Céline Dion yasutse amarira i Paris, agaruka ku rubyiniro nyuma y’imyaka itandatu

Imyidagaduro - 13/09/2026 5:42 AM
Share:

Umwanditsi:

Céline Dion yasutse amarira i Paris, agaruka ku rubyiniro nyuma y’imyaka itandatu

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi, Céline Dion, yasutse amarira ubwo yatangizaga ibitaramo 16 ateganya gukorera i Paris mu Bufaransa, agaruka imbere y’abafana nyuma y’imyaka itandatu atabakorera igitaramo.

Uyu muhanzikazi w’Umunya-Canada, w’imyaka 58, yagarutse ku rubyiniro kuri uyu wa Gatandatu tariki 12 Nzeri 2026, mu gitaramo cyabereye muri Plenitude Arena iri mu nkengero z’Umujyi wa Paris, aho yakiranywe urugwiro n’ibihumbi by’abafana bari bamaze igihe bategereje kongera kumubona aririmba imbonankubone.

Ni ugusubira ku rubyiniro gukomeye kwa Dion, nyuma y’igihe kinini yarahagaritse ibikorwa bya muzika kubera ikibazo cy’ubuzima cyatumye adakomeza gukora ibitaramo nk’uko yari asanzwe abikora.

Mu ntangiriro z’igitaramo, amarangamutima yarenze Dion, asuka amarira imbere y’abafana be.

Yabwiye imbaga y’abari bamwitabiriye ko yari yariyemeje kutarira, ariko ko kubona abafana be nyuma y’igihe kinini byamurenze.

Ati: “Nari niyemeje kutarira. Sinubahiriza amasezerano yanjye. Ariko ndishimye cyane kongera kubabona. Nabakumbuye.”

Yahise akomeza abwira abafana ko agiye kuririmba atarize, agaragaza ko kuba yongeye guhagarara imbere yabo ari ibintu bifite igisobanuro gikomeye kuri we.

Dion yanashimiye abafana uburyo bamushyigikiye mu bihe bikomeye yanyuzemo, avuga ko urukundo bamugaragarije ari rwo rwamufashije gukomeza.

Ati: “Nasezeranyije ko nzagaruka, ko nzongera guhagarara ku rubyiniro. None ndi hano, ndabaririmbira kandi ndirimbira na njye ubwanjye, ndirimba imbonankubone.” Yongeyeho ati: “Ndi uwo ndi we kubera ko mwankunze.”

Kugaruka kwa Céline Dion ku rubyiniro bifite umwihariko ukomeye, kuko mu myaka yashize yahuye n’ikibazo gikomeye cy’ubuzima cyatumye ahagarika ibitaramo bye.

Mu 2022, yatangaje ko bamusanganye Stiff Person Syndrome (SPS), indwara idasanzwe ifata imitsi n’imikorere y’umubiri.

Iyo ndwara yanagize ingaruka ku bushobozi bwe bwo kuririmba no gukomeza ibikorwa bya muzika nk’uko yari asanzwe abikora.

Mu 2024, ubuzima bwe n’urugamba yarwanaga n’iyi ndwara byagaragajwe muri filime mbarankuru ‘I Am: Celine Dion’, yakozwe na Irene Taylor. Icyo gihe, amashusho amugaragaza ahanganye n’ingaruka z’indwara ye yatumye benshi bibaza niba hari igihe azongera gukora ibitaramo bikomeye.

Mu ijambo rye imbere y’abafana i Paris, Dion yavuze ko amaze igihe yiga kubana n’indwara ye, kugeza ubwo yahisemo kuyigira imwe mu mpamvu zituma akomeza kubaho.

Ati: “Kubana na yo umunsi ku wundi byatumye nyiyumvamo. Nahisemo ko ari yo mpamvu yanjye yo kubaho.”

Yasobanuye kandi ko abantu benshi baba bafite ibibazo bitandukanye, nubwo umuntu utari hafi yabo atabimenya.

Ati: “Nimurebe aho turi, abantu bari iruhande rwacu ntituzi ibyo barimo kunyuramo. Hari abari mu bihe bikomeye, bafite agahinda n’intimba, ariko hari n’abuzuye imbaraga n’ibyishimo.”

Yasabye abafana gukoresha umuziki nk’uburyo bwo gusangira ibyishimo no guhumurizanya.

Ati: “Reka dufate izo mbaraga tuzisangire. Ni cyo umuziki ugamije. Uyu mugoroba turaririmba, tukabyina kandi tukizihiza.”

Ku musozo w’igitaramo, Dion yasubiye ku marangamutima, avuga ko hari inzozi yari amaze igihe ategereje gusohoza. Ati: “Murakoze cyane. Nsohoje inzozi.”

Kuva Dion yagera i Paris, izina rye ryari rimaze iminsi riri ku isonga mu biganiro by’abakunzi ba muzika n’ibitangazamakuru byo mu Bufaransa.

Abafana baturutse mu bice bitandukanye by’Isi bari bamaze iminsi bateraniye hafi ya hoteli Royal Monceau, aho bari bategereje kumubona. Bamwe bamuririmbiraga indirimbo, abandi bakagerageza kugirana na we ibiganiro igihe yabaga agaragaye.

Amashusho ye ahura n’abafana, akabirimbira nta bikoresho by’umuziki akoresheje ndetse akanabyinana na bamwe, yakomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga.

Ndetse na sitasiyo ya Metro iri hafi y’ahazabera ibitaramo bye yahawe izina rya Celine, inashyirwaho amagambo ajyanye n’indirimbo ze zakunzwe.

Kugaruka kwa Dion i Paris ntibyashimishije abafana gusa, ahubwo byanazamuye icyizere cy’abareba ku ruhande rw’ubukungu.

Ikinyamakuru cyo mu Bufaransa Libération cyamushyize ku gifubiko cyacyo, kibaza niba ibitaramo bye bishobora gufasha u Bufaransa mu gihe igihugu kizaba gitegura ingengo y’imari ya 2027.

Radio Europe 1 yatangaje ko ibitaramo bya Dion i Paris bishobora gutanga umusaruro ugera kuri miliyari imwe y’amayero, amafaranga bavuga ko yaba aruta inshuro enye umusaruro watanzwe n’ibitaramo bya Beyoncé i Paris muri Kamena 2025.

Biteganyijwe ko abarenga 33,000 bazajya bitabira buri gitaramo muri Plenitude Arena.

Muri ibi bitaramo 16, igice kinini cy’indirimbo azaririmba giteganyijwe kuba kigizwe n’izirimo mu rurimi rw’Igifaransa, cyane cyane izanditswe cyangwa zahimbwe n’umwanditsi w’indirimbo w’Umufaransa Jean-Jacques Goldman.

Mu ndirimbo zitezwe harimo ‘Pour que tu m’aimes encore’ na ‘J’irai où tu iras’.

Dion kandi yari yarabwiye abafana bari hafi ya hoteli ye ko igitaramo cya mbere gishobora kumara amasaha arenga abiri, anabasaba kuzambara inkweto nziza kandi zoroshye, kuko bari bumare igihe kinini bahagaze cyangwa babyina.

Muri iyi minsi kandi i Paris hakomeje kuvugwa ibihuha by’uko hashobora kubaho gutungurana, aho Beyoncé ashobora kuzafatanya na Céline Dion kuri imwe mu ndirimbo.

Beyoncé na Jay-Z bari i Paris, ndetse Jay-Z yari amaze kuhakorera igitaramo, bituma abafana batangira kwibaza niba aba bahanzi bombi bazahurira ku rubyiniro.

Kugeza ubu ariko, nta tangazo ryemeza ko Beyoncé azagaragara muri ibi bitaramo.

Nubwo ibi bitaramo ari byo bigaragaza neza kugaruka kwa Dion mu bikorwa bya muzika, ntabwo ari ubwa mbere agaragara ku rubyiniro nyuma y’uko yibasiwe n’indwara.

Mu muhango wo gutangiza Imikino Olempike ya Paris 2024, Céline Dion yagarutse imbere y’imbaga aririmba ‘Hymne à l’Amour’ ya Édith Piaf, ahitwa ku Munara wa Eiffel.

Iyo ndirimbo ye yakiriwe n’amarangamutima akomeye, iba imwe mu bihe byibukwa cyane mu muhango wo gutangiza iyo mikino.

Urugendo rwa Dion i Paris ntirwatangiye uyu mwaka. Ibi bitaramo byari biteganyijwe kuba mu 2020 muri Paris La Défense Arena, mu rwego rw’urugendo rwe rwa Courage World Tour.

Byaje gusubikwa kubera icyorezo cya COVID-19, nyuma birongera bisubikwa kubera ibibazo by’ubuzima bwe.

Nyuma y’imyaka myinshi y’ibigeragezo, Dion yongeye guhagarara ku rubyiniro i Paris, imbere y’abafana bamaze igihe bamwifuza.

Kuri we, ntabwo ari igitaramo gusa. Ni igihamya cy’uko nubwo ubuzima bwamushyize mu bihe bikomeye, inzozi zo kongera kuririmba imbere y’abafana zitigeze zipfa.


Céline Dion yasutse amarira i Paris, ubwo yatangizaga ibitaramo 16 ateganya gukorera muri Plenitude Arena. Yavuze ko yari yariyemeje kutarira, ariko kubona abafana be nyuma y’imyaka myinshi bituma amarangamutima amurenga

 

Nyuma y’imyaka myinshi ahanganye n’indwara, Céline Dion yongeye kuririmba imbere y’ibihumbi by’abafana i Paris. Yavuze ko kubana n’indwara ye umunsi ku wundi byatumye ayakira, ndetse ahitamo ko iba imwe mu mpamvu zituma akomeza kubaho


Céline Dion yagarutse ku rubyiniro i Paris, ahahoze hateganyijwe ibitaramo bye kuva mu 2020. Ibyo bitaramo byasubitswe kubera icyorezo cya Covid-19, nyuma bisubikwa nanone kubera ibibazo by’ubuzima bwe


Kugaruka kwa Céline Dion i Paris byahinduye uyu Mujyi, aho abafana baturutse hirya no hino ku Isi bamaze iminsi bamutegereje hafi ya hoteli yari acumbitsemo

Ibitaramo bya Céline Dion bishobora kwinjiriza u Bufaransa akayabo, kuko biteganyijwe ko bishobora gutanga umusaruro w’ubukungu ugera kuri miliyari imwe y’amayero


Uyu muhanzikazi ateganya gukora ibitaramo 16, aho igice kinini cy’indirimbo azaririmba kizaba mu Gifaransa


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...