Clapton yahishuye uburyo indirimbo za Prosper Nkomezi zamuramiye mbere na nyuma yo kubagwa –AMAFOTO

Imyidagaduro - 25/10/2025 7:49 AM
Share:

Umwanditsi:

Clapton yahishuye uburyo indirimbo za Prosper Nkomezi zamuramiye mbere na nyuma yo kubagwa –AMAFOTO

Mu ijoro ryuzuye amarangamutima n’ishimwe, umunyarwenya ukomeye akaba n’umuramyi mu mutima we, Clapton Kibonge yumvikanishije ukuntu indirimbo za Prosper Nkomezi zabaye ihumure ry’ubuzima bwe mu bihe bikomeye yanyuzemo mbere na nyuma yo kubagwa.

Ni mu gitaramo cy’imbaturamugabo cyabereye kuri Ubumwe Grande Hotel, ku mugoroba wo kuwa Gatanu, tariki 24 Ukwakira 2025, ubwo Prosper Nkomezi yamurikaga Album ye ya Kane yise “Warandamiye”, igikorwa cyaranzwe n’ibyishimo, umunezero n’ubuhamya bwimbitse bw’abanyuzwe n’indirimbo ze.

Clapton, uzwi cyane muri cinema Nyarwanda, yagaragaje uruhande rwe rutamenyekanye cyane, urw’umugabo wagize uburwayi ariko Imana ikamukiza.

Mu buhamya bwe bwakoze ku mitima ya benshi, yavuze ati: “Nk'uko mperutse kubyandika, ni we muhanzi nemera ku Isi. Mfite impamvu. Nk'uko umwe muri bagenzi banjye yabivuze, indirimbo za Prosper Nkomezi zigufasha ubabaye, uri mu byishimo, mbese aho ugiye ziragukurikira.”

Clapton yakomeje asobanura ko mbere y’uko ajya kubagwa, indirimbo za Nkomezi zamubereye umusemburo w’icyizere mu gihe yari mu buribwe no mu bwoba bwo kuba atazi ikizavamo.

Ati: "Njyewe uri aha ngaha, mbere y'uko ninjira muri Intensive Care Unit (ICU) njya kubagwa, indirimbo ze numvaga ni zo zankomezaga, ndetse nanavuyeyo afite n'izindi zampaye gushima Imana ko mvuyeyo.”

Clapton yavuze ko ubwo yakiraga nyuma yo kubagwa, yakoze igitaramo cyo gushima Imana afatanyije n’umuryango we, cyari ikimenyetso cy’uko yavuye mu rupfu ajya mu buzima bushya.

Mu magambo yuzuye ishimwe, yagize ati: "Ndetse, mu gushima Imana ko Imana yankijije, Prosper naramuhamagaye ndamubwira nti indirimbo zawe zatumye njya kubagwa numva nzakira, numva nkomeye muri njye, ngiye gukorerwa 'Operation' hamwe umara' iminsi ibiri utariho. Ariko indirimbo ze ziramfasha cyane, nagiye mbivuga kenshi. Nakoze igitaramo cyo gushima Imana n'umuryango wanjye, Prosper ndamuhamagara ndamubwira ntabwo nashima Imana udahari, Prosper yaje kuririmba ntamwishyuye.”

Clapton yavuze ko icyo gihe yasanze Prosper Nkomezi atari umuhanzi usanzwe, ahubwo ari umuntu wiyeguriye umurimo w’Imana mu kuri no mu mutima wicisha bugufi. Ati “Uyu mugabo rero nta mwuka w'ubusitari agira, ni umukozi w'Imana."

Mu kubahiriza isezerano ryo kumushyigikira, Clapton Kibonge yatangaje ko atanze inkunga ya Miliyoni 1 Frw mu rwego rwo gushyigikira urugendo rwa Prosper Nkomezi. Yanavuze ko azakomeza kumushyigikira binyuze mu gusangiza ibihangano bye ku bamukurikira ku mbuga nkoranyambaga.

Yagize ati: “Imana iguhe umugisha, kandi iyi Album igiye gukora akazi gakomeye kurusha izabanje. Nzahora ntera inkunga umurimo wawe kuko nzi ko udakorera abantu, ukorera Imana.”

Ku wa 13 Mutarama 2024, Clapton Kibonge, amazina ye nyakuri akaba ari Mugisha Emmanuel, yabazwe igihaha kimwe mu bitaro byitiriwe Umwami Faisal, nyuma y’igihe yari amaze arwaye cyane.

Ubu ni muzima kandi ashimira Imana kubw’amasezerano yayo yamuhaye ubuzima bushya. Mu buhamya bwe, yashimangiye ko indirimbo za Prosper Nkomezi zimuherekeza aho ari hose, nk’isoko y’ihumure n’imbaraga mu bihe byose.

Indirimbo za Prosper zarankomeje mbere yo kubagwa — Clapton Kibonge agaruka ku rukundo afitiye umuramyi wamuhaye imbaraga mu bihe bikomeye 


Prosper si umuhanzi gusa, ni umukozi w’Imana — Clapton Kibonge asobanura impamvu amufata nk’uwihariye mu baramyi 


Album ‘Warandamiye’ igiye gukora akazi gakomeye — Clapton Kibonge ashimangira ko yiteguye gushyigikira urugendo rwa Prosper Nkomezi 

Clapton n’umugore we atanze inkunga ya Miliyoni 1 Frw nk’ikimenyetso cy’urukundo n’ishimwe ku muramyi wamuhaye icyizere cyo gukira

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO 'WITWA JAMBO' IRI KURI ALBUM 'WARANDAMIYE'  YA PROSPER NKOMEZI


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...