Davido na Kassav' bafashe ikindi cyemezo i Kigali; King James we bite ku gitaramo cye?

Imyidagaduro - 07/05/2026 3:51 PM
Share:

Umwanditsi:

Davido na Kassav' bafashe ikindi cyemezo i Kigali; King James we bite ku gitaramo cye?

Mu Rwanda, imyaka ishize byari ibintu bisanzwe kubona amatike y’ibitaramo agurishwa buhoro buhoro kugeza ku munsi wa nyuma. Gusa uko imyaka igenda ishira, ni nako umuco wo kugura amatike mbere ndetse no gushyigikira ibitaramo bikomeye ugenda ufata indi ntera.

Ni ibintu byagaragaye mu bihe bitandukanye, cyane cyane ku bahanzi mpuzamahanga bakoreye ibitaramo i Kigali, ariko ubu noneho bikaba biri no kugaragara ku bahanzi nyarwanda.

Mu gihe abafana benshi bakomeje kwerekana inyota yo kureba abahanzi bakunda, bamwe mu bategura ibitaramo n’abahanzi ubwabo batangiye gufata ibyemezo bidasanzwe byo kugira ngo abafana babo badacikanwa.

Kwamamaza ibitaramo bikomeye, gukoresha ahantu hajyanye n’igihe ndetse no kuba umuziki nyarwanda umaze kugira abakunzi benshi bafite ubushake bwo kwishyura amafaranga menshi, biri gutuma “amatike yashize” atakiri amagambo avugwa ku bahanzi bo hanze gusa.

Mu myaka ishize, bamwe mu bahanzi bakomeye bakoze amateka i Kigali nyuma yo kubona uburyo abafana babo bari benshi kurusha imyanya yari yabateganyirijwe.

Kassav’ bakoze amateka nyuma y’igitutu cy’abafana

Ku wa 14 Gashyantare 2020, itsinda rya Kassav' ryakoreye igitaramo gikomeye muri Kigali Convention Centre, mu gitaramo cyari cyateguwe na Arthur Nation.

Ni igitaramo cyabereye imbere y’ibihumbi by’abakunzi b’umuziki wa Zouk bari baje kwihera ijisho iri tsinda ryari rifite ibigwi bikomeye muri Afurika no ku Isi muri rusange.

Muri icyo gitaramo kandi harimo n’abahanzi nyarwanda barimo Christopher, ndetse cyanitabiriwe na Madamu Jeannette Kagame.

Icyakora n’ubwo igitaramo cyagenze neza, umubare munini w’abantu ntiwabashije kubona uko witabira cyangwa ngo ubone neza uko igitaramo cyagenze kubera ubwinshi bw’abari bakitabiriye.

Nyuma y’ibiganiro hagati y’abateguye igitaramo n’iri tsinda, hafashwe icyemezo kidasanzwe cyo kongera gukora ikindi gitaramo ku wa 15 Gashyantare 2020, ibintu byafashije abafana benshi bari babuze amatike cyangwa imyanya kubona amahirwe ya kabiri.

Ni icyemezo cyashimwe cyane muri icyo gihe, cyane ko byagaragazaga uburyo iri tsinda ryari ryitaye ku bakunzi baryo bo mu Rwanda.

Muri icyo gihe, amatike yaguraga 10.000 Frw mu myanya isanzwe, 20.000 Frw muri VIP ndetse na 30.000 Frw muri VVIP.

Indirimbo za Kassav’ zakunzwe cyane harimo “Ou Lé”, “Kolé Séré”, “Rété”, “Sye bwa”, “Wép wép”, “Oh Madiana” n’izindi nyinshi zakomeje gusiga amateka mu bakunzi ba Zouk.

Davido nawe yemeye kongera amatike

Ku wa 5 Ukuboza 2025, Davido nawe yakoreye igitaramo gikomeye i Kigali cyitabiriwe n’imbaga y’abafana benshi.

Ni igitaramo cyabereye muri BK Arena, aho yahuriyemo n’abahanzi nyarwanda barimo Kitoko, Riderman, Ariel Wayz, Juno Kizigenza, Logan Joe ndetse na Kid From Kigali.

Mbere y’uko iki gitaramo kiba, amatike yari yamaze gushira ku isoko hakiri kare, ibintu byatumye abantu benshi batangira gusaba ko hakongerwaho andi.

Mu rwego rwo kudatererana abafana, Intore Entertainment ifatanyije na Davido bemeranyije kongera umubare w’amatike kugira ngo abafana benshi babashe kubona uko binjira.

Ni icyemezo cyongeye kwerekana ko ibitaramo bikomeye biri kujya bifata indi sura mu Rwanda, aho ubwitabire buri kuzamuka kurusha uko benshi babyumvaga mu myaka yashize.

Muri icyo gitaramo, amatike yaguraga hagati ya 15.000 Frw kugeza ku bihumbi 100 Frw bitewe n’icyiciro umuntu yashakaga kwicaramo.

King James we bite?

Mu gihe ibi byose byabaye ku bahanzi mpuzamahanga, ubu noneho amaso ari kuri King James uri gutegura igitaramo cy’amateka cyo kwizihiza imyaka 20 amaze mu muziki.

Ni igitaramo giteganyijwe ku wa 1 Kanama 2026 muri BK Arena, ariko cyamaze gukora amateka mbere y’uko kiba.

King James yabaye umuhanzi wa mbere mu Rwanda ushoboye kugurisha amatike y’igitaramo cye yose mbere y’iminsi itatu gusa.

Kwamamaza iki gitaramo byakozwe mu buryo budasanzwe, ariko icyatunguye benshi ni uburyo abafana bihutiye kugura amatike ku muvuduko udasanzwe kugeza ashiranye ku isoko.

Amakuru avuga ko amatike yari yashyizwe hanze ari ibihumbi 11. Nyuma y’ibi, imbuga nkoranyambaga zahise zuzura ubutumwa bw’abafana basabaga ko hakorwa ikindi gikorwa cyafasha abatabonye amatike kubona uko bitabira.

Hari abahise bavuga ko yakwimukira muri Amahoro Stadium kugira ngo abantu bose bazabone uko bamureba, mu gihe abandi basabye ko yakora ibitaramo bibiri nk’uko Kassav’ babigenje.

Amakuru InyaRwanda yabonye yizewe avuga ko kuva ku wa Gatatu tariki 6 Gicurasi 2026, abategura iki gitaramo bari mu nama zirebera hamwe uburyo iki kibazo cyakemuka.

Mu byari biri ku meza harimo guhindura imiterere ya ‘stage’ kugira ngo haboneke indi myanya y’inyongera, cyangwa se kuba King James yakora ibitaramo bibiri bikurikirana tariki 1 na tariki 2 Kanama 2026.

N’ubwo nta cyemezo cya nyuma kiratangazwa, amakuru ahari ni uko hari ubushake bwo gushaka uburyo abafana benshi bashoboka bazabona uko bitabira iki gitaramo.

Hari n’amakuru avuga ko King James ashobora kuzakora ‘Live Recording’ ndetse igitaramo cye kigatambuka ku mbuga nkoranyambaga abafana bakabasha kukireba ariko bishyuye ‘Online’.

Amatike yo kwinjira muri iki gitaramo yaguraga hagati ya 15.000 Frw na 60.000 Frw muri VIP, mu gihe ameza yo imbere yaguraga miliyoni 2 Frw naho ‘Suites’ zikagura miliyoni 3,5 Frw.

Mu buryo bwinshi, ibi biri kugaragaza uburyo umuziki nyarwanda ugeze ku rwego rushya. Kuba umuhanzi nyarwanda ashobora kugurisha amatike yose mu gihe gito, ndetse abafana bagatangira gusaba igitaramo cya kabiri, ni ikimenyetso cy’uko isoko ry’imyidagaduro mu Rwanda rikomeje gukura ku muvuduko udasanzwe.

Amatike yashize ku isoko mu minsi itatu gusa! Nyuma yo gukora amateka mu Rwanda, King James ari mu biganiro n’abategura igitaramo cye barebera hamwe niba yakora igitaramo cya kabiri muri BK Arena cyangwa hakongerwa imyanya kugira ngo abafana batabashije kubona amatike badacikanwa n’igitaramo cye cy’imyaka 20 amaze mu muziki

Ubwinshi bw’abafana bwatumye hafatwa icyemezo kidasanzwe! Mu gitaramo Davido yakoreye i Kigali, amatike yari yashize ku isoko mbere y’igihe, bituma abategura igitaramo bumvikana nawe kongera andi matike kugira ngo abafana benshi babone uko binjira muri BK Arena


Nyuma y’igitaramo cya mbere cyari cyuzuyemo imbaga muri Kigali Convention Center, Kassav' bafashe icyemezo cyo gukora ikindi gitaramo ku munsi wakurikiyeho kugira ngo abafana bari babuze uko bitabira bongere bahabwe amahirwe yo kwihera ijisho iri tsinda ryubatse amateka muri muzika


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...