Ibi
yabitangaje mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, aho yagarutse ku bitekerezo
byatanzwe na Ruti Joel wasabye Abadepite ko Guverinoma yakongera imbaraga mu
gutera inkunga ibitaramo bya gakondo mu rwego rwo gusigasira ururimi
rw’Ikinyarwanda n’umuco nyarwanda.
Cyusa
Ibrahim yavuze ko nubwo igitekerezo cyo gushyigikira ibitaramo bya gakondo ari
cyiza, hakwiye no gushyirwa imbaraga mu gutuma indirimbo za gakondo zicurangwa
cyane mu bitangazamakuru, kuko ari ho abaturage benshi bazimenyerera.
Ati:
“Niba bashaka ko gakondo yongera kuzamuka, kuko ari kimwe mu by’ingenzi dufite
by’umwimerere, bakwiriye gushyiraho uburyo indirimbo za gakondo zikinwa kuri
Radio.”
Uyu
muhanzi yavuze ko hari Radiyo zimwe na zimwe usanga bigoye ko zicuranga
indirimbo gakondo, ibintu abona ko bigabanya amahirwe yo gutuma Abanyarwanda
bongera kuyimenya no kuyikunda.
Mu
magambo ye ati: “Hari nk’indirimbo nkora nkaba mbizi ko hari Radio runaka
idashobora kuyikina. None se iyo Radio itayikinnye, umunyarwanda azayibwirwa
n’iki?”
Cyusa
akomeza avuga ko hakwiye gushyirwaho uburyo butuma indirimbo gakondo zigerwaho
n’Abanyarwanda bose mu buryo bworoshye, hatabayeho inzitizi zituruka ku
mahitamo y’ibitangazamakuru.
Ati:
“Hakwiye kuba uburyo buri munyarwanda aho ari hose yumva indirimbo gakondo mu
buryo bworoshye, hatabayeho amananiza ya Radio cyangwa Televiziyo. Ku buryo
uvuga ngo nakoze indirimbo, ikajya hose."
Yongeraho
ko n’abanyamakuru bakwiye kugira uruhare mu gusigasira umuco nyarwanda,
bakirinda gucuranga gusa indirimbo bakunda ku giti cyabo, ahubwo bagaha umwanya
ibihangano bikundwa n’Abanyarwanda kandi bifite uruhare mu kubungabunga umuco.
Cyusa
Ibrahim yagaragaje ko ubwe gukunda umuziki gakondo byaturutse ku buryo yakuze
yumva indirimbo za gakondo zicurangwa cyane kuri Radio, by’umwihariko ku
biganiro byacaga kuri Radio Rwanda.
Ati:
“Impamvu nanjye nakunze gakondo ni uko nakuze numva igitaramo kuri Radio
Rwanda. Nta ndirimbo 10 zacagaho hadaciyemo gakondo.”
Yavuze
ko muri iki gihe usanga hari n’abahanzi bashyira mu ndirimbo za gakondo
ibikoresho bya muzika bigezweho nka piano, mu rwego rwo gushaka ko zicurangwa
ku maradiyo, ibintu abona ko bishobora gutuma umwimerere w’iyi njyana ugenda
ucika.
Ati:
“Ubu ngubu ushobora gukora gakondo bikagusaba gushyiramo ama-piano kugira ngo
bayikine. None se ubwo tuba turi gusigasira wa muco?”
Uyu
muhanzi yavuze ko ari ingenzi ko Radiyo n’izindi nzego z’itangazamakuru
zibutswa uruhare rwazo mu kubungabunga umuco nyarwanda, kuko ari zo zishobora
gutuma abakiri bato n’abakuru bongera kwiyumva mu ndirimbo za gakondo.
Mu
rwego rwo gutanga urugero, Cyusa Ibrahim yavuze ko no mu buzima bwe bwa buri
munsi yagerageje gutangirira iwe mu rugo, aho acurangira abana be indirimbo za
gakondo kugira ngo bazimenye hakiri kare.
Ati:
“Ndashaka kugaragaza ko itangazamakuru rifite uruhare runini mu gutuma abantu
bakunda cyangwa badakunda gakondo. Cyera ni ryo ryatumye twebwe tuyikunda,
ariko ubu rishobora no kuba impamvu yo kutazongera kuyumva.”
Cyusa
Ibrahim aherutse gushyira hanze indirimbo yise “Rusanga n’izayo” yakoranye na
Layan Mpano, ikomeza urugendo rwe rwo guteza imbere umuziki gakondo,
ashimangira ko ari imwe mu nkingi z’umuco n’ururimi rw’Abanyarwanda.
Uyu
muhanzi asoza asaba ko indirimbo gakondo zongera guhabwa umwanya mu
bitangazamakuru, kuko ari imwe mu nzira zikomeye zatuma ururimi rw’Ikinyarwanda
n’umuco nyarwanda bikomeza kubaho no mu bihe bizaza.

Cyusa Ibrahim asaba Radio na Televiziyo kongera gucuranga indirimbo gakondo kugira ngo abakiri bato n’abakuru biyumvemo ururimi n’umuco nyarwanda

Uyu muhanzi avuga ko umuziki gakondo wagiye ucika intege ku bitangazamakuru, kandi gusubira ku mwimerere byafasha gusigasira umuco w’Abanyarwanda

Cyusa
Ibrahim yerekanye ko gukunda gakondo kwe byaturutse ku buryo yakuze yumva
indirimbo za gakondo zicurangwa kuri Radio Rwanda, kandi akifuza ko abandi nabo
babona ayo mahirwe
KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA CYUSA IBRAHIM NA LAYAN MPANO
KANDA HANO UBASHE KUREBA AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘RUSANGA N’IZAYO’
