Cyera kabaye! Indirimbo Meddy na Eddy Kenzo bakoze mbere ya Covid-19 yasohotse - VIDEO

Imyidagaduro - 24/06/2026 8:33 AM
Share:

Umwanditsi:

Cyera kabaye! Indirimbo Meddy na Eddy Kenzo bakoze mbere ya Covid-19 yasohotse - VIDEO

Nyuma y’imyaka isaga itandatu itegerejwe n’abakunzi b’umuziki bo mu Rwanda no muri Uganda, indirimbo "Gusa" yahuriyemo umuhanzi nyarwanda Meddy n’icyamamare cyo muri Uganda, Eddy Kenzo, yasohotse ku mugaragaro.

Iyi ndirimbo yari imaze igihe ivugwa mu itangazamakuru no mu bakunzi b’aba bahanzi, kuko yakozwe mu mpera za 2019 mbere y’uko icyorezo cya Covid-19 gihindura byinshi mu ruganda rw’imyidagaduro ku Isi.

Mu itangazo rigenewe abanyamakuru ryasohotse kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Kamena 2026, Eddy Kenzo yatangaje ko yashyize hanze iyi ndirimbo yakoranye na Meddy, ndetse amakuru yatangiye gukwirakwizwa cyane binyuze ku mbuga nkoranyambaga ze zirimo TikTok.

Amakuru yizewe agera kuri InyaRwanda yemeza ko iyi ndirimbo yakozwe na Producer Pastor P mu buryo bw’amajwi, mu gihe amashusho yayo yashyizweho ibiganza na Edrine Paul, umwe mu bamaze igihe bakorana bya hafi na Eddy Kenzo ku mishinga itandukanye y’indirimbo. Amashusho yasohokanye n'iyi ndirimbo yakozwe hifashishijwe ubwenge buhangano (AI).

Nubwo iyi ndirimbo yari yarateganyijwe gusohoka mu myaka yashize, gahunda zitandukanye z’abahanzi bombi ndetse n’ingaruka z’icyorezo cya Covid-19 byatumye ishyirwa ku ruhande, ikomeza gutegerezwa n’abafana igihe kirekire.

Bivugwa ko "Gusa" ari imwe mu ndirimbo Meddy yakoze mbere y’uko ahindura icyerekezo cye cy’umuziki akinjira cyane mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana nyuma yo gushyingiranwa na Mimi Mehfira mu 2021.

Amakuru ahari kugeza ubu agaragaza ko iyi ndirimbo ishobora gusohoka idafite amashusho mashya (official video), bitewe n’icyerekezo Meddy ari kugenderamo muri iki gihe. Ahubwo hari gutekerezwa uburyo bwo kuyimenyekanisha hifashishijwe amashusho y’amagambo (Video Lyrics) cyangwa ibiganiro byihariye by’abahanzi bayikoze.

Kuba iyi ndirimbo igiye gusohoka nyuma y’igihe kinini byerekana ko nubwo Meddy atakigaragara cyane mu ndirimbo zisanzwe z’urukundo nk’uko byahoze, ataciye umubano n’abahanzi bakomeye bo mu karere, barimo na Eddy Kenzo bakoranye uyu mushinga mu gihe yari akiri umwe mu bahanzi bafite izina rikomeye muri muzika nyarwanda.

Meddy yatangiye kumenyekana cyane mu myaka ya 2008 binyuze mu ndirimbo zirimo Amayobera, Akaramata na Ungirira Ubuntu, mbere yo kwimukira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu 2010 aho yakomereje urugendo rwe rw’umuziki ndetse akorana n’abahanzi batandukanye bo mu karere no hanze yarwo.

Ku rundi ruhande, Eddy Kenzo ni umwe mu bahanzi bafite izina rikomeye muri Afurika. Yamamaye ku rwego mpuzamahanga mu 2014 abikesheje indirimbo Sitya Loss, yaje no kumuhesha igihembo cya BET Award mu 2015, aba umuhanzi wa mbere wo muri Uganda wegukanye icyo gihembo.

Kugeza ubu, Kenzo akomeje kuba umwe mu bahanzi bafite ijambo rikomeye mu muziki wa Uganda no muri Afurika y’Iburasirazuba, ndetse anakora inshingano zo kuyobora Ihuriro ry’Abahanzi bo muri Uganda (Uganda National Musicians Federation).

Mu itangazo rye, Kenzo yavuze kandi ko "Gusa" isohokera mu gihe kimwe n’indi ndirimbo ye yise "Missounwa" yasubiyemo afatanyije n’umuhanzikazi Monique Séka wo muri Côte d'Ivoire.

Eddy Kenzo aririmba amwe mu magambo mu rurimi rw'Ikinyarwanda, ndetse magambo akayaririmba mu rurimi rw'ikigande. Meddy aririmba mu kinyarwanda, Icyongereza ndetse n'Igifaransa.

Eddy Kenzo yatangaje ko indirimbo yitwa ‘Gusa’ yakoranye na Meddy ari ubufatanye bw'Akarere k'Afurika y'Iburasirazuba


Meddy amaze igihe afashe paji nshya mu rugendo rwe rw’umuziki, kuko umuziki w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO YA EDDY KENZO NA MEDDY


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...