Urebye ku mbuga uyu mukobwa
akoresha usangaho amafoto yamamaza indirimbo ye ya mbere azamurika ku mugoroba
w’uyu wa 01 Mutarama 2024 muri Antonov Lounge.
Ni mu birori byitezweho kwitabirwa
na benshi mu bantu bazwi mu ruganda rw’imyidagaduro basanzwe bakorana umunsi ku
wundi n’uyu mukobwa.
Umuyobozi wa Antonov Lounge
izaberamo iki gikorwa, Dufitimana Patrick yatangarije inyaRwanda ko biteguye
neza cyane ko bizaba ari ibirori biri mu bya mbere bizahuriramo ibyamamare mu
ntangiriro z’umwaka.
Dabijou Bijou agiye kwinjira mu
muziki nyuma yuko yafashije Yago mu rugendo rw’umuziki we amuha arenga Miliyoni
1Frw mu ikorwa ry’amashusho ya ‘Si Swing’ anagaragara mu mashusho yayo.
Uyu mukobwa uheruka
kugaragara mu gitaramo cyo kumurika umuzingo wa mbere wa Yago yise ‘Suwejo’, yatangaje ko indirimbo ye ya mbere izaba yitwa ‘Jamais’.Byitezwe ko ibirori byo kumurika indirimbo ye bizagaragaramo abantu bafite amazina azwi batandukanye
Dabijou Bijou ubwo yari kumwe na Bob Pro mu gitaramo cya Yago Pon Dat muri Camp Kigali