Yabigaragaje mu magambo yuje
icyizere yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere
tariki 26 Gicurasi 2025, aho yagize ati: “U Rwanda rwarafungutse. Nzazana Chris
Brown i Kigali. Muzabibona.”
Ni amagambo yatunguye benshi ndetse
atuma bamwe bibaza niba ari inzozi zisanzwe cyangwa se umugambi wateguwe ku
rwego rwo hejuru.
Coach Gael asanzwe ari nyiri 1:55 AM
– inzu ifasha abahanzi barimo Bruce Melodie, Producer Element, na Kenny Sol. Ni
na we washinze Kigali Universe, kimwe mu bigo bigamije guteza imbere
ubukerarugendo n’imyidagaduro mu Rwanda, ndetse anafite ikipe ya UGB.
Uyu munyemari yabitangaje mu gihe
Chris Brown aherutse kuvugwa cyane mu itangazamakuru kubera ifungwa rye ryabaye
mu Bwongereza, mbere yo kongera kurekurwa. Nubwo Coach Gael atatangaje
amatariki cyangwa ibikenewe ngo uru rugendo ruzagerweho, yavuze ko adateze
gusubira inyuma ku cyemezo yafashe.
Chris Brown yigeze kugeragezwa?
Si ubwa mbere u Rwanda rugaragaza
ubushake bwo kwakira icyamamare nka Chris Brown. Hari n’amakuru avuga ko hari
ibiganiro byigeze kubaho hagati ye n’abamuhagarariye, ariko bikarangira
bitageze ku musozo.
Gusa kuba Coach Gael ubwe yivugiye
ko “u Rwanda rwarafungutse” kandi agasinyira ku byo avuga, bitanga icyizere ko
bishobora kuba impamo.
Coach Gael afite inzozi zihanitse
Ibi abitangaje nyuma y’imyaka itatu
agaragaza ubushake bwo kuzamura imyidagaduro nyarwanda.
Yabaye Pasiteri, aba umucuruzi, ubu
akaba ari umwe mu bantu bafite ibikorwa bifatika mu guteza imbere abahanzi.
Yafashije Bruce Melodie kugera ku rwego mpuzamahanga, ahuza Producer Element na
Diamond Platnumz, ndetse atangiza Kigali Universe nk’ahantu hashya
h’imyidagaduro n’ubukerarugendo.
Nubwo amagambo nk’aya rimwe na rimwe
afatwa nk’amashyengo cyangwa inzozi zitaragera ku rwego rw’ukuri, Coach Gael
yagaragaje ko afite icyizere gihagije cyo kuzana Chris Brown i Kigali. Asoza
avuga ati: “Muzabibona.”
Uko byagenda kose, icyerekezo
n’ubwitange bya Coach Gael, nibishyigikirwa, bishobora guhindura amateka
y’imyidagaduro mu Rwanda.
Ibikenewe mu gutumira Chris Brown mu gitaramo
Gutegura igitaramo cya Chris Brown
mu Rwanda bisaba gutekereza ku ngengo y’imari ikomeye, kuko uyu muhanzi ari
umwe mu bahenze ku isi.
Kugira ngo Chris Brown aririmbe mu
gitaramo, bisaba hagati ya $300,000 na $1,000,000 USD, bitewe n’uburemere
bw’igitaramo, igihe azamara ku rubyiniro, n’ibindi bisabwa.
Hiyongeraho amafaranga y’urugendo
(nk’indege yihariye), icumbi ry’itsinda rye, umutekano, ibikoresho by’umuziki,
n’ibindi byose bisabwa kugira ngo igitaramo kigende neza.
Chris Brown afite ibyo asaba
byihariye, birimo ibiribwa, ibinyobwa, n’ibindi bikoresho byihariye ku
rubyiniro.
Bisaba gutegura urubyiniro rufite
ibikoresho bigezweho, harimo amatara, amajwi, n’ibindi byose bikenewe mu
gitaramo cy’icyamamare nka Chris Brown.
Harimo amafaranga y’ubwishingizi,
ibyangombwa byo kwinjira mu gihugu (visa), n’ibindi byose bisabwa mu gutegura
igitaramo mpuzamahanga.
Muri rusange, gutegura igitaramo cya
Chris Brown i Kigali bishobora gusaba ingengo y’imari iri hagati ya $1,000,000
na $2,000,000 USD, bitewe n’ibisabwa byose.
Chris Brown ari mu rugendo
rw’ibitaramo muri iki gihe yise “Breezy Bowl XX”, aho azenguruka ibihugu
bitandukanye mu Burayi na Amerika.
Urugendo rwe ruteganyijwe gutangira ku itariki
ya 8 Kamena 2025 i Amsterdam, rugasorezwa i Memphis ku itariki ya 18 Ukwakira
2025.
Muri uru rugendo, azataramira mu
bihugu birimo: U Bwongereza: Manchester, Londre, U Bufaransa mu Mujyi wa Paris,
muri Amerika azagera mu Mujyi irimo: Miami, Detroit, Washington, D.C., Toronto,
Philadelphia, Atlanta, n’ahandi
Ibi bitaramo bizaba bifite
abashyitsi badasanzwe barimo Summer Walker na Bryson Tiller ku matariki amwe
n’amwe.
Chris Brown aherutse gufungwa mu
Bwongereza azira gukubita umuntu mu kabyiniro, ariko yaje kurekurwa nyuma yo
gutanga ingwate ya miliyoni 4 z’amapawundi.
Nubwo afite ibibazo by’amategeko,
yahawe uburenganzira bwo gukomeza urugendo rwe rw’ibitaramo, ariko agomba gukurikiza amabwiriza y’inkiko.
Coach Gael yagaragaje ko afite
inzozi zo gutuma Chris Brown ataramira i Kigali ku nshuro ye ya mbere
Chris Brown ari kwitegura ibitaramo
azakorera mu Bwongereza, muri Amerika n’ahandi
Mu ntangiriro z’uyu mwaka, Chris
Brown yatekerejweho kugirango ataramire muri Stade Amahoro ariko ntibyakunda
Ubutumwa Coach Gael yanyujije ku
rubuga rwe rwa Instagram kuri uyu wa Mbere tariki 26 Gicurasi 2025
KANDA HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO 'RESIDUALS' YA CHRIS BROWN