Coach Gaël yavuguruje ibyo The Ben yatangaje kuri Bruce Melodie?

Imyidagaduro - 10/10/2025 7:46 AM
Share:

Umwanditsi:

Coach Gaël yavuguruje ibyo The Ben yatangaje kuri Bruce Melodie?

Nyuma y’iminsi micye The Ben atangaje amagambo yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza ko abahanzi bakorana na Coach Gael bakwiye kumushimira cyane kuko iyo atahaba “bari kuba baraguye hasi”, uyu mucuruzi n’umushoramari mu muziki yasubije mu buryo buteruye, ashimangira ko yahuye na Bruce Melodie ari umuhanzi ufite impano ikomeye kandi ufite uruhare rukomeye mu iterambere ry’uruganda rw’umuziki nyarwanda.

Karomba Gaël benshi bamaze kumenya nka Coach Gaël, yanditse kuri konti ye ya Instagram mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 9 Ukwakira 2025, avuga ko ibyo amaze kugeza kuri Bruce Melodie, bishingiye ku bikorwa yamusanganye n’izina yari asanzwe afite mu muziki.

Mu magambo ye yuzuye icyubahiro aherekejwe n’indirimbo ‘When She’s around’ Bruce Melodie yakoranye na Shaggy wo muri Jamaica, Coach Gaël yagize ati “Namusanze ari umwami w’umuziki, nubakiraho pe!”

Aya magambo ya Coach Gaël yagaragaye nk’aho ari ibisubizo ku byo The Ben yari aherutse kuvuga, ubwo yari mu kiganiro “One on One” igice cya 57.

Muri icyo kiganiro, The Ben yagize ati “Coach Gael ari muri ba bantu navugaga. Nakwifuje ko abantu bamenye uwo ariwe. Ni umwana mwiza, ku buryo indirimbo 'Why' n'ikipe yanjye ariwe tuyicyesha. Ndetse n'uruganda rw'umuziki rwose muri rusange. Mu gihe gito ahamaze, amaze guhindura ibintu byinshi, nibaza ko n'abahanzi bakwiye kwicara bagashimira Coach Gael cyane cyane abo bakorana, kuko ndatekereza ko iyo atahaba bari kuba baraguye cyane."

Iyi mvugo ya The Ben ntiyakiriwe kimwe n’abafana ba Bruce Melodie, aho bamwe babifashe nk’amagambo asebya uwo muhanzi wubatse izina rye mbere y’uko ahura na Coach Gael.

Bavugaga ko Bruce Melodie ari umwe mu bahanzi bamaze igihe kirekire bagira uruhare mu iterambere ry’umuziki nyarwanda, kandi ko imyaka myinshi ishize yihagazeho ku giti cye, adafite umuterankunga ukomeye inyuma ye.

Bamwe ku mbuga nkoranyambaga bagize bati “Ibaze ariko abahanzi bakorana na Gael atari Gael bari kuba baraguye. Icyo nzi n’uko umuhanzi ukorana na Gael ari umwe gusa. Abandi bose bakoranaga na 1:55 AM.”

Undi yagize ati “Nibyo koko Coach Gael akwiye gushimirwa ariko icyo njye ntemeranya na Ben ni ‘Bari kuba baraguye cyane tuuu’, nonese we ko badakorana yaraguye?”

Undi yunze agira ati “Ariko Gael n’umugabo pe. Nanjye ibikorwa bya Gael byose nabimenye mbimeshejwe na Melody!! N’aho abandi ngo Melody aba yarazimye […]

Abasesengura ibijyanye n’imyidagaduro basobanura ko The Ben ashobora kuba yaravugaga ku bahanzi bari mu nzu ya 1:55 AM, inzu isanzwe ibarizwamo Bruce Melodie.

Uyu ni we muhanzi usigaye akorana bya hafi na Coach Gaël nyuma y’uko abandi bahanzi bari bayirimo, barimo Kenny Sol na Ross Kana, bamaze kuyivamo cyangwa bari mu nzira zo gutandukana na yo mu buryo bw’amategeko.

Kugeza ubu, 1:55 AM ni imwe mu nzu zifite ijambo rikomeye mu muziki nyarwanda, kubera ibikorwa bikomeye byayo mu myaka itatu ishize birimo guteza imbere no guteza imbere umuziki w’abahanzi barimo Bruce Melodie, ndetse n’uruhare igira mu gukorana n’abatunganya umuziki nka Element.

Icyakora, amagambo ya Coach Gaël agaragaza icyubahiro gikomeye afitiye Bruce Melodie, akerekana ko hagati yabo nta makimbirane cyangwa kutumvikana kuri uko gufashanya.

Ahubwo, yerekana ko buri ruhande rufite uruhare mu rundi: The Ben abonamo umuterankunga uhamye, naho Coach Gaël abonamo umuhanzi ufite impano yihariye ishingiye ku bunararibonye n’umurava.

Ariko kandi amagambo ya Coach Gaël asa n’aho asubizaho icyizere mu bafana ba Bruce Melodie, benshi mu bavuze ko bashimishijwe no kubona Coach Gael ubwe yemeza ko Melodie ari “umwami w’umuziki nyarwanda”, bityo akamushyira mu rwego rwo hejuru nk’umwe mu bagize uruhare rukomeye mu guha agaciro umuziki w’u Rwanda muri iki gihe.

Namusanze ari umwami w’umuziki, nubakiraho pe!” — Coach Gaël yashimye Bruce Melodie ku mpano ye idasanzwe

 

The Ben yavugishije benshi avuga ko “iyo Coach Gaël atahaba, abahanzi bakorana na we bari kuba baraguye hasi.” 


Abafana ba Bruce Melodie bavuze ko yari amaze kubaka izina rikomeye mbere y’uko ahura na Coach Gaël

Ubutumwa bwa Coach Gael bushimangira ko yahuye na Bruce Melodie ari icyamamare, kandi ko yubakiye ku bikorwa bye


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...