Cycling: Kuss yegukanye etape ya 19 muri Giro d'italia Vingegaard

Imikino - 30/05/2026 1:52 PM
Share:

Umwanditsi:

Cycling: Kuss yegukanye etape ya 19 muri Giro d'italia Vingegaard

Umunyamerika Sepp Kuss na mugenzi we w’Umunya-Denmark Jonas Vingegaard bakinira ikipe ya Team Visma–Lease a Bike bakomeje kwigaragaza mu misozi ya Giro d’Italia 2026, aho Kuss yegukanye agace ka 19 mu buryo bw’amateka, mu gihe Vingegaard yakomeje gukomeza kuyobora urutonde rusange.

Ni agace ka 19 kari kagizwe n’intera y’ibilometero 151, kakanyura mu misozi ikomeye ya Dolomites ndetse gafite kuzamuka metero 5,000, mbere yo kurangiriza mu gace ka Alleghe mu ntara ya Veneto mu Butaliyani.

‎Intangiriro z’aka gace zari zikomeye cyane kuko hari higanje imihanda ihanamye ndetse n’imanuka itoroshye. Umutaliyani Giulio Ciccone ukinira Lidl–Trek yagerageje guhunga abandi amanuka nyuma, ashyiramo ikinyuranyo cy’iminota hafi umwe hasigaye kilometero 10 ngo isiganwa rirangire.

‎Gusa uyu munyamerika yahise atangira kumwirukaho akoresheje imbaraga nyinshi ubwo hatangiraga kuzamuka kwa nyuma. Aza gufata Ciccone hasigaye kilometero zirenga ebyiri gato, ahita amusiga maze asoza wenyine imbere y’abafana bari baje kureba iri siganwa akoresheje amasegonda 13 imbere y’Umunya-Canada Derek Gee, mu gihe Ciccone yabaye uwa gatatu arushwa amasegonda 36.

‎Ni mu gihe umunya-Autriche Felix Gall ukinira ikipe ya Decathlon AG2R La Mondiale Team yabaye uwa kane, naho Vingegaard asoza ari uwa gatanu bafite ibihe bingana.

‎Iyi ntsinzi yahise ituma Kuss yinjira mu mateka nk’umukinnyi wa 116 wegukanye uduce mu marushanwa yose akomeye ya Grand Tour, nyuma yo kuba yarabigezeho muri Tour de France ya 2021 ndetse na Vuelta a España ya 2019 na 2023.

‎Ku rutonde rusange, Vingegaard aracyayoboye Giro d’Italia n’iminota ine n’amasegonda atatu imbere ya Felix Gall, ibintu bituma akomeza gushyira amaboko ku gikombe mbere y’uduce twa nyuma tw’iri siganwa nk'uko bitangazwa na The Guardian.

‎Mbere y’uko agace ka 19 gatangira, Umunya-Ecuador Jhonatan Narváez wa UAE Team Emirates we yahise ava muri Giro d’Italia nyuma yo kugira ububabare bukabije bwatewe n’impanuka yagize ku munsi wabanje ubwo yari ari mu nzira asubira muri bisi y’ikipe ye.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...