Cristiano Ronaldo yanze gukinira Al Nassr

Imikino - 02/02/2026 10:50 AM
Share:

Umwanditsi:

Cristiano Ronaldo yanze gukinira Al Nassr

Cristiano Ronaldo yanze gukinira ikipe ya Al Nassr FC ku mukino ifitanye na Al Riyadh nyuma y’uko atishimiye uburyo iyi kipe icunzwemo ndetse n’uburyo yitwara ku isoko ry’igura n’igurisha ku bakinnyi.

Kuri uyu wa Mbere saa kumi n'imwe n’iminota 30 ni bwo ikipe ya Al Nassr irakirwa na Al Riyadh mu mukino wo ku munsi wa 19 wa shampiyona ya Arabia Saudite. Ibinyamakuru birimo Marca byanditse ko Cristiano Ronaldo atarakina uyu mukino bidatewe n’imvune cyangwa ikindi kibazo afite ahubwo bitewe n’umwanzuro we ku giti cye.

Impamvu nyamukuru yafashe uyu mwanzuro byatewe n’uko atishimiye uburyo ikigega cya Arabia Saudite gishinzwe imari ya Leta (PIF) kigenzura Al Nassr. Cristiano Ronaldo avuga ko Al Nassr ititabwaho nk'uko andi makipe arimo Al Hilal yo yitabwaho n’iki kigega cyane cyane mu bijyanye no gusinyisha abakinnyi bashya.

Mu minsi ishize, Al Hilal yavuzweho gushaka gusinyisha Karim Benzema wakiniraga Al Ittihad bikaba biri mu byarakaje cyane Cristiano Ronaldo. Ni mu gihe Al Nassr yo nta bakinnyi yigeze igura kuri iri soko ry’igura n’igurisha ndetse no mu mpeshyi ikaba ntabo yaguze bakomeye.

Cristiano Ronaldo arimo ararwana no gutwarana na Al Nassr igikombe cya mbere dore ko kuva yayigeramo batwaranye icya Arab Club Cup ariko ntabwo kibarwa n’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku Isi, FIFA.

Cristiano Ronaldo ntabwo akina umukino wa Al Riyadh nyuma y'uko atishimiye uburyo Al Nassr icunzwemo


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...