziki mu myaka ya 2011 ubwo yashyiraga hanze indirimbo nka “Dami Duro”, yaje guhita imwubakira izina muri Afurika yose.

Iyi ndirimbo yaje kumugeza ku rwego rwo kuba umwe mu bahanzi bakomeye bo muri Nigeria, ikaba yaramuhesheje ibihembo byinshi mu gihugu cye no ku mugabane w’Afurika.

Mu rugendo rwe, Davido yashyize hanze indirimbo nyinshi zakunzwe cyane ku isi hose.

Muri zo twavuga “Fall”, iyi ndirimbo yamenyekanye cyane ku isi, ndetse yabonetse ku rutonde rwa Billboard.

Hari “If”, indirimbo yagaragaje ubushobozi bwe bwo guhanga injyana zivanze, ikaba yarakunzwe mu bihugu byinshi bya Afurika no hanze yayo.

“Fia”, “Assurance”, na “Blow My Mind” yakoranye na Chris Brown, izi ndirimbo zatumye yigarurira imitima y’abakunzi b’umuziki wo ku isi.

Uyu muhanzi yahataniye kandi atwara ibihembo bitandukanye muri BET Awards, MTV Africa Music Awards, na Headies Awards, aho yagiye ahabwa ibihembo by’umuhanzi wa Afrobeats ukomeye cyangwa indirimbo z’umwaka.

Yahawe icyubahiro mu bihugu bitandukanye bya Afurika ndetse no ku isi ku bw’ubuhanga bwe mu muziki no ku bw’uruhare rwe mu guteza imbere Afrobeats.

Davido afite uburyo bwe bwihariye mu guhanga umuziki, aho akunda kuvanga injyana gakondo ya Afurika n’ijwi rigezweho ryo ku isi.

Nyuma yo kubona ibyo byose, Davido yatangaje ko atagishishikajwe no gukurikira imiterere ya muzika y’i Burayi cyangwa Amerika, ahubwo yifuza kugaruka ku mizi ye, agatanga umuziki w’Afurika utavuguruza uwo ari we.

Davido kandi akunzwe cyane muri Afurika y’Epfo, aho yakoranye n’abahanzi batandukanye bo muri icyo gihugu kandi ibikorwa bye byahawe icyubahiro mu ruganda rw’umuziki rwaho.

Uyu muhanzi w’umuhanga muri Afrobeats ntiyibanda gusa ku kumenyekana, ahubwo arashaka ko umuziki we ugira umwimerere, ugaragaza umuco n’ibyiyumvo bya Afurika.

Davido yatangaje ko atagishishikajwe no gukurikirana Grammy Awards cyangwa amajwi y’i Burayi n’Amerika, ahubwo yifuza kugaruka ku mizi ye akora umuziki w’Afurika nyakuri, ugaragaza umwimerere we nk’umuhanzi wa Afrobeats


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...