Céline Dion yahishuye uko akomeje guhangana n’indwara yamubujije kuririmba

Imyidagaduro - 19/08/2026 1:15 PM
Share:

Umwanditsi:

Céline Dion yahishuye uko akomeje guhangana n’indwara yamubujije kuririmba

Umuhanzikazi w’icyamamare Céline Dion yatangaje ko akomeje kubaho ubuzima bwe uko bishoboka, nubwo ahanganye na Stiff-Person Syndrome (SPS), indwara idasanzwe yibasira imitsi. Uyu muhanzikazi w’imyaka 58 ari kwitegura gusubira ku rubyiniro i Paris mu bitaramo 10.

Mu kiganiro yagiranye na Harper’s Bazaar cyasohotse ku wa 18 Kanama 2026, Céline Dion yavuze ko ubu ahitamo kwakira ubuzima uko buri, haba mu bihe byiza cyangwa ibihe bikomeye.

Ati: “Ndi umuntu uvugisha ukuri, kandi si buri gihe biba ari ibintu byiza. Rimwe na rimwe haba hari ibintu bishimishije, ubundi hakaba ibibabaje, ariko ibyo ni ubuzima.”

Yongeyeho ati: “Aho kwibaza ku buzima, wabaho muri ubu buzima? Njye ndimo kubaho ubuzima bwanjye.”

Mu rwego rwo kwitegura ibitaramo bye byo i Paris, Dion amaze igihe akora imyitozo ngororamubiri ndetse n’amasomo yo kubyina, agamije kongera imbaraga no kureba ko azashobora gukora ibitaramo bye neza.

Uyu muhanzikazi w’imyaka 58 yavuze ko amaze igihe kinini adataramira abakunzi be, bityo akaba ashaka kubagaragariza uburyo yarabakumbuye. Ati: “Hashize igihe kinini. Ndashaka kubaha ikintu kigaragaza uburyo nari mbakumbuye.”

Kuva yatangazwa ko arwaye Stiff-Person Syndrome mu 2022, Dion yakunze kuvuga uburyo abakunzi be bamubaye hafi ndetse bamufasha gukomeza kugira imbaraga.

Mu 2024, ubwo yari mu birori byo kumurika documentaire ye I Am: Céline Dion, yavuze ko urukundo n’inkunga yahawe n’abafana bo hirya no hino ku Isi byamufashije kugera aho ari uyu munsi.

Dion kandi yavuze ko nyuma yo gusuzumwa iyi ndwara, yamenye ko adakwiye kwiheba cyangwa kureka gukomeza gukora ku buzima bwe.

Mu kiganiro yagiranye na Vogue France mu 2024, yavuze ko afite amahitamo abiri: gukora cyane siporo, akitoza uko ashoboye, cyangwa kureka byose, akaguma mu rugo akumva indirimbo ze ndetse akiririmbira imbere y’indorerwamo. Ati: “Ubuzima ntibuguha ibisubizo byose. Ugomba kubaho gusa.”

Uyu muhanzikazi wamamaye cyane mu ndirimbo “My Heart Will Go On”, ari kwitegura kongera gusubira ku rubyiniro, aho ateganya gutaramira i Paris mu bitaramo 10 bizatangira muri Nzeri 2026.

Ubu Céline Dion ari kwitegura kugaruka imbere y’abafana be i Paris, mu gihe akomeje guhangana n’ingaruka z’indwara ye no kwiyubaka ku mubiri kugira ngo abashe kongera gukora ibyo yakunze kuva kera birimo kuririmbira abantu.


Céline Dion yahishuye uko akomeje guhangana n’indwara yamubujije kuririmba


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...