Iki
gitaramo kizaba ku wa 4 Nyakanga 2026, kikazahuza abakunzi b’umuziki nyarwanda
n’abifuza kwizihiza uyu munsi ukomeye mu mateka y’u Rwanda binyuze mu muziki,
umuco no gusabana.
Cyusa
Ibrahim ni umwe mu bahanzi bagezweho mu njyana gakondo, akaba yarubatse izina
rikomeye binyuze mu bihangano birimo Migabo, Inkotanyi Turaganje n’izindi
ndirimbo zanyuze abatari bake haba mu Rwanda no mu mahanga.
Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Kenny uri mu bari gutegura iki gitaramo
yavuze ko cyateguwe hagamijwe guha Abanyarwanda baba mu Bubiligi umwanya wo
kwizihiza Umunsi wo Kwibohora no gukomeza gusigasira umuco nyarwanda.
Yagize
ati: “Iki gitaramo cyateguwe mu rwego rwo kwizihiza Umunsi mukuru wa Kwibohora
ku nshuro ya 32 no guha Abanyarwanda batuye mu Bubiligi n’inshuti zabo umwanya
wo kwifatanya mu byishimo byo kuzirikana urugendo rw’Igihugu cyacu rugana ku
bumwe, amahoro n’iterambere. Ni n’umwanya mwiza wo guteza imbere umuco nyarwanda
no gukomeza guhuza Abanyarwanda baba hanze y’Igihugu binyuze mu muziki gakondo
ari nawo shingiro ry’umuco wacu.”
Kenny
yavuze kandi ko guhitamo Cyusa Ibrahim bitari impanuka, ahubwo byashingiye ku
ruhare rukomeye uyu muhanzi amaze kugira mu kwimakaza no guteza imbere umuco
nyarwanda binyuze mu muziki.
Ati:
“Cyusa afite uruhare rukomeye mu guteza imbere umuco nyarwanda binyuze mu
ndirimbo gakondo zigezweho kandi zikundwa n’abatari bake. Afite impano
idasanzwe mu kuririmba no gutanga ibyishimo ku rubyiniro, kandi ubutumwa atanga
mu bihangano bye bujyanye n’indangagaciro zo gukunda igihugu, umuco n’ubumwe.”
Yakomeje
avuga ko Cyusa atazaba wenyine muri iki gitaramo, kuko azaba ari kumwe n’abandi
bahanzi bazatangazwa mu minsi iri imbere, bose bakazatanga ibyishimo ku
bazacyitabira.
Abategura
iki gitaramo bavuga ko abazakitabira bazahabwa ibyishimo bidasanzwe birimo
umuziki wa gakondo, kubyina, gusabana no kwizihiza Kwibohora mu buryo bwuzuyemo
ishema ry’ubunyarwanda.
Kenny
akomeza asobanura agira ati “Abazitabira bakwitega igitaramo kirimo umuziki wa
gakondo uryoheye amatwi, kubyina, gusabana no kwizihiza Umunsi wo Kwibohora mu
munezero. Hazaririmbwa indirimbo zakunzwe ndetse n’izindi zidasanzwe
zizashimisha abakunzi b’umuziki nyarwanda,”.
Ku
bijyanye n’amatike, abifuza kuzitabira basabwa gukurikirana amakuru anyuzwa ku
mbuga nkoranyambaga z’abategura iki gitaramo cyangwa bakavugana n’abayobozi
b’amatsinda y’Abanyarwanda batuye mu mijyi itandukanye y’u Bubiligi kugira ngo
bahabwe amakuru arambuye ku biciro n’uburyo bwo kwishyura.
Abategura
iki gitaramo bahamagarira Abanyarwanda n’inshuti zabo kuzitabira ari benshi,
bakazahurira hamwe mu kwizihiza Kwibohora ku nshuro ya 32, mu birori bizaba
birimo umuziki, umuco n’ubusabane byihariye.

Cyusa
Ibrahim agiye gutaramira mu gihugu cy’u Bubiligi mu gitaramo cyo kwizihiza
Umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 32

Cyusa
Ibrahim agiye gutaramira mu Bubiligi mu gihe aherutse gusohora Album ‘Muvumwamata’

Iki gitaramo kizaba ku wa 4 Nyakanga 2026 mu Mujyi wa Bruxelles mu Bubiligi cyahujwe no kwizihiza Umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 32
