Coach Gael yemeye guheba asaga Miliyoni 100 Frw yishyuzaga The Ben? Ni ibiki baganiriye?

Imyidagaduro - 16/08/2024 12:44 PM
Share:

Umwanditsi:

Coach Gael yemeye guheba asaga Miliyoni 100 Frw yishyuzaga The Ben? Ni ibiki baganiriye?

Bifashe hafi imyaka ibiri kugira ngo hasohoke amafoto agaragaza akanyamuneza ku maso hagati ya Mugisha Benjamin wamamaye nka The Ben n'umunyamafaranga Karombo Gael wamenye nka Coach Gael.

Ni amafoto yagiye hanze ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 15 Kanama 2024, asamirwa hejuru n'abantu banyuranye basanzwe bakoresha imbuga nkoranyambaga, bagaragaza ko banyuzwe no kuba aba bagabo bombi biyunze nyuma y'igihe kinini bashwana.

Ariko amakuru ahari ahamya ko aba bombi bahuye ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 14 Kanama 2024, bari kumwe na Kevin, umukozi muri Kigali Universe. Ni ibiganiro byamaze amasaha arenga abiri, nyuma bafata amafoto y’urwibutso yafashwe na Manzi Felix.

Kuri The Ben byabaye urwibutso rudasaza kuri we, kuko yanditse agaragaza ko abavandimwe bombi bongeye kwiyunga nyuma y'igihe kinini bashwana.

Kandi yagaragaje guhura na Coach Gael nk'intambwe ifatika mu rugendo rwo gushyira itafari ku rugendo rw'umuziki w'u Rwanda.

Ally Soudy wabaye umunyamakuru ukomeye mu Rwanda, ariko muri iki gihe ubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yanditse kuri konti ye ya Instagram agaragaza ko ubuzima ari bugufi, bityo abantu bakwiye kubana mu mahoro.

Yagize ati "Naho ubundi, ubuzima ni bugufi, ntawe nzi wagiye ngo agaruke cg ngo ibintu abimanukane iyooo! Abantu dupfa ubusa gusa."

Byagenze gute ngo bagaragare bari kumwe nyuma y’uko bashwanye

Ni ubwa mbere Gael yagaragaye mu ruhame ari kumwe na The Ben nyuma y’uko bashwaniye muri Tanzania, kubera ko bananiranwe gukorana nk’umuhanzi yifuzaga muri ‘Label’ ye.

Gael yashakaga gushora imari muri The Ben afatanyije na Dj Innox ubarizwa muri Amerika muri iki gihe. Muri Kontaro bahaye The Ben harimo ingingo ivuga ko bari kuzajya bamufasha gukorana indirimbo n’abahanzi mpuzamahanga, ndetse bari biyemeje guhera kuri Diamond n’ubwo byarangiye Gael amutanye ikorwa ry’iriya ndirimbo.

Kuva bombi bashwana, ntawongeye kubabona imbona nkubone, yaba ku mbuga nkoranyambaga cyangwa se mu ruhame.

Byakomeje kuvugwa mu itangazamakuru ko bombi badacana uwaka, ndetse byagiye bivugwa cyane ko Gael yishyuza The Ben arenga Miliyoni 100 Frw yamutanzeho abariyemo ayo bakoresheje bava muri Amerika bajya muri Tanzania, amafaranga yishyuwe indirimbo yakoranye na Diamond, ayo The Ben yifashishije n’ibindi binyuranye.

The Ben we yemeraga kwishyura Gael arenga Miliyoni 50 Frw, akavuga ko atarimo Miliyoni 100 Frw nk’uko Coach Gael yabivugaga.

Kuva icyo gihe inzigo yabaye inzigo, ndetse Gael ahitamo gukorana na Bruce Melodie amukorera buri kimwe mu rwego rwo kwereka The Ben ko yahombye.


The Ben yinjiye kwa Coach Gael atakomanze

Mu mezi abiri ishize nibwo Kevin Kade yahuye na Producer Element amwumvisha zimwe mu njyana z’indirimbo yacuze ‘Beat’ ahitamo imwe yumvaga ari nziza kuri we.

Iriya ‘Beat’ yahisemo yari iy’indirimbo Bruce Melodie yagombaga gukora, ariko yari amaze igihe abwira Element ko azayifatira amajwi ariko atarabona umwanya.

Ni uko Kevin Kade yatangiye gukora indirimbo muri ‘Beat’ yari iya Bruce Melodie. Nk’umuhanzi watekerezaga kwaguka muri we, yaganirije The Ben iby’umushinga w’iyi ndirimbo, amusaba ko bayikorana.

Ni ibintu The Ben yumvise vuba aramufasha ndetse bahana gahunda yo kuzajya kuyifatira amashusho muri Tanzania. Hagati aho, ariko Element yumvise uburyo ikoze n’uburyo aba bahanzi bayikoze neza, yasabye ko nawe yaririmbamo inyikirizo yayo- Niko byagenze.

Element, Kevin Kade, The Ben ndetse na Director Gad bahise berekeza muri Tanzania gukora amashusho y’iyi ndirimbo. Icyo gihe, Gad yari asohoje gufata amashusho y’indirimbo ‘Nditinya’ y’umuhanzikazi La Reina.

Rwari urugendo rwiza kuri aba bahanzi bombi- Ndetse, Kevin Kade yari yamaze kwishyura Miliyoni 2 Frw z’iyi ndirimbo mu bijyanye na ‘Audio’ yayo.


Isoko y'amakuru ivuga ko Element yagiye muri Tanzania, ubuyobozi bwa Label ye butabizi, ibintu byatumye Coach Gael ahaguruka avuga ko iyi ndirimbo itazigera isohoka, kuko Element yishe amasezerano asanzwe afitanye n’iyi Label.

Ni inkuru yagarutsweho cyane mu itangazamakuru, ndetse icyo gihe Element yasabwe kuva mu ndirimbo cyangwa se akishyura amafaranga arenga Miliyoni 500 Frw nk’igihano cy’uko yarenze ku masezerano.

Ibi byahagurukije The Ben yandika agaragaza ko amaze kurambirwa n’abantu badaharanira iterambere ry’umuziki. Ni mu gihe Element, we yanditse avuga ko gukorana indirimbo na The Ben, byabaye amata yabyaye amavuta, kuko ari umuhanzi yakuze akunda.

Ku rubuga rwe rwa X yagize ati ““Ukuri ni uku, Tiger (The Ben) ni mukuru wanjye akaba n’umunyabigwi. Buri gihe byahoraga ari inzozi zanjye gukorana na we. Nta muntu ngomba ikintu na kimwe, indirimbo rero igomba gusohoka vuba bishoboka."

Ibi byatumye Jimmy Muyumbu watanze amafaranga kugira ngo iyi ndirimbo ikorwe ahaguruka atangira gushaka uko The Ben na Coach Gael bakwiyunga.

Ni nako byagenze, kuko mu ijoro ryo ku wa Gatatu, The Ben yahuye na Coach Gael baraganira, ariko birinda kuvuga cyane ku byahahise bitewe n’ibyo banyuranyemo.

Ni iki baganiriye ubwo bombi bahuraga!

Umwe mu bazi neza uko ibiganiro bya The Ben na Coach Gael byagenze, yabwiye InyaRwanda ko ibiganiro byabo byibanze cyane ku kurebera hamwe uko umubano wabo wazahuka ariko ‘birinze kugaruka ku kibazo cy’amafaranga asaga Miliyoni 100 Frw Coach Gael avuga ko The Ben bamufitiye’.

Yavuze ko barebye inkomoko y’ikibazo cyatumye indirimbo ‘Sikosa’ The Ben, Kevin na Producer Element bahuriyemo. Avuga kandi ko ibiganiro na Coach Gael na The Ben bitageze ku iherezo ‘kuko bigomba kuzakomeza uko byagenda kose’.

Uyu yanavuze ko The Ben na Coach Gael mu biganiro byabo birinze no kugaruka ku kuntu umubano wabo wazambye, umwenda buri umwe amufitiye n’ibindi.

Aba bombi bahuye mu gihe The Ben, Element na Kevin Kade bitegura gusohora indirimbo ‘Sikosa’ ku wa Mbere tariki 19 Kanama 2024.  Igiye gusohoka mu gihe yavugishije benshi amagambure, bitewe n’uko havuzwemo urwango rw’igihe kirekire.

Mu gihe Kevin Kade yabunzaga imitima yibaza niba indirimbo ye izasohoka, yari aherutse kugaragaza ko mu gihe atahabwa uburenganzira ku ndirimbo ye, afite indi yitwa ‘Nyiragonga’ igomba kujya hanze.

The Ben yakomerewe no kwakira ibyagiye bimubaho mu bihe bitandukanye

Mu Kwakira 2023, The Ben yakoreye igitaramo gikomeye mu Burundi. Ariko mbere yo gutaramira abakunzi be, byavuzwe ko habuze gato ngo iki gitaramo gifungwe n’abantu atigeze avuga mu izina, nyamara yari amaze igihe agitegura.

Ariko kandi mu gitaramo yakoreye muri BK Arena, ku wa 7 Kanama 2022, yigishije urukundo mu gihe cy’iminota isaga ibiri, abantu ntibamwumva ariko yeruraga ikibazo afitanye na Karomba Coach Gael, cyagejeje ku gihombo cy’arenga za Miliyoni ku bari bamutumiye muri kiriya gitaramo.

The Ben ntiyigeze avuga mu izina ikibazo afitanye na Coach Gael usanzwe ari ‘Executive Producer’ wa 1: 55 Am ariko nawe amaso n’amatwi biraguha.

Ku mbuga nkoranyambaga huzuye ibiganiro byinshi bivuga kuri aba bombi, urwango ruri mu muziki w’u Rwanda n’ibindi bigaragaza ko biteye impungenge.

Mu bitaramo bibiri yakoreye mu Burundi, The Ben yarumye ahuha avuga ko hari abantu bashatse kwica ibitaramo bye. Ijambo yavuze yarihuje n’isengesho, asaba abantu gukundana bakarenga iby’Isi buri wese azasiga akitahira kwa Jambo.

Yagize ati "Twese duhora dusaba gutsinda umwanzi, akatuzunguza ariko tukamutsinda. Umwanzi azahora atsindwa ibihe byose. Umwanzi uguhiga, ukurwanya, aho uri hose azahora atsindwa ibihe byose mu izina rya Yesu."

Coach Gael yagiye ahakana kubanira nabi The Ben

Ubwo yari mu kiganiro ku rubuga rwa X mu Kwakira 2023, Coach Gael yavuze ku byavuzwe hagati ye na The Ben. Yumvikanishije ko nta kibazo bafitanye ndetse ko banavugana.

Aragira ati "Kuri ibyo bintu ngo bya The Ben n'ibiki byose, kuki nanga The Ben, [...]. Njyewe ndi umuntu wakoranye na The Ben hafi, twaganiriye hafi nk'abavandimwe, twakoranye n'ubu tukivugana.

Wibaza y'uko mu by'ukuri we yanyanga nanjye nkamwanga, ntimube mubona ibintu bifite gihamya? Mwaba mubona ibintu bifite gihamya kandi bisa nabi." 

Akomeza ati “Njyewe na The Ben twavuganye nk'abavandimwe ariko niba nta bintu bifite gihamya mubona ni uko, ni amagambo, ni ibihuha, ni Showbiz z'abantu batangiza z'ibihuha nk'abo bose bameze nk'amapusi."

 

The Ben yagaragaje ko abavandimwe bongeye kwiyunga nyuma y’imyaka ibiri barebana ay’ingwe


Kevin [Ubanza ibumoso], umukozi muri Kigali Universe ari kumwe na The Ben na Gael mu biganiro byatangije ubwiyunge


Gael yagiye yumvikana avuga ko nta kibazo afitanye na The Ben, nyamara aherutse kumurega mu nkiko zo muri Amerika amwishyuza arenga Miliyoni 100 Frw


The Ben yagiye asuka amarira ku rubyiniro atavuga mu izina Coach Gael, ariko agaragaza ko abangamiwe n’uburyo asubiza inyuma umuziki we


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...