Kuri
ubu, Jojo ari mu bakinnyi bagezweho muri Cinema, aho izina rye ryakoreshejwe
muri filime ‘La Vie’ ryamamaye cyane. Amaze gushyira ku isoko filime eshatu,
zirimo na ‘Intimba ya La Vie’ ari gukora muri iki gihe.
Uyu
mugore yari azwi cyane muri Orchestre Impala, aho yamaze imyaka 12 akorana
n’iri tsinda mu bitaramo, ibirori, n’ubukwe mu gihugu no hanze yacyo.
Yari
umwe mu nkingi za mwamba z’iri tsinda, ndetse benshi bamumenye cyane nyuma yo
gukorana na Munyanshoza Dieudonné mu ndirimbo zo Kwibuka Jenoside yakorewe
Abatutsi mu 1994.
Mu
kiganiro na InyaRwanda, Jojo yavuze ko urukundo rwe rwa Cinema rwatangiye ubwo
yarebaga filime ‘Umuturanyi’ ya Clapton, bikamuteza imbere mu gushaka amahirwe
yo gukina.
Yandikiye
abantu benshi asaba amahirwe yo gukina, ariko ntibyamukundira, kugeza ubwo
amahirwe yamugezeho akorana Clapton, bituma anagaragara muri filime z’abandi
barimo Nyambo na Killamn.
Jojo
yasobanuye ko gukora Cinema no kuririmba muri Orchestre Impala, byamugoye cyane
kuko atubahiriza amasaha aho yari akenewe hose.
Yagize
ati "Naravuze nti niba mfite akazi ka nijoro muri Orchestre Impala,
nkabona n’ako ku manywa ka Cinema, byari kuzazana ikibazo. Ntabwo nzarara
nijoro, hanyuma mu gitondo njye gukina filime. Byari kuzangora, kunanira, no
gutanga umusaruro mucye."
Yakomeje
avuga ko yatekereje ku ngaruka zo gukomeza muri Orchestre Impala. Ati "Naravuze
nti ese ndamutse mpagaritse gukorana na Orchestre Impala nkakomeza Cinema
byatanga uwuhe musaruro? Byamfasha iki?"
Yemeje
ko icyemezo cyo gusezera cyaturutse ku gushaka kwiyegurira Cinema no kwiga
kwandika no kuyobora filime, kuko yumvaga ari urugendo rushya mu buzima bwe.
Jojo yanavuze ko atigeze yandika ibaruwa yo gusezera, kuko byanyuze mu
biganiro, maze ashyira akadomo ku rugendo rwe mu Ukuboza 2024.
Ati
"Ntabwo cyari icyemezo cyoroshye kuko Orchestre Impala ni umuryango
wanjye. Uko nabasezeye, ntabwo nabasezeye nk'uko nabigombaga kubikora, ariko
byari ngombwa."
Jojo
yibukije ko icyemezo cyo guhitamo Cinema cyaturutse ku kutumvikana, kuko
urugendo rwe rwo kuririmba rwatangiye kumubangamira mu buryo bumwe cyangwa
ubundi.
Kuva
mu 2021, Joselyne yinjiye mu bakinnyi ba filime, akomeza urugendo rwe rwo
kuririmba muri Orchestre Impala, yubatse amateka akomeye mu muziki w’u Rwanda.
Kugeza
ubu, yagaragaye muri filime nka: ‘Umuturanyi’ ya Clapton, ‘The Message’ ya
Nyambo, ‘My Heart’ ya Killerman na ‘Ndirirende’ ya Nyirankotsa
Joselyne
avuga ko ashaka gushyira itafari rye mu rugendo rwa Cinema mu Rwanda, ndetse no
gutegura filime y’uruhererekane igaruka ku buzima bwo mu rugo.
Ati "Icyerekezo cyanjye ni ugukora filime zifite icyo zihindura ku buzima bw’abantu. Tuzakomeza gukina ubuzima busanzwe, ubwacu, ubw’abo dukunda n’abandi bose. Ni bwo buzima duhura nabwo mu rugo."
Jojo
yemeje ko yafashe icyemezo cyo gusezera muri Orchestre Impala kugira ngo
yiyegurire Cinema
Jojo
yavuze ko guhuza kuririmba no gukina filime byamubangamiraga, ari nayo mpamvu
yafashe icyemezo cyo gusezera mu itsinda
Uyu
mukinnyi wa filime ashimangira ko urugendo rwe rwa Cinema ari intambwe nshya mu
buzima bwe
Jojo
yavuze ko gusezera muri Orchestre Impala byari icyemezo kigoye kuko ari
umuryango we
KANDA HANO UREBE IKIGANIRO CYIHARIYE TWAGIRANYE NA JOJO WAMAMAYE MURI FILIME MURI IKI GIHE
KANDA HANO UREBE IGICE GISHYA FILIME ‘INTIMBA YA LA VIE' YA JOJO