Igihe coronavirus yagaragaye mu Bushinwa, abantu hirya no hino mu karere
bihutiye gutangira kwambara mask yo mu maso buri gihe umuntu agiye kujya mu
ruhame. Ibi byatewe n’uko mu Bushinwa bari
bakibuka neza ishyano ryabagwiriye ubwo hateraga icyorezo cya Sars, ibyo iki cyorezo cyenda gusa
Koronavirusi cyabakoreye byatumwe kwambara masike kugirango wirinde unarinde n’abandi
bisa nk’ibigiye mu muco wabo.
Ibi
rero nti byari biri mu biguhu by’ibirengerazuba bw’isi, kuko ubwo batangira
kuburirwa ngo bagure imiti isukura intoki kandi bibike no gushaka udupfukamunwa,
abantu bitaye cyane ku kugura imiti isukura intoki ndetse n’imibare y’abahahira
ku masoko akorera kuri Murandasi igaragazagako abatumije masike ari bake cyane
, ndetse n’igihe babwiriwe kuzambara mu ikubitiro wasangaga
abantu benshi banga kuzambara ngo zibapfuka mu maso.
Kwambara masike kandi
byabangamiwe cyane n’amacakubiri ashingiye ku moko yari amaze gufata indi ntera
ihambaye muri ibi bihugu bwo mu burengerazuba bw’isi, aho bibasigara abantu
bakomoka ku mugabane w’Aziya babashinja ko aribo babateje iki cyorezo, bityo
ukubonye wambaye masike agahita atangira kukubona nk’umunyaziya ubwo ugatangira
guhohoterwa cyane, bityo abenshi batangira guhagarika kuzamba mu rwego rwo
kwirinda guhohoterwa.
Nyamara kugeza ubu,
ibintu byahinduye isura kuko kuva mu mijyi nka New York muri USA kugera Berlin
mu Budage, kwambara masike byabaye nk’umuco ndetse kwibeshya ugasohoka
utayambaye uba witeguye ibyago cyangwa ibihano bikomeye.
Abantu babarirwa muri
za miriyoni barimo kwiga uburyo bwo kwihangira masike ubwabo mu gihe
bagitegereje ko ibikoresho bisubira guhahirwa
mu maduka.
Ubundi gahunda yo
kwambara masike yabaye nk’itinzwa n’ikibazo cyo kutumva ibintu kimwe hagati y’abahanga
mu bushakashatsi n’abategetsi bo mu isi kuko batumvaga neza niba bifasha
kugabanya ikwirakwizwa ry'indwara. Ikimaze kugaraga ni uko kwamabara masike
bidafasha gusa abaganga n’abandi bita kubarwayi ba Koronavirusi, ahubwo bifasha
umurwayi ndetse n’abandi bantu batarandura kuko bubarinda kwanduzwa n’imyuka
yasinzwe n’abarwayi.
Ariko uko ikibazo cya
coronavirus gikomeje kwiyongera, niko leta zishakisha inzira zo kwikura mu
kibazo cy’ubukungu bwifashe nabi, kuko bigaragarako Koronavirusi itazashira
vuba
Dore uburyo ibihugu
bitandukanye byagenzuye ibikoresho bya mask no kwambara mask mugihe barwana na
coronavirus.
Repubulika
ya Tchèque:
Repubulika ya Tchèque
nicyo gihugu cya mbere cy’Uburayi cyatangaje kwambara masike zipfuka umunwa n’amazuru
mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya Koronavirusi, hakaba hari mu mataliki yo
hagati muri Werurwe. Mu rwego rwo gutanga urugero rusange, minisitiri w’intebe,
Andrej BabiÅ¡, n’abandi banyapolitiki bagejeje ijambo ku nteko kandi bagaragara
kuri televiziyo bambaye masike. Guverinoma yavuze ko iyi politiki yafashije
kugabanya ikwirakwizwa ry’indwara, no kugenzura iki cyorezo.
Tayiwani:
Kubera ko Tayiwani yari
yiteze ko masike izakenerwa cyane, Tayiwani yatangiye gutanga masike muri
Mutarama, iha buri wese amafaranga, Umuntu yashoboraga kugura kuri farumasi
zabigenewe. Igihugu kandi cyashoye amafaranga menshi mu gushyiraho ubushobozi
bushya bwo gukora mask, ndetse bategeka ko muri buri cyumba cya Hotel hagomba
gushyirwamo masike zirinda coronavirus. Nta tegeko ryatowe ryo kwambara mask muri iki gihugu, ariko
kubera uburambe bwo kubaho mu cyorezo cya Sars, abantu bamenyereye kuyambara igihe
cyose bagiye ahantu hahurira abantu benshi.
Ubudage:
Ubudage Ku ya 15 Mata, Angela Merkel yasabye abantu kwambara
masike, kandi kuva icyo gihe leta zose uko ari 16 zigize Ubudage zategetse ko
zigomba kwambarwa mu gihe cyose abantu bari mu modoka rurange nde no mu masoko
yose. Ndetse kandi umuntu yemerewe gukoresha masike iyo ariyo yose ipfa kuba
imupfutse umunwa n’amazuru ndetse n’iyo yakoresha agatambaro ntakibazo.
Icyakora, imijyi myinshi yavuze ko itazubahiriza amategeko cyangwa ngo itange
amande, kuko idafite abakozi bahagije. Umujyi wa Jena w’iburasirazuba
ni uwa mbere wahisemo kwambara mask byateganijwe kandi byabagiriye akamaro
gakomeye. Umuyobozi w'akarere, Christian Gerlitz, yavuze ko “99% by'abaturage
bubahiriza amategeko ".
Amerika
Mu ntangiriro za Mata,
Ikigo cyo muri Amerika gishinzwe kurwanya no gukumira indwara cyahinduye cyahinduye
ibyo cyari kimaze amezi menshi gishimangira ko abantu bafite ubuzima bwiza
badakeneye kwambara masike, kinasaba buri wese kwambara udupfukmurwa. Abantu babishoboye bihutiye kuzigura ndetse
abandi batangira kwiga uko bazikorera ubwabo.
Perezida Donald Trump
yavuze ko aya mabwiriza umuntu azayakurikiza ku bushake, kandi ko we atazigera
apfuka umunwa n’amazuru, nubwo umugore we Melania aherutse gushyira hanze ifoto
ye yambaye mask, anashishikariza abandi
kubikora. Abandi bayobozi bakomeza baburira abantu ko gupfuka mu maso bitagomba gusimbuzwa
gukaraba intoki no gutandukanya imibereho ngo bumveko ibintu byasubiye mu
byoryo.
Ubuyapani
Kwambara masike
biramenyerewe mu Buyapani, ariko mu gihe iki gihugu cyakajije umurego mu
kurwanya iki cyorezo, cyatangaje mu ntangiriro z'uku kwezi ko kizaha buri rugo masike
ebyiri zimeswa zikongera kwambarwa.
Hong
Kong
Masike yambarwa mu
ruhame n’abaturage benshi muri Hong Kong kuva icyorezo cyatangira.
Imikoreshereze yabo yashyigikiwe na guverinoma, ariko ntabwo itegetswe.
Habayeho impagarara zatewe n’uko mu
baturage benshi bo mu mujyi batuye bangaga kwipfuka mu maso mu maso,
Ariko ubu impuguke mu
by'ubuzima zirahamagarira leta zose ngo kwipfuka umunwa n’amazuru bibe itegeko.
Src: theguardian
