Ibi
bibaye nyuma y'amasaha make Killaman agiranye ikiganiro na InyaRwanda,
agaragazamo agahinda yatewe n'amagambo Clapton yari aherutse kuvuga ku izina
rya 'Daddy', asaba ko mugenzi we yamusaba imbabazi ku mugaragaro.
Mu
kiganiro na InyaRwanda, Killaman yavuze ko yatunguwe no kubona umuntu afata
nk'umukuru kandi yubaha, amuvugaho amagambo yumvise amusuzuguza.
Yagize
ati: "Clapton ndakubaha kandi urabizi, ariko ntibongera kukubaza ku kintu
cyanjye ngo ugisubize ukinenga nk'umuntu nubahaga, nzakubahuka. Mu minsi
ishize nabonye abazwa ku izina ryanjye rya 'Daddy', arivugaho nk'aho abarinyita
ari uburetwa. Biratangaje kubona umuntu mukuru kuri wowe agiye ahantu akavuga
ibintu nka biriya. Iki kintu cyarambabaje cyane kandi ntabwo ari byiza."
Killaman
yakomeje avuga ko atazi ikibazo yaba afitanye na Clapton cyatuma amuvugaho muri
ubwo buryo, yongeraho ko igihe kigeze ngo yubahwe nk'uko na we yubaha
abandi.
Ati:
"Agomba kunsaba imbabazi. Anyihanganire kubivuga, ariko cyereka naza
imbere ya camera akavuga ko ibyo yavuze atari akomeje. Igihe kirageze ngo
anyubahe, kuko nanjye mfite ibikorwa byinshi nakoze we atakoze."
Nyuma
y'aya magambo, Clapton yahise ashyira hanze ubutumwa busubiza mugenzi we,
yemera ko koko yavuze ayo magambo, ariko asobanura ko nta mugambi yari afite wo
kumubabaza.
Yagize ati: "Muvandimwe Killaman, ibyo uvuga narabivuze rwose kandi ni ko kuri. Ntabwo njye nakwita Daddy. Yewe n'undi wese sinamwita Daddy kuko na data ni ko mwita. Uri petit frère (Murumana wanjye). Icyaba kibabaje ni uko nabuza abandi kubikwita, naho njyewe rwose nta mutima mubi dufitanye, turubahana twese. Hari igihe umuntu avuga ikintu nk'igisanzwe kikababaza undi, ibyo byo kukubabaza ntabyo nagambiriye. Ariko kuri njye uri Killaman, ubyakire gutyo."
Nubwo
Clapton yavuze ko atashakaga kubabaza Killaman, ntiyigeze agaragaza ko yiteguye
kumusaba imbabazi nk'uko mugenzi we yari yabimusabye. Ahubwo yashimangiye ko
atazigera amwita 'Daddy', kuko kuri we iryo zina rifite agaciro kihariye
akaba yararihariye Se.
Iri
hangana rikomeje kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe
bashyigikiye Killaman bavuga ko Clapton yari akwiye kubaha uburyo mugenzi we
abandi bamwita, mu gihe abandi bavuga ko buri wese afite uburenganzira bwo
guhitamo amazina yita abandi.
Killaman,
ubusanzwe witwa Niyonshuti Yannick, ni umwe mu bakinnyi ba filime bagezweho mu
Rwanda. Yubatse izina rikomeye muri sinema inyuzwa cyane kuri YouTube, aho
atagarukira ku gukina gusa, ahubwo anatunganya akanayobora imishinga ya sinema
yagiye ikundwa na benshi.
Mu
rugendo rwe, yegukanye ibihembo bitandukanye birimo n'icy'umukinnyi witwaye
neza muri filime zo kuri internet, ibintu byamushyize mu bakinnyi bafite
igikundiro kinini mu Rwanda.
Ku
rundi ruhande, Mugisha Emmanuel uzwi nka Clapton Kibonge, ni umwe mu banyabigwi
ba sinema nyarwanda n'urwenya. Azwi cyane muri filime zirimo Seburikoko,
Umuturanyi, The Deceiver na Umushinga w'Ubukwe.
Clapton
amaze imyaka irenga icumi mu ruganda rwa sinema nyarwanda, aho yigaragaje
nk'umukinnyi, umunyarwenya ndetse n'umwe mu bagize uruhare mu guteza imbere
ibikorwa bya sinema n'imyidagaduro muri rusange.
Kugeza ubu, amagambo y'impande zombi akomeje gukurura impaka, ndetse benshi bategereje kureba niba aba bakinnyi bazarangiza aya makimbirane biciye mu bwumvikane cyangwa niba azakomeza gufata indi ntera.

Clapton yabwiye Killaman ko adateze kumwita ‘Daddy’ kuko iryo zina arikoresha ku mubyeyi we gusa

Killaman yavuze ko yababajwe n’ibyo Clapton yatangaje, avuga ko agomba kumusaba imbabazi
