Dashim yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Imyidagaduro - 27/07/2026 8:06 AM
Share:

Umwanditsi:

Dashim yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Mu rugendo rw’ubuzima, hari ibihe umuntu ahora yibuka kubera uburyo bihindura icyerekezo cye. Ku muhanzi akaba n’umunyamakuru Dushimimana Jean de Dieu [Dashim], ku wa Gatandatu tariki ya 25 Nyakanga 2026 habaye umwe muri iyo minsi idasanzwe, ubwo yambikaga impeta y’urukundo umukunzi we Niwemugore Donatha, bagatangira ku mugaragaro urugendo ruberekeza ku kubaka urugo.

Ni intambwe nshya ku musore wamamaye mu muziki no mu itangazamakuru, aho imyaka myinshi amaze afasha abantu binyuze mu butumwa bwubaka no mu buhanzi.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Dashim yemeje aya makuru, avuga ko ibirori byo kwambika impeta umukunzi we byabaye ku wa Gatandatu tariki ya 25 Nyakanga 2026.

Agaruka ku bijyanye n’igihe bazasezeranira, yavuze ko imyiteguro yatangiye, nubwo itariki y’ubukwe itaratangazwa. Yagize ati: “Ubukwe ni mu bihe biri imbere, turi kwitegura kurushinga.”

Aya magambo agaragaza ko bombi batangiye urugendo rugana ku kubaka umuryango, nyuma y’igihe bakundana.

Dashim ni umwe mu bahanzi benshi b’Abanyarwanda bazamutse binyuze mu ndirimbo zakunzwe mu bihe bitandukanye. Abatari bake baracyamwibukira mu bihangano nka ‘Gasaro ka Mama’, ‘Mabukwe’ yakoranye na Uncle Austin, ndetse na ‘Bakunda Umurambo’, indirimbo zamuhesheje izina mu muziki nyarwanda.

Nyuma yaho yerekeje cyane mu mwuga w’itangazamakuru, aho yubatse izina rikomeye binyuze mu kiganiro ‘Inzu y’Ibitabo’, cyafashije benshi gukunda gusoma no kwiyungura ubumenyi. Muri icyo kiganiro haje kuvukamo n’agace yise ‘Ijambo Ryahindura Ubuzima’, agamije gusangiza abantu inyigisho zibafasha mu mibereho ya buri munsi.

Uyu munyamakuru n’umuhanzi yavukiye mu Karere ka Karongi mu Ntara y’Iburengerazuba mu 1991. Amashuri yisumbuye yayize mu karere avukamo, mbere yo gukomereza muri Institute of Kigali College (ICK), aho yarangije amasomo mu ishami ry’Itangazamakuru.

Dashim yigeze gutangaza ko impano y’ubuhanzi yayikomoye mu muryango, kuko nyirarume Bizimana Loti na we yari umuhanzi, ibintu avuga ko byamubereye isoko y’ihumure n’icyizere cyo gukomeza gukurikira inzozi ze.

Uyu munsi, Dashim usanzwe ari umunyamakuru wa Radio/Tv10, yinjiye mu kindi cyiciro cy’ubuzima bwe. Nyuma yo kubaka izina mu muziki, mu itangazamakuru no mu rugendo rwo gufasha abantu binyuze mu butumwa atanga, ubu yatangiye no kwandika amateka mashya mu buzima bw’urukundo.


Dashim yambitse impeta y'urukundo umukunzi we amuteguza kurushinga nk'umugabo n'umugore mu birori bizaba mu gihe kiri imbere

Dashim usanzwe ari umunyamakuru wa Radio/Tv10 asobanura ko hari byinshi byatumye yiyemeza kuzabana n'umukunzi we

Dashim yavuze ko yambitse impeta y'urukundo umukunzi we ku wa Gatandatu tariki 25 Nyakanga 2026


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...