Cristiano yasabiye abafana bashinyaguriye Diogo Jota witabye Imana kubuzwa gusubira muri Stade burundu

Imikino - 13/09/2026 2:26 PM
Share:

Umwanditsi:

Cristiano yasabiye abafana bashinyaguriye Diogo Jota witabye Imana kubuzwa gusubira muri Stade burundu

Cristiano Ronaldo yasabye ko abafana bose bagize uruhare mu gushotora Ruben Neves bakoresheje indirimbo zirimo izina rya Diogo Jota wapfuye, bahanishwa igihano gikomeye cyo kutazongera kwemererwa gukandagira muri stade iyo ari yo yose.

Ejo ku wa Gatandatu ni bwo Al Hilal ikinamo myugariro w’Umunya-Portugal Ruben Neves yanyagiye ikipe bita Al-Taawoun ibitego 6-0. Muri uyu mukino abafana ba Al-Taawoun batutse Ruben Neves bagera naho baririmba Jota kubera ko baziko yari inshuti ye.

Neves yatunguwe cyane n’iyi myitwarire, maze yerekeza urutoki mu kirere ndetse arwerekeza no kuri aba bafana abibutsa ko Jota ari kubareba kandi ko ibyo bakoraga bidakwiriye.

Neves yagize uruhare rukomeye mu ntsinzi ya Al-Hilal yatsinze Al-Taawoun ibitego 6-0, aho yahaye Ollie Watkins umupira wavuyemo igitego cya mbere hakiri kare mu mukino.

Undi mukinnyi mushya wa Al-Hilal, Gabriel Martinelli, na we yigaragaje cyane muri uyu mukino, atsinda ibitego bitatu bituma yuzuza hat-trick.

Iyi ntsinzi yafashije Al-Hilal gufata umwanya wa mbere muri Saudi Pro League, nyuma yo gutsinda imikino itandatu muri irindwi imaze gukinwa.

Ariko ibyabaye nyuma y’intsinzi byatwikiriye ibyishimo by’umukino, ubwo abafana ba Al-Taawoun batangiraga kuririmba bati “Jota! Jota! Jota!” berekeza kuri Neves.

Hari bamwe bavuze ko ayo magambo ashobora kuba yari agamije kwerekana icyubahiro bafitiye Diogo Jota, ariko benshi banenze cyane imyitwarire y’abo bafana.


Neves yasubije abo bafana akora ikimenyetso cy’amaboko gisobanura ko “Imana ibareba”, nyuma anabakoma amashyi mu buryo bwagaragazaga ko atishimiye ibyo bakoraga.

Nyuma y’umukino, ubwo Neves n’abakinnyi bagenzi be bari banyuze ahaganirwa n’itangazamakuru, uyu mukinnyi w’imyaka 29 yagize ati: “Gusa nizera ko batajya gusenga nyuma yaho.”

Ronaldo yasabye ko hafatwa ibihano

Cristiano Ronaldo ukinira Al-Nassr kandi akaba ari umunya-Portugal kimwe na Neves, yahise agaragaza ko atishimiye ibyabaye.

Ronaldo yasubije ku butumwa bwashyizwe kuri Instagram busaba ko shampiyona ihana abafana bagize uruhare muri iyo ndirimbo, ndetse ko bakwiye kubuzwa kongera kwinjira muri stade.

Ati: “Shampiyona igomba kugira icyo ikora kandi igahana ubu buryo bw’imyitwarire y’abafana. Ibi ntibikiri umupira w’amaguru, kandi hagomba kubaho imipaka.”

Yakomeje agira ati: “Abantu bitwara gutya ntibakwiye kongera kwemererwa kwinjira muri stade.”

Neves yari afitanye umubano ukomeye na Jota

Ruben Neves yari inshuti ya hafi cyane ya Diogo Jota, ndetse urupfu rutunguranye rw’uyu mukinnyi mu mpeshyi ya 2025 rwamukomerekeje bikomeye.

Jota na murumuna we Andre Silva bapfuye bazize impanuka y’imodoka yabereye mu ntara ya Zamora muri Espagne, ubwo bari bagiye gusubira mu Bwongereza mbere y’uko Jota yitabira imyitozo ibanziriza shampiyona.

Neves yari umwe mu bantu batwaye isanduku y’umurambo wa Jota mu muhango wo kumusezeraho, kandi kuva icyo gihe yakomeje kuba hafi y’umuryango we.

Nk’uko tubikesha talkSPORT, mu butumwa bukomeye yanditse nyuma y’urupfu rwa Jota, Neves yavuze ko umubano wabo wari urenze ubucuti, ahubwo ko bari nk’umuryango.

Ati: “Turenze ubucuti, turi umuryango, kandi ntabwo tuzabihagarika kubera ko ubu wahisemo gusinya amasezerano ahantu kure yacu.”

Neves yavuze kandi ko igihe azajya mu Ikipe y’Igihugu ya Portugal, Jota azakomeza kuba hafi ye mu bitekerezo, haba ku meza, muri bisi cyangwa mu ndege.

Yagize ati: “Ubuzima bwaduhuje, kandi ubu ntibushobora kudutandukanya.”

Nyuma y’urupfu rwa Jota, Liverpool yafashe n’icyemezo cyo gukuraho nimero 20 yambaraga, ku nzego zose z’ikipe.

Iki cyemezo cyabaye ubwa mbere mu mateka y’imyaka 134 ya Liverpool, aho iyi kipe yari ikuyeho ku mugaragaro nimero y’umwambaro w’umukinnyi.

 




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...