Da Rest yasezeranye n’umukunzi we bitegura kurushinga –AMAFOTO

Imyidagaduro - 28/11/2025 11:58 AM
Share:

Umwanditsi:

Da Rest yasezeranye n’umukunzi we bitegura kurushinga –AMAFOTO

Ishimwe Prince uzwi nka Da Rest , wahoze abarizwa mu itsinda Juda Muzik ryaje gusenyuka mu 2023, yinjiye mu rugendo rushya rw’ubuzima nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko n’umukunzi we Iradukunda A. Sauvenir uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Uyu muhango ugaragaza intambwe ikomeye mu rukundo rwabo wabereye ku biro by’Umurenge wa Nyarugenge kuri uyu wa Kane tariki 27 Ugushyingo 2025, mu gihe bitegura gukora ubukwe bw’akataraboneka buzaba ku wa 7 Ukuboza 2025.

Da Rest na Souvenir ni urukundo rwagiye rukura gahoro gahoro rukomoka ku nshuti bahuriye mu birori by’inshuti.

Nyuma yo kuganira kenshi bagahuzwa n’ibihe byiza, urukundo rwabo rwarashibutse ruza gufata indi ntera ubwo Da Rest yateraga ivi ku wa 10 Mutarama 2025, amusaba ko bazabana iteka, maze Souvenir ntiyazuyaza kumwemerera.

Uko bagiye bagenda babana mu rugendo rwabo, byageze n’aho bibera isoko y’umuziki w’uyu muhanzi.

Muri Mata 2025, Da Rest yashyize hanze album “Souvenir53”, ayitura uyu mukunzi we wamubereye isoko y’ihumure n’uruhererekane rw’impano z’umutima.

Yavuze ko izina ry’iyi album rikomoka kuri we, ndetse ko ari umwanya wo kumwitura urugendo bamaze kugenderana.

Da Rest yakomeje kugira izina mu muziki ubwo yari mu itsinda Juda Muzik hamwe na mugenzi we Mbaraga Alex (Malo Junior), ariko nyuma yo gutandukana, yahisemo gukomeza urugendo nk’umuhanzi wigenga, anakoresha izina rya ‘Da Rest’.

Kuri ubu, nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko, aba bombi bari mu myiteguro y’ubukwe bwabo buteganyijwe mu minsi mike iri imbere, ubukwe buzafata ikindi cyiciro cy’urukundo rwabo rumaze kwandika amateka.

Da Rest yinjiye mu buzima bushya nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko n’umukunzi we Souvenir wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika 

Urukundo rwatangiriye mu birori by’inshuti, none rugiye kurangira mu kubana akaramata ku bukwe buzaba ku wa 7 Ukuboza 2025

Ivi ryatewe muri Mutarama ryatanze imbuto, ubwo Da Rest yasabye Souvenir ko bazabana by’iteka, nawe akamwemerera nta kuzuyaza

“Souvenir53” yabaye impano y’umutima, album Da rest yatuye umukunzi we mu gihe bitegura kurushinga

Uwari umunyamuziki muri Juda Muzik arimo kwandika amateka mashya, nyuma yo gutandukana n’itsinda akiyubaka mu muziki no mu buzima bw’urukundo

Nel Ngabo wakoranye indirimbo 'La Vida Loca' na Da Rest yamushyigikiye ku munsi udasanzwe mu buzima bwe

KANDA HANO UBASHE KUMVA  ALBUM DA REST YATUYE UMUKUNZI WE


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...