Umuramyi
w'Umurundi David Nduwimana ni we uheruka kongerwa ku rutonde rw'abazaririmba
muri ibi bitaramo, aho azafatanya na Richard Nick Ngendahayo na Adrien
Misigaro, mu rugendo rugamije gusakaza ubutumwa bwiza binyuze mu ndirimbo zo
kuramya no guhimbaza Imana.
Ni
ibitaramo bizazenguruka imijyi itatu ikomeye yo muri Australia, birimo Brisbane
ku wa Gatandatu tariki 12 Nzeri 2026, Melbourne ku wa Gatandatu tariki 19 Nzeri
2026, na Sydney ku wa Gatandatu tariki 26 Nzeri 2026.
Ibi
bitaramo bifite umwihariko wo guhuza abahanzi bubatse amazina yabo mu bihugu
bitandukanye, buri wese afite urugendo rwe n'ubutumwa bwe, ariko bose bahurira
ku ntego imwe yo kugeza ubutumwa bwiza ku Banyafurika batuye muri Australia
ndetse n'inshuti zabo.
David Nduwimana,
urugendo rwamuvanye mu buhungiro rukamugeza ku rubyiniro rw'Isi
Mu
bahanzi bazitabira uru rugendo, David Nduwimana afite amateka yihariye
agaragaza uburyo impano ishobora guhindura ubuzima.
Uyu
muramyi wavukiye mu Burundi yageze muri Australia mu 2013 nk'impunzi. Icyo gihe
yari afite impamyabumenyi mu by'ubukungu, ariko nta muntu n'umwe yari azi muri
icyo gihugu. Icyo yari yitwaje kurusha ibindi byose ni impano yo kuririmba
n'igitari cye.
Mu
myaka ya mbere ubuzima ntabwo bwamworoheye, ariko ntiyacitse intege. Yakomeje
kwiga ubuzima bwo muri Australia no gukoresha impano ye mu nsengero, kugeza
ubwo mu 2016 ibintu byatangiye guhinduka.
Amahirwe
akomeye yaje ubwo yahuraga na Rob Clarke, wari Umuyobozi Mukuru w'agateganyo wa
Rugby Australia, hamwe n'umugore we Kylie, bahuriye mu rusengero rwa St
Matthews Church i Manly.
Iryo
huriro ryabaye intangiriro y'urundi rugendo. Clarke yamuhaye amahirwe yo
kuririmba indirimbo yubahiriza igihugu cya Australia mbere y'umukino wa nyuma
wa Bledisloe Cup, amarushanwa akomeye ahuza Australia na New Zealand muri
Rugby.
Mu
2020, David Nduwimana yongeye gukundwa n'abatari bake ubwo yaririmbaga mbere
y'umukino ikipe ya Australia, Wallabies, yatsinzemo All Blacks ya New Zealand.
Kuva icyo gihe, ijwi rye ryakomeje kuba kimwe mu bimenyetso by'ubudasa bw'Abanyafurika
batuye muri Australia.
Richard Nick
Ngendahayo, imyaka myinshi yubaka umurage wa Gospel nyarwanda
Mu
bazifatanya na David Nduwimana harimo Richard Nick Ngendahayo, umwe mu baramyi
bafite amateka akomeye mu muziki wa Gospel mu Rwanda.
Yatangiye
umuziki mu ntangiriro z'imyaka ya 2000, yubaka izina rishingiye ku ndirimbo
zifasha abantu kwegera Imana no gukomeza kwizera.
Mu
rugendo rwe amaze gusohora Album zirimo "Yambaye Icyubahiro",
anamenyekana mu ndirimbo zakunzwe zirimo "Mbwira Ibyo Ushaka", "Ibuka",
"Gusimba Umwonga", "Si Umuhemu", "Ijwi
Rinyongorera", "Sinzakwitesha", "Wemere Ngushime" na
"Intwari Batinya", yongeye kuvugwaho cyane mu 2026 ubwo Gisa
Cy'Inganzo yayisubiragamo nk'ikimenyetso cyo kumuha icyubahiro.
Mu
mashusho yashyize kuri Instagram, Richard Nick Ngendahayo yavuze ko yiteguye
guhura n'abakunzi b'umuziki muri Australia. Yagize ati: "Ni ibitaramo
bidasanzwe ngiye gukorera muri Australia."
Yanahamagarariye
abazitabira ibi bitaramo kuza bagafatanya na we mu kuramya no guhimbaza Imana.
Adrien Misigaro,
ijwi ryambutse imigabane
Umunyarwanda
Adrien Misigaro na we ni umwe mu bahanzi bazatanga umusanzu muri uru rugendo.
Uyu
muramyi usanzwe atuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu Mujyi wa
Washington, amaze imyaka yubaka izina rye binyuze mu ndirimbo zifite ubutumwa
bw'ihumure, ibyiringiro no kwizera.
Mu
bihangano bye harimo "Ntacyo Nzaba", "Niyo Ndirimbo",
"Nkwite Nde", "Nkurikira" na "Buri Munsi",
byamufashije kugera ku bakunzi ba Gospel bo hirya no hino ku Isi.
Yakoranye
kandi n'abahanzi bazwi barimo Meddy, The Ben, Israel Mbonyi na Gentil Misigaro.
Uretse
umuziki, Misigaro ashyira imbaraga mu bikorwa byo gufasha urubyiruko. Mu 2019
yashinze umuryango Melody of New Hope (MNH) nyuma yo gusura Ikigo Ngororamuco
cya Iwawa, aho yatangije ibikorwa byo gufasha urubyiruko kwirinda
ibiyobyabwenge no kubona amahirwe yo kwiyubaka.
"African
Gospel Echoes", umushinga ushaka guhuza imigabane ibiri
Ibi
bitaramo byateguwe ku bufatanye na Millenium Investment & Consulting,
binyuze mu mushinga mushya wiswe "African Gospel Echoes", ugamije
guhuza Afurika na Australia binyuze mu muziki wa Gospel.
Mu
kiganiro na InyaRwanda, umwe mu bateguye ibi bitaramo, Nadine Shema, yavuze ko
iki gitekerezo cyavutse hashize imyaka ibiri, nyuma yo kubona ko umuziki wa
Gospel ushobora kuba urubuga rwo guhuza abantu baturuka mu bihugu n'imico
itandukanye.
Yagize
ati "N'ubwo dufite ibindi bikorwa dukora, njye n'umugabo wanjye twifuje
kugira uruhare mu guteza imbere ibikorwa byo kuramya no guhimbaza Imana.
Twahisemo gutangirira kuri uyu mushinga wa 'African Gospel Echoes' ugamije
guhuza Australia na Afurika binyuze mu muziki."
Yasobanuye
ko atari igitaramo kimwe gusa batekereza, ahubwo ari umushinga bifuza kuzajya
bakora buri mwaka, batumira abahanzi baturuka mu Rwanda, muri Afurika
y'Iburasirazuba no mu bindi bice by'umugabane.
Abifuza
kuzitabira ibi bitaramo bamaze kubona amatike, aho itike isanzwe (Regular)
igura Amadolari 65, mu gihe iya VIP igura Amadolari 100.
Ku
Banyarwanda, Abarundi n'Abanyafurika batuye muri Australia, "African
Gospel Echoes" si igitaramo gisanzwe. Ni umwanya wo kongera guhura,
gusangira ukwizera no kwibuka umuco wabo binyuze mu ndirimbo.
Ku
ruhande rw'abategura ibi bitaramo, bavuga ko intego nyamukuru atari ugukora
ibitaramo gusa, ahubwo ari ugushyiraho urubuga ruhoraho ruzajya ruhuza umuziki
wa Gospel nyafurika n'abawukunda muri Australia, ku buryo buri mwaka hazajya
hakirwa abahanzi baturutse mu bihugu bitandukanye bya Afurika.
Niba
uyu mushinga uzagera ku ntego zawo, "African Gospel Echoes" ushobora
kuba intangiriro y'ikiraro gishya gihuza impano zo muri Afurika n'abazikunda ku
Mugabane wa Australia.David Nduwimana agiye guhurira na Richard Nick Ngendahayo
na Adrien Misigaro mu bitaramo bitatu muri Australia
David Nduwimana wataramiye mu Rwanda mu bihe bitandukanye agiye gutaramira muri Australia, igihugu abarizwamo kuva muri 2013

Rick Nick Ngendahayo utegerejwe i Kigali, agiye kubanza gutaramira muri Austaralia mu bitaramo bitatu

Adrien Misigaro uheruka i Kigali, yemeje kuzitabira ibitaramo bitatu byiswe “African Gospel Echoes”

Ibi bitaramo biri mu murongo wo guhuza Australia n’umugabane wa Afurika
