Ni ubutumwa bwatanzwe
n'umushoramari Karomba Gael, uzwi nka Coach Gael, wagaragaje ko ikoreshwa
ry'ibiyobyabwenge ari imwe mu mbogamizi zikomeye zituma abashoramari batinya
gushora amafaranga mu bahanzi, kabone n'iyo baba bafite impano idasanzwe.
Yabigarutseho kuri uyu wa
Mbere, tariki ya 4 Kanama 2026, mu kiganiro cyahuje inzego za Leta, abafata
ibyemezo ndetse n'abakora mu ruganda rw'imyidagaduro, cyibanze ku ngaruka
z'ibiyobyabwenge n'uruhare rwa buri wese mu kubikumira.
Muri iki kiganiro, Coach Gael
yari kumwe n'umuhanzi Nel Ngabo, DJ Iraa ndetse n'umuraperi Bushali, mu gihe
cyayoborwaga n'Umuyobozi w'Ishuri rya Muzika rya Nyundo, uzwi nka Mighty Popo.
Cyitabiriwe kandi na
Minisitiri w'Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, Minisitiri w'Urubyiruko
n'Iterambere ry'Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, Umuvugizi wa
RIB, Dr. Murangira B. Thierry, Umuvugizi wa Guverinoma Yolande Makolo n'abandi
bayobozi.
Coach Gael yavuze ko ikibazo
cy'ibiyobyabwenge kitangiriza gusa ubuzima bw'umuntu ku giti cye, ahubwo
kinagira ingaruka zikomeye ku rugendo rw'umwuga we no ku cyizere aba yarashowemo.
Yagize ati: "Kubera
y'uko ntabwo ari muri business y'umuziki gusa, no mu zindi business zisanzwe
dukora, nta muntu wifuza gukorana cyangwa se gushora mu muntu wabaswe n'ibyo
bintu."
Yasobanuye ko umushoramari
wese mbere yo gutanga amafaranga areba niba uwo agiye gushoramo imari ashobora
kubahiriza amasezerano, gukora akazi ke neza no gutanga umusaruro igihe cyose
bisabwa.
Ku bwe, iyo umuntu yabaye
imbata y'ibiyobyabwenge, ibyo byose birahungabana, bigatuma n'uwari witeguye
kumushyigikira asubira inyuma.
Coach Gael yavuze ko abantu
benshi bibwira ko impano ari yo yonyine igena amahirwe y'umuhanzi, nyamara ngo
ukuri ni uko impano ikurura abashoramari ariko imyitwarire ari yo ituma baguma
hafi ye.
Yagize ati: "Impano
ikurura abashoramari, ariko discipline ni yo irengera iryo shoramari ry'uwo
mushoramari. Niba discipline idahari, ishoramari ntabwo riba ryizewe. Urumva
rero ntabwo bijyana."
Yongeyeho ko umuhanzi
ukoresha ibiyobyabwenge akenshi arangwa no kutubahiriza amasaha, kutuzuza
inshingano ze no kudatanga umusaruro biteganyijwe, ibintu bituma ibikorwa
by'ubucuruzi bishingiye ku muziki bihura n'igihombo.
Uyu mushoramari yavuze ko
ingaruka z'ibiyobyabwenge zitagarukira ku buzima bw'umubiri gusa, ahubwo
zisenya buhoro buhoro ibindi byose umuntu aba yarubatse.
Yagize ati: "Byica
umubano wawe, abandi bari gukora barakira. Bikica amafaranga yawe, ayo wagashoye
ukabika ugasanga uri muri ibyo. Hanyuma bikica n'izina ryawe, bikangiza
n'ubwenge bwawe."
Yasobanuye ko umuntu ushobora
kuba yari afite amahirwe yo kugera kure, ashobora kwisanga ayo mahirwe
ayatakaje kubera imyitwarire iterwa no gukoresha ibiyobyabwenge.
Mu gushimangira uburemere
bw'iki kibazo, Coach Gael yavuze ko amateka y'umuziki mpuzamahanga agaragaza
uburyo abahanzi benshi bari bafite impano idasanzwe, ariko ubuzima bwabo
n'imyuga yabo bikarangizwa n'ibiyobyabwenge.
Yavuze amazina arimo Whitney
Houston n'abandi, agaragaza ko impano idashobora kurinda umuntu ingaruka
z'ibiyobyabwenge iyo adafite imyitwarire n'ubushake bwo kubyirinda.
Ati: "Ni ikintu gikomeye
kandi gishobora gutuma abashoramari batabyitabira cyane muri iyi
business."
Ubutumwa bwa Coach Gael buje
bwibutsa abakora umuziki n'abifuza kuwinjiramo ko kubaka umwuga udashingira
gusa ku mpano, ahubwo bisaba no kubaka icyizere, kubahiriza inshingano no
kwirinda ibintu byose bishobora gusenya ejo hazaza habo.
Mu gihe uruganda rw'umuziki
mu Rwanda rugenda rwaguka, rugakurura ishoramari ry'abikorera
n'abafatanyabikorwa batandukanye, imyitwarire y'abahanzi ikomeje kuba kimwe mu
bipimo bikomeye bishobora gutuma bahabwa amahirwe cyangwa bakayasiga.
Ibi ni na byo Coach Gael
asanga bikwiye guhabwa agaciro, kuko nk'uko yabigaragaje, impano ni yo ifungura
urugi, ariko imyitwarire ni yo ituma ruguma rufunguye.
Coach Gael yagaragaje ko nta mushoramari wakishimira gushora imari mu muhanzi ubangikanya impano n’ibiyobyabwenge

Uhereye ibumoso: Iradukunda
Grace Divine uzwi nka "DJ Ira", Hagenimana Jean Paul uzwi nka
Bushali, Rwangabo Byusa Nelson uzwi nka Nel Ngabo Karomba Gael uzwi nka Coach
Gael, na Murigande Jacques [Mighty Popo]
