Cyusa Ibrahim agiye gusohora Album “Muvumwamata” yatuye Nyirakuru

Imyidagaduro - 26/11/2025 10:10 AM
Share:

Umwanditsi:

Cyusa Ibrahim agiye gusohora Album “Muvumwamata” yatuye Nyirakuru

Mu rugendo rwe rwo kurinda no guteza imbere umuco nyarwanda binyuze mu muziki, umuhanzi wubashywe mu njyana gakondo Cyusa Ibrahim ari mu myiteguro ya nyuma yo gushyira ku isoko album ye ya kabiri nshya yise “Muvumwamata”, izasohoka ku wa 1 Ukuboza 2025.

Ni umushinga avuga ko umuteye ishema n’igikundiro gikomeye kubera ubutumwa bwimbitse burimo, ndetse n’uruhare rw’abahanga (aba-Producer) batandukanye bamufashije kuyishyira mu buryo.

Cyusa, umaze imyaka irenga icumi azamura injyana gakondo mu buryo bugezweho ariko budatana n’indangagaciro zayo, avuga ko “Muvumwamata” ari umushinga waturutse ku muryango we, ku mateka ye no ku isi nshya y’ubuhanzi ashaka kugaragaza.

Yabwiye InyaRwanda ati: “Nifuje gukora Album itari iy’indirimbo gusa, ahubwo iyerekana umuzi wacu, umubano w’abantu n’Imana, n’icyo twita umutima-mukuru w’umuco wacu. Ni Album natuye umubyeyi (nyogokuru) wanjye wanyigishije kuririmba kuva nkiri muto kugeza n’ubu.”

Album “Muvumwamata” yakozweho n’abatunganya indirimbo batandukanye bo mu Rwanda, harimo abamaze kwandika izina mu muziki wa kinyarwanda n’abashya bari kuzamuka bafite impano idasanzwe.

Cyusa avuga ko buri wese yazanye umwimerere we, ari na cyo cyatumye Album igira ijwi rihamye ariko rishya, ritandukanye n’imishinga yakoze mbere.

Mu bitekerezo bye, Cyusa asobanura ko “Muvumwamata” ifite indirimbo zivuga ku buzima bw’umuntu n’ibihe by’imiryango, izivuga ku mibanire n’umuco, n’izigaruka ku masomo y’ukwiyubaka.

Yongeraho ati: “Indirimbo zanjye ziba zifite icyo zivuga. Sinshaka gutanga amajwi gusa, nifuza gutanga igitekerezo. Iyo abantu babyumva, ni cyo kiba kimpesheje ishema ku muziki gakondo.”

Cyusa, wagiye akora ibitaramo byagutse birimo n’ibyo yasoreje hanze y’u Rwanda mu myaka ishize, akomeje kwiyubakira izina nk’umwe mu bahanzi ba nyarwanda bashyize imbere guteza imbere umuco binyuze mu bihangano byujuje ireme.

Nubwo ataratangaza urutonde rw’indirimbo ziri kuri “Muvumwamata”, Cyusa avuga ko iriho indirimbo zituje, iz’indirimbo z’umuco ndetse n’izivuga ku rukundo mu buryo bwa kera ariko bugezweho.

Avuga ko umwaka ushobora gusozwa ari indirimbo zikora ku mitima ziri kumwe n’iyi album. Ati: “Muvumwamata” iri mu mishinga izasoza umwaka wa 2025 mu muziki nyarwanda mu buryo bwihariye, ndetse ikaba ishobora no kuba imwe mu za Album zizafasha kongera kuzamura injyana gakondo mu ruhando mpuzamahanga. 

Cyusa Ibrahim agiye gusohora album nshya yise “Muvumwamata” izasohoka ku wa 1 Ukuboza 2025 

“Muvumwamata” ni album nshya ya Cyusa yubatse ku muco n’ubutumwa bwimbitse

Cyusa avuga ko iyi album yayubatse ku mateka ye n’umwimerere w’injyana gakondo, ndetse yayituye Nyirakuru

Indirimbo ziri kuri ‘Muvumwamata’ zitezweho gufasha benshi mu mpera z’umwaka 


Cyusa asobanura ko ‘Muvumwamata’ igamije kugaragaza ko gakondo atari amateka, ahubwo ari ubuzima

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO 'MUVUMWAMATA' CYUSA IBRAHIM YITIRIYE ALBUM YE YA KABIRI


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...